Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruracyafite Ikibazo Cy’Abana Bavuka Badashyitse- Min Dr Butera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Ruracyafite Ikibazo Cy’Abana Bavuka Badashyitse- Min Dr Butera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2023 8:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima, Dr.Yvan Butera yaraye abwiye Taarifa ko u Rwanda ruri guhangana n’ikibazo cy’abana bavuka badashyitse.

Dr Yvan Butera yabivuze nyuma yo kwitabira umuhango wo gutangiza gahunda nshya y’amasomo azatangirwa muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’ubuvuzi arimo n’iryo kuvura no kwita ku bana bavuka igihe nyacyo kitageze.

Yavuze ko ikibazo cy’abo bana kigihari ariko ko Leta ikora uko ishoboye ngo ikigabanye gicike burundu.

Ati: “ Nibyo koko, kandi urebye muri rusange u Rwanda rwateye intambwe nziza igendanye no kugabanya impfu z’abana cyane cyane abatarageza imyaka itanu.”

Avuga ko muri rusange indwara zatumaga abana bapfa zagabanutse ariko ngo ikibazo cy’abana bavuka badashyitse kiracyahari.

Ni abana bavukana ibilo bike bitewe ahanini n’ibyo ba Nyina bariye cyangwa banyoye ubwo bari babatwite, indwara zatumye batagira amaraso ahagije, kunywa inzoga cyangwa itabi n’ibindi byabamunze ubwo bari batwite.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr. Yvan Butera avuga ko u Rwanda rugiye guhugura abaganga bita kuri ibyo bibazo kugira ngo bigabanuke bityo abana bavutse muri ubwo buryo  babashe gukura.

Kaminuza y’u Rwanda yiyemeje kongera umubare w’abaganga izahugura muri iyi gahunda nabo bakazahugura na bagenzi babo barimo abaganga, abaforomo n’ababyaza.

Abahanga bo mu kigo kitwa Mayo Clinic cyo muri Amerika bavuga ko umwana avuka igihe kitageze iyo avutse mbere y’ibyumweru 37.

Ubusanzwe umwana uvutse ashyitse  avuka nyuma y’ibyumweru 40.

‘Kuvuka igihe kitageze’ nabyo bigira ibyiciro.

Uko umwana avuka hakiri kare cyane ni uko ubuzima bwe bujya mu kaga.

Ibi kandi birumvikana kubera ko kuvuka kare bivuze ko hari ingingo umubiri we uba utarakora ngo zikure ku rwego rwatuma zikora neza nk’uko zibisabwa.

Abaganga bavuga ko bigoye ko umwana wavutse mbere y’ibyumweru 28 abaho.

Hari abavuka hagati y’ibyumweru 28 n’ibyumweru 32 hakaba n’abandi bavuka hagati y’ibyumweru 34 n’ibyumweru 36 Nyina abasamye.

Icyakora aba tuvuze nyuma baba bafite amahirwe menshi yo kuzakura n’ubwo nabo ibintu biba atari shyashya.

Abana bavutse muri ubu buryo bafashwa kubaho binyuze mu kubashyira mu byumba birimo ibyuma bibaha umwuka, ibiribwa n’ibindi bakenera kugira ngo ingingo zabo zikure nk’uko byagenda bari mu nda y’ubatwite

Aho bahererwa ubu bufasha bahita Neonatal Intensive Care Unit (NICU).

TAGGED:AbanaButerafeaturedKuvukaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byagabanutse
Next Article Nyagatare: Bafunzwe Bazira Kunyereza Amata Afite Agaciro Ka Miliyoni Frw 160
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduro

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?