Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rufite Ubutaka Bwo Guhingaho Muri Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rufite Ubutaka Bwo Guhingaho Muri Centrafrique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2021 10:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mpera z’Icyumweru gishize ni ukuvuga Icya nyuma cy’ukwezi kwa Kanama, 2021 i Bangui mu Murwa mukuru wa Centrafrique hasinyiwe amasezerano hagati ya kiriya gihugu n’u Rwanda, akaba ari amasezerano yahaga u Rwanda ubutaka bungana na Hegitari 70.500 bwo guhingamo kijyambere.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostrome niwe  wasobanuye iby’ariya masezerano, avuga ko ari ay’ubufatanye mu bikorwa bitandukanye biri mu rwego rwo guteza imbere ubuhinzi bwa kijyambere.

Yabwiye The New Times ko ariya  masezerano azamara imyaka itanu ishobora kongerwa.

Muri yo harimo ingingo zijyanye n’ubushakashatsi mu buhinzi, gukoresha neza ubutaka no kubucunga, gukoresha neza amazi n’ubutaka, gutubura no gukoresha imbuto zujuje ubuziranenge kandi zitanga umusaruro ufatika, kurinda ibihingwa n’ibidukikije, guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, ubworozi bw’amafi n’uburobyi, guhanga imishinga ishingiye ku buhinzi no gutunganya ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.

Centrafrique ni kimwe mu bihugu byo muri Afurika yo Hagati bifite ubutaka bunini cyane ariko budatuwe.

Centrafrique ni igihugu kinini ariko kidatuwe

Kuba budatuwe bituma budahingwa.

Ubuso bungana na Hegitari miliyoni 30 ntibubyazwa umusaruro.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi Dr Ngabitsinze Jean Chrysostrome avuga ko u Rwanda ruzakoresha neza buriya butaka rukabubyaza umusaruro cyane cyane mu buhinzi butanga umusaruro w’ibishobora gukoreshwa mu nganda urugero nk’ipamba.

Yabwiye The New Times  ko ‘ u Rwanda nirubona amahirwe yo guhinga ipamba muri kiriya gihugu  binyuze mu masezerano, bizarufasha kubona ipamba rihagije inganda zarwo’.

Umunyamababanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostrome

Ikindi ni uko u Rwanda rushaka kuzahinga ibigori byinshi byazafasha abatuye kiriya gihugu kuko ngo habayo uruganda rumwe rutunganya akawunga kandi ngo narwo ‘ni urw’abanyamahanga.’

Ingorane mu nganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi no ku matungo muri Centrafrique ziratandukanye kuko n’ubwo bahinga inyanya nyinshi ariko nta ruganda na rumwe ruzitunganya bagira.

Inyama barya bazitumiza muri Tchad kuko nta rwuri bagira ndetse n’imbuto beza barazirya kuko nta ruganda rwo kuzitunganya ngo zivanwemo ibindi nk’umutobe bagira.

TAGGED:CentrafriquefeaturedMinisitiriRwandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’U Bugiriki Zahaye U Rwanda Inkingo Za COVID-19
Next Article Minisitiri W’Intebe W’U Buyapani Agiye Kwegura ‘Atamaze Kabiri’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?