Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Igihugu Cya Kabiri Muri Afurika Giha Abagore Umutuzo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

U Rwanda Igihugu Cya Kabiri Muri Afurika Giha Abagore Umutuzo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 March 2022 5:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Raporo yiswe Women Peace and Security Index itangaza ko u Rwanda ari igihugu cya 66 ku isi aho abagore baguwe neza, rukaba urwa kabiri muri Afurika mu guha abagore amahoro n’umutekano.

Igihugu cya mbere muri Afurika ni Ibirwa bya Maurices.

Umwanya wa 66  u Rwanda ruwusangiye na Afurika y’Epfo na Ukraine.

Ku rwego rw’isi, igihugu cya mbere giha abagore amahoro n’umutekano bitanga umutuzo ni Norvège.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma yayo hakurikiraho Finland, Iceland na Danemark.

Mu karere u Rwanda ruhereremo Tanzania iyo irukurikira kuko iza ku mwanya wa 76.

Igihugu cya nyuma mu guha abagore amahoro n’umutekano bitanga umutuzo ni Afghanistan.

Raporo yerekana uko umugore aguwe neza ikorwa n’Ikigo kitwa The Peace Research Institute Oslo (PRIO), gikorera i Oslo mu Murwa mukuru wa Norvège.

Ikorwa kandi k’ubufatanye n’Ikigo cya Kaminuza yo muri Amerika yitwa Georgetown University kitwa Institute for Women, Peace and Security .

- Advertisement -

Intego y’abakora iki cyegeranyo ni ukureba uruhare abagore bagira mu kugarura amahoro no kuyarinda.

Bareba kandi uko uruhare abagabo bagira  mu gutuma abagore batekana ndetse bakiga ibintu byose bituma amahoro ahungabana mu bihugu imbere no hagati y’ibihugu ubwabyo.

Mu bushakashatsi bwabo, abahanga b’iki kigo bakorana bya hafi n’abafata ibyemezo bya Politiki hagamijwe kungurana ibitekerezo no guhanahana amakuru ku ngingo runaka zifite aho zihuriye n’ubushakashatsi barimo.

Ni raporo ya gatatu isohotse mu gihe isi ikiri mu bihe bya COVID-19 byagize ingaruka ku buzima bw’abantu muri rusange n’ubw’abagore by’umwihariko.

Abakora iyi raporo bavuga ko babikora bagamije kureba uko ibihugu bishyiraho ingamba n’uburyo bifasha abagore kubaho neza, bafite ibikenewe byose ngo batekane.

U Rwanda ni urwa 66 mu ku isi rukaba urwa kabiri muri Afurika ndetse n’urwa mbere muri EAC mu guha abagore umutuzo

Bemeza ko kugira ngo isi igire amahoro arambye kandi asesuye, ari ngombwa ko abagore bagira uruhare mu kuyubaka.

Ubushakashatsi bwabo bwasanze muri iki gihe ku isi hari icyuho kigaragaraga mu mibereho y’abagore n’umutuzo muri bo bitewe n’aho baba n’uburyo babayeho.

Uretse kuba abagore basanganywe ibibazo by’ubushomeri, ariko ngo hiyongereyeho n’ingaruka zatewe na COVID-19 ndetse n’ihohoterwa bakorerwa n’abo bashakanye cyangwa abarwanyi bateza umutekano mucye mu bihugu byabo.

Ku byerekeye u Rwanda,  abakoze iyi raporo bavuga ko guhera mu mwaka wa 2017 ubwo iya mbere yatangazwaga, u Rwanda rwakomeje gutera intambwe mu gutuma ubuzima bw’Umunyarwandakazi buba bwiza.

Ruri ku mwanya wa munani ku rutonde rw’ibihugu 20 byakoze neza guhera mu mwaka wa 2017.

Icyashyizwe ku mwanya wa mbere mu byigize impinduka ni Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

Iyo usomye iyi raporo usanga impamvu ituma ibihugu byo mu Majyaruguru y’isi biza ari ibya mbere ku isi ari uko politiki z’ibihugu byabo ziba zikozwe k’uburyo buha abagore n’abagabo amahirwe angana ku byiza bigangwa n’igihugu.

Urugero  rugaragara ni uko iyo umuryango wibarutse umwana ababyeyi bombi(umugabo n’umugore) bahabwa ikiruhuko cy’umwaka.

Iyo usomye neza usanga iyi raporo ya paji zirenga 100 ubona ko muri rusange hari ibihugu byagerageje kuvugurura politiki zabyo hagamijwe kuzamura urwego rw’imibereho y’abagore.

Muri byo harimo na Centrafrique.

Ku rundi ruhande hari ibihugu byakomeje guhura n’ibibazo byatumye abagore bo muri ibyo bihugu bahura n’ingorane.

Ibi bihugu birimo ibyo muri Aziya nka Afghanistan na Yemen.

TAGGED:AbagoreAfurikafeaturedIbirwaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tanzania Hagiye Kuba Irushamwa Mpuzamahanga Rya Golf Rizitabirwa N’Abanyarwanda
Next Article Perezida Kagame Yahuye Na Tshisekedi Baganira Ku Bireba Ibihugu Byabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?