U Rwanda Na Congo Brazzaville Basinye Amasezerano Yo Gukorana Mu Nzego Zirimo N’Ubukorikori

Mu masaha ya nyuma ya saa sita ku isaha y’i Kigali, Perezida Kagame na mugenzi we uyobora Congo Brazzaville Denis Sassou Nguesso bayoboye Umuhango wo gusinya amasezerano y’ubufatanye hagati ya Kigali na Brazzaville.

Ni amasezerano azafasha mu mikoranire hagati y’ibihugu byombi mu nzego zirimo ubuhinzi, iterambere ry’ibikorwa remezo, guteza imbere ingando nto n’iziciriritse, ubukorikori, ubucuruzi n’inganda, ubucukuzi bwa mini ni petelori, uburezi n’uburere mboneragihugu.

Perezida Kagame ari kumwe na mugenzi Denis Sassou Nguesso

Amatsinda y’abayobozi ku mpande zombi yasinyiye ariya masezerano mu Biro by’Umukuru wa Congo Brazzaville.

Perezida Kagame ararangiza urugendo yari afite muri Congo Brazzaville kuri uyu wa Kabiri taliki 12, Mata, 2022 .

- Advertisement -

Kuri uyu wa Gatata azakomereza urugendo rwe rw’akazi muri Jamaica nk’uko Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri kiriya gihugu yabitangaje.

Kuri uyu wa Mbere yari yahaye ikiganiro abagize Inteko ishinga amategeko ya Congo Brazzaville ndetse n’abagize Guverinoma ya kiriya gihugu.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version