Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rukomeye Rutunganya Impu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rukomeye Rutunganya Impu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2025 8:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
u Rwanda rurashaka gukora impu aho kuzitumiza mu mahanga.
SHARE

Mu Bugesera hagiye kubakwa uruganda rutunganya impu rwitezweho kuzajya rwinjiriza igihugu Miliyoni $430, ni ukuvuga Miliyari Frw 600 mu gihe cy’umwaka.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente niwe uherutse kubibwira Inteko Ishinga amategeko mu kiganiro yagejeje ku bayigize hari Tariki 28, Werurwe, 2025.

Yavuze ko imikorere ya ruriya ruganda izafasha u Rwanda kubona impu rukoramo ibyo rukeneye ariko rukabona n’izo kohereza hanze zikarwinjiriza amadovize.

Umuyobozi wa Guverinoma y’u Rwanda Dr. Ngirente yabwiye intumwa za rubanda ko uwo mushinga uri mu yihutirwa u Rwanda rushaka gushyiramo imbaraga kugira ngo ruzagere ku ntego z’iterambere ziswe National Strategy for Transformation (NST2) rwihaye.

Ni intego zigomba kugerwaho hagati y’umwaka wa 2024 n’uwa 2029.

Mu gusobanura uko impu zo gutunganya zizaboneka, Ngirente yavuze ko kuba gahunda ya Girinka yarageze kuri benshi, byatumye ubworozi bw’inka bwaguka, bityo n’impu zo gukana( gukana uruhu ni ukurutunganya) ziboneka ku bwinshi.

Ati: “ Dufite  gahunda ya Girinka Munyarwanda kandi mu gihe imaze ikora yatanze umusaruro ku buryo bugaragara. Icyakora nta bikorwaremezo bihagije byo gutunganya impu byakozwe ngo bijyanirane n’ubwinshi bwazo”.

Ngirente ubwo yagezaga ikiganiro ku bagize Inteko

Kubera iyo mpamvu, Ngirente avuga ko Leta igiye gukora ibishoboka byose impu zikabyazwa umusaruro ufatika aho kugira ngo zipfe ubusa.

Avuga ko igihugu kigiye gushyira ho uburyo burambye bwo gukana impu kugira ngo zikorwemo ibyo igihugu gikeneye kandi gisagurire amahanga bityo amadovize yinjire.

Mu kubigenza gutyo, Ngirente yemeza ko bizaha urubyiruko akazi, bizamure umusaruro mbumbe w’igihugu.

U Rwanda kandi ngo rwiyemeje gutangira gukora inkweto abarutuye bagomba kwambara aho kuzitumiza imahanga.

Mu gushyira mu bikorwa uyu mushinga, Leta yatangiye kwakira abashoramari bifuza gushora muri ruriya ruganda no mu byo ruzakora.

Ni umushinga mugari kuko ufite agaciro ka Miliyoni $430 ku mwaka ni ukuvuga Miliyari Frw 600.

Abadepite bakiriye neza uwo mushinga ariko bagira Guverinoma inama yo gutegura neza amabagiro kugira ngo impu z’inka babaze zitazangirika.

Leta iteganya ko umunsi impu zatangiye gutunganyirizwa mu Rwanda ku kigero cyo hejuru, bizafasha inganda gukora ibyo Abanyarwanda bakenera birimo amakoti, inkweto, imikandara n’ibikapu.

Muri Politiki y’inganda mu Rwanda igomba gushyirwa mu bikorwa hagati y’umwaka wa 2024 kugeza mu wa 2034 niho ibyo biteganyijwe.

TAGGED:BugeserafeaturedGuverinomaNgirenteUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Umuhungu Yiyemereye Ko Yishe Se
Next Article Amazi Ava Mu Ruganda Gatsibo Rice Company Ltd Yangiriza Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?