Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruhangayikishijwe N’Uko Ntacyo UN Ivuga Ku Bushotoranyi Bwa DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Ruhangayikishijwe N’Uko Ntacyo UN Ivuga Ku Bushotoranyi Bwa DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 June 2022 11:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Madamu Yolande Makolo avuga ko kuba Umuryango w’Abibumbye utaragira icyo uvuga ku bushotoranyi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ari ikintu cyo kwibazaho! Avuga ko bidakwiye.

Makolo yabivuze asubiza kubyo Umuvugizi w’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye witwa Stéphane Dujarric, uherutse gusohora gusohora mu itangazo ryavugaga ku biri kubera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ariko ntiyagira icyo avuga ku bushotoranyi bwa Kinshaka ku butaka bw’u Rwanda.

Itangazo rya Dujarric ryasohotse taliki 13, Kamena, 2022.

Ibiri kubera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo byose, biri  kuba mu gihe hari yo ingabo za UN zihamaze igihe kandi zivuga ko zoherejweyo kuhagarura amahoro.

Zamamaye ku izina rya MONUSCO.

Makolo yavuze ko ubusanzwe ibihugu byose bifite uburenganzira ku busugire bwabyo bityo ko iyo hari kimwe kirashe mu kindi biba ari ukurengera amategeko mpuzamahanga kandi ko bigira ingaruka zikomeye.

Ati: “Ibihugu byose binganya ubusugire, byaba u Rwnada cyangwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Iyo iki gihugu kirashe mu Rwanda  biba ari ikibazo gikomeye kandi kigomba kubihagarika vuba na bwangu.”

Yolande Makolo avuga ko kuba ingabo z’uriya muryango zidakoma mu nkokora ngo zibuze cyangwa se zamagane mu buryo bweruye ibitero bigwa mu Rwanda biturutse i Kinshasa ari ibyo kwabazwaho no kwamagana.

Hiyongeraho ko ibisasu biraswa k’ubutaka bw’u Rwanda bituruka mu gihugu kimaze imyaka 28 gicumbikiye abagifite ingengabiterezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi benshi bafite inkomoko ku basize bayikoze mu mwaka wa 1994 cyangwa se abayikoze mu buryo butaziguye.

Makolo asanga kuba Umuryango w’Abibumbye waririnze kwamagana mu buryo bweruye iby’uko Repubulika ya Demukarasi ya Congo irasa mu Rwanda byarabereye uburyo bwiza uruhande rwa Kinshasa bwo kumva ko ibyo rukora byemewe cyangwa se byakwihanganirwa.

Ku butaka bw’u Rwanda hamaze kuraswa ibisasu inshuro eshatu mu gihe cy’amezi ane.

Buri nshuro Leta y’u Rwanda yarabyamaganye ndetse isaba inzego bireba mu Karere ibihugu byombi biherereyemo kwinjira muri iki kibazo kugira ngo Kinshasa idakomeza gushotora Kigali.

Mu itangazo rya Dujarric, harimo interuro ivuga ko FDLR ari umutwe uteje akaga aka Karere ariko nyuma y’iyo ntururo nta kindi kihanditse cyamagana ibyo ukora.

Si Yolande Makolo wenyine uvuga ko Umuryango w’Abibumbye urenza ingohe ubushotoranyi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo kuko n’Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida Paul Kagame witwa Stéphanie Nyombayire nawe yasabye amahanga ko yabwira Repubulika ya Demukarasi ya Congo igahagarika ibyo irimo.

The New Times yanditse ko Nyombayire yayibwiye ati: “ MONUSCO ntishobora gukomeza kuvuga ko ari indorerezi muri iki kibazo kuko bigaragara ko yafashe uruhande.”

Stephanie Nyombayire

Nyombayire yunzemo ko M23 atari ikibazo kireba u Rwanda cyangwa ngo rube rugifitemo uruhare.

Ngo ibyayo bireba Repubulika ya Demukarasi ya Congo kuko ari ho ikorera kandi bafitanye n’amasezerano uruhanre rumwe rushinja rushinja urundi guca ku ruhande cyangwa kwirengagiza nkana.

Ikindi i Kigali bamagana ni ukuvuga ko ingabo z’u Rwanda zafashije abarwanyi ba M23 gufata umujyi wa Bunagana.

Bunagana ni umujyi uri hafi y’umupaka wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo na Uganda.

Uruhare rwa M23 narwo ruhakana gukorana n’u Rwanda nk’uko Umuvugizi w’uyu mutwe witwa Major Willy Ngoma aherutse kubibwira Ijwi ry’Amerika.

 

TAGGED:CongoDemukarasifeaturedM23MakoloRepubulikaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikamyo Ya Bralirwa Yajyaga Kuzana Byeri Yakoze Impanuka
Next Article Umusirikare Wa DRC Yarasiwe Ku Butaka Bw’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?