Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2025 11:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza hanze ibikomoka k’ubuhinzi n’ubworozi, NAEB, cyatangaje ko hari ikawa yasuzumiwe ubuziranenge basanga buri hejuru k’uburyo igiye kugurishwa muri cyamunara ku isoko mpuzamahanga.

Ni ikawa yasuzumiwe mu bigo bitandukanye ishyirwa ku rutonde rw’ikawa 20 zahize izindi kugeza aho umwaka wa 2025 ugeze muri iki gihe.

Kugira ngo izo kawa zitoranywe, habaye irushanwa, abahinzi bazo barazimurika zisuzumwa k’ubufatanye n’abakozi ba NAEB.

Yari agamije kandi gushimira abahinzi b’ikawa ku muhati wabo wo guhinga, kweza no gutunganya iki gihingwa ngengabukungu gifatiyw runini ubukungu bw’u Rwanda.

Muri rusange amarushanwa yitabiriwe n’ikawa 316, muri zo 50 zitsinda ku rwego rw’Igihugu nyuma yo kugira amanota agera cyangwa arenga 86.55%.

Izindi 20 zagize amanota ari hejuru ya 87.49% zitsinda amarushanwa ziba ari nazo zizagurishwa ku rwego mpuzamahanga muri cyamunara izakorwa Tariki 08, Ukwakira uyu mwaka ikazabaho binyuze mu ikoranabuhanga.

Amafaranga azava muri iriya cyamunara azafasha abahinzi bakorana na sitasiyo zita ku ikawa, akazaba ingirakamaro mu kongera umusaruro wabo.

Ubwo abo bahinzi bahembwaga, Umuyobozi mukuru wa NAEB, Claude Bizimana, yavuze ko guhemba ikawa zahize izindi ari ukuzirikana no gushimira abahinzi n’abazitunganya kubera uruhare bagira mu guhinga no gukorera ikawa bongera umusaruro n’ubwiza bwayo.

Ati: “Iyi ni intangiriro ariko ntitwari twagera aho twifuza. Murasabwa gukomeza gushyiramo imbaraga kugira ngo hatazabamo icyuho mu buryo dutegura ikawa yacu, ibyiza tugezeho bikazasubira inyuma. Izi kawa zahize izindi zizagurishwa muri cyamunara kandi ikizavamo kizasaranganywa mu bahinzi bagemuye iyo kawa n’inganda zabafashisje kuyitunganya”.

Ignace Ndayahundwa wari uhagarariye sitasiyo ya K Organic yahize izindi kawa zari zahatanye, yavuze ko batunguwe banashimishwa no kuba aba mbere.

Mu gusobanura uko we na bagenzi be babigenza, yabwiye itangazamakuru ati: ” Kugira ngo tuzashobore gutsinda ku ruhando mpuzamahanga, dutunganya ikawa tubyitondeye, tukayitaho cyane kurusha uko twabikoraga mbere, cyanecyane mu kumenya kuyijonjora, kuyisarura neza, kuyanika, kuyanura n’ibindi. Ibyo ni ibintu twitondera cyane kugira ngo tugire ikawa iryoshye koko”.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’abatunganya bakanohereza ikawa mu mahanga (CEPAR), Orest Baragahorana avuga ko inzira mu gutunganya ikawa y’u Rwanda ngo ibe icyatwa ku isi yose ikiri ndende.

Ati: “Birasaba ko abahinzi bafatanya mu kongera n’ubwinshi bwa kawa kuko ubwiza buhari ariko umusaruro ari muke. Ntabwo twabona icyo dushakamo nk’urwego rw’ikawa muri rusange tugifite umusaruro muke.”.

Ngizo ikawa zahize izindi mu bwiza kugeza ubu.

Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Olivier Kamana, yasabye abahinzi ba kawa kumva ko hari ibindi bakora bakarushaho kweza byinshi kandi byiza.

Yagize ati: “Ahubwo bibabere intangiriro yo kubona ko umuntu uwo ari we wese yaba muto cyangwa munini igihe cyose yakoze neza ibyo agomba gukora ashobora kugera ku ntsinzi nk’uko aba ngaba bayibonye.”

Mu guhitamo ariya marushanwa, NAEB ifatanya n’abahinzi, abatunganya n’abohohereza ikawa mu mahanga, abasogongezi bayo ku rwego rw’igihugu bahagarariwe n’umusogongezi mpuzamahanga mukuru bagahitamo ikawa zijya mu cyiciro cy’amarushanwa ku rwego rw’igihugu.

Izitsinze muri iki cyiciro nizo zivamo iza mbere zitsinda irushanwa.

Mu mwaka wa 2022/2023 ikawa u Rwanda rwoherejwe mu mahanga yari toni 20.064,9 zinjije Miliyoni $ 115,9, mu gihe mu mwaka wari wabanje wa 2021/2022 hari hoherejwe yo ibilo 15,184,566 byinjiza Miliyoni $ 75,5.

Muri icyo gihe iyo kawa yagurishijwe mu Burayi, Amerika, Aziya na Afurika.

Muri 2024 ikawa y’u Rwanda yabonye irindi soko ryoherejwemo toni 76.8 za kawa itonoye yinjije $ 384,000.

Ibihugu bya mbere u Rwanda rwoherezamo ikawa ni Ubusuwisi, Ubwongereza, Finland, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ubuholandi, Ubudage, Ubuyapani, Ubufaransa na Sudani y’Epfo.

TAGGED:BizimanafeaturedIkawaIrushanwaIsokoMpuzamahanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo
Next Article P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?