Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rufitiwe Icyizere Cyo Kwakira Isiganwa Rya Formula One
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rufitiwe Icyizere Cyo Kwakira Isiganwa Rya Formula One

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2024 11:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru Taarifa ifite avuga ko Guverinoma y’u Rwanda iri kuganira n’abayobozi b’ikigo gitegura isiganwa mpuzamahanga y’abatwara moto kitwa Formula One kugira ngo ruzaryakire kandi hari icyizere.

Ikigo kitwa Liberty Media gikurikirana niba igihugu cyakiriye iri rushanwa cyarabiteguye neza ni ukuvuga ibikorwaremezo n’ibindi bijyanye no kuryakira kivuga ko u Rwanda rubirimo neza.

Ibi bivuze ko u Rwanda rugomba kubaka ibikorwaremezo birimo imihanda n’ibindi bitandukanye byo kuzakira ririya rushanwa.

Bivugwa ko iryo shoramari rya Guverinoma y’u Rwanda rizagera kuri miliyoni $270.

Ibikorwaremezo byo kuryakira ntibihenze gusa mu kubakwa ahubwo bizasaba Leta y’u Rwanda izindi miliyoni nyinshi z’amadolari zo kubyitaho buri mwaka.

Abahanga bavuga ko n’ubwo u Rwanda rudasanganywe ibikorwaremezo bihambaye birebana no gutwara moto, ku rundi ruhande rushimirwa ko ibyo rwemereye abafatanyabikorwa baryo rubikora neza.

Uretse umutekano rusanzwe rwarubatsemo izina, u Rwanda rushimirwa ko ubukungu bwarwo buhagaze neza.

Umuyobozi wa Formula One witwa Domenicali aherutse kubwira ikinyamakuru Autosport ko u Rwanda ari igihugu cyo kwizerwa.

Yavuze ko ruherutse kugeza kuri Formula One gahunda isobanutse yo kuzakira ririya rushanwa kandi ngo muri Nzeri hari Inama izahuza impande zombi zibiganireho.

Avuga ko u Rwanda ari igihugu gikorera kuri gahunda kandi ari urwo kwizerwa.

The Nation yo muri Kenya yanditse ko Koreya y’Epfo na Thailand biri mu bihugu bishaka nabyo kuzakira Formula One.

Ikigo gitegura iri rushanwa kivuga ko u Rwanda ari rwo ruzaba irembo ryo kugarura iri rushanwa muri Afurika.

Ibiganiro kuri iri rushanwa byanananiye Afurika y’Epfo kandi ari igihugu cya kabiri muri Afurika gikize kurusha ibindi.

Icya mbere ni Nigeria.

U Rwanda ntacyo ruratangaza kuri iri shoramari ariko amakuru Taarifa ifite avuga ko ari ikintu kimaze iminsi kiganirwaho.

TAGGED:featuredIbiganiroimodokaIsiganwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Yatunguwe N’Indege Y’Ubutasi Ya Uganda Mu Kirere Cyayo
Next Article Rwanda: Hateganyijwe Hegitari 435 Zizakorerwaho Gusimbuza Ibiti By’Ikawa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?