Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Peru Mu Ntsinzi Yo Kurinda Isi Pulasitiki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Na Peru Mu Ntsinzi Yo Kurinda Isi Pulasitiki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 March 2022 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuva amasezerano yo kugabanya ibyuka byoherezwa mu kirere yitiriwe Paris yasinywa, andi masezerano akomeye mu kurengera ibidukikije yaraye asinyiwe i Nairobi muri Kenya bigizwemo uruhare n’u Rwanda na Peru.

Umunyarwandakazi Juliet Kabera usanzwe uyobora Ikigo cy’u Rwanda kirengera ibidukikije ari mu bagize uruhare rukomeye mu biganiro byagejeje ku isinywa ryayo.

Amasezerano yaraye asinyiwe i Nairobi agamije gukumira ko abantu bakomeza gukoresha pulasitiki itabora bakayijugunya aho babonye hose harimo mu nzuzi, imigezi, ibiyaga n’inyanja.

Abahanga mu kurengera ibidukikije bavuga ko  amasezerano yaraye asinywe ariyo abaye ingirakamaro kuva ayasinyiwe i Paris mu Bufaransa yasinywa mu mwaka wa 2015.

Amasezerano y’i Paris yasinywe hagamijwe kugabanya ibyuka bikoreshwa mu byuma bikonjesha.

Abari bahagarariye ibihugu byabo mu masezerano yaraye asinyiwe i Nairobi bamaze Icyumweru baganira ku ngingo zakwemeranywaho n’amahanga hagamijwe gukumira ko pulasitiki yakomeza gukoresha nabi, ikajugunywa mu Nyanja  n’ahandi hareka cyangwa hatemba amazi.

 Nyuma yo kwemeranywa ku ngingo zizaba zigize ariya maszerano, abayobozi bari bahagariye za Guverinoma bemeranyije ko inyandiko idakuka ku ishyirwa mu bikorwa by’iriya myanzuro izaba yararangiye mu myaka ibiri iri imbere, ni ukuvuga mu mwaka wa 2024.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurengera ibidukikije witwa Espen Barth Eide yagize ati: “ Uyu munsi dukoze amateka, tugomba kubyishimira.”

Nyuma y’uko bariya bayobozi bemeranyije ku ishyirwaho ry’ariya masezerano, hashyizweho itsinda ry’abahanga bagomba kwandika inyandiko idakuka izagena uko ibihugu bigomba kwitwara mu byerekeye gukoresha pulasitiki.

Haracyari imbogamizi…

N’ubwo amahanga yishimira ko hari icyagezweho mu gukumira ko pulasitiki ikomeza kuba ikibazo ku bidukikije, haribazwa uko ingingo zibuza ibihugu bikize gukora ziriya pulasitiki zizasobanurwa mu nyandiko ya nyuma y’ariya masezerano.

Ibyo bihugu ni Leta zunze ubumwe z’Amerika, u Bushinwa, u Buhinde, Saudi Arabia, u Buyapani n’ibindi.

Ambasaderi w’u Busuwisi wari muri biriya biganiro witwa Franz Perez ari mu bibaza uko iriya nyandiko izaba isobetse no kumenya niba ibikubiyemo bizakurikizwa nk’uko bizaba biteganyijwe.

Yagize ati: “ Aya masezerano azaba ikibazo hagati y’abantu bifuza ko ibintu bihinduka, ibidukikije bikabaho neza n’abandi bashaka kugera ku nyungu zabo uko byagenda kose.”

Uwari uhagarariye Leta zunze ubumwe z’Amerika witwa Monica Medina nawe avuga ko akazi gategereje abemeranyije kuri ariya masezerano ari kenshi.

Juliet Kabera wari uyoboye itsinda ry’u Rwanda we yavuze ko uko byazagenda kose, ari ngombwa kwishimira ko hari icyo abatuye isi bemeranyijeho hagamijwe kurengera umubumbe batuyeho.

TAGGED:AmasezeranofeaturedIbidukikijePeruPulasitikiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abaturage Bakigorwa No Kugeza Ibirego Ku Bugenzacyaha Bw’u Rwanda
Next Article U Burusiya Bwemeje ko Abasirikare 498 Bamaze Kwicirwa Muri Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?