Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruracyafite Ikibazo Cy’Abana Bavuka Badashyitse- Min Dr Butera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Ruracyafite Ikibazo Cy’Abana Bavuka Badashyitse- Min Dr Butera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2023 8:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima, Dr.Yvan Butera yaraye abwiye Taarifa ko u Rwanda ruri guhangana n’ikibazo cy’abana bavuka badashyitse.

Dr Yvan Butera yabivuze nyuma yo kwitabira umuhango wo gutangiza gahunda nshya y’amasomo azatangirwa muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’ubuvuzi arimo n’iryo kuvura no kwita ku bana bavuka igihe nyacyo kitageze.

Yavuze ko ikibazo cy’abo bana kigihari ariko ko Leta ikora uko ishoboye ngo ikigabanye gicike burundu.

Ati: “ Nibyo koko, kandi urebye muri rusange u Rwanda rwateye intambwe nziza igendanye no kugabanya impfu z’abana cyane cyane abatarageza imyaka itanu.”

Avuga ko muri rusange indwara zatumaga abana bapfa zagabanutse ariko ngo ikibazo cy’abana bavuka badashyitse kiracyahari.

Ni abana bavukana ibilo bike bitewe ahanini n’ibyo ba Nyina bariye cyangwa banyoye ubwo bari babatwite, indwara zatumye batagira amaraso ahagije, kunywa inzoga cyangwa itabi n’ibindi byabamunze ubwo bari batwite.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr. Yvan Butera avuga ko u Rwanda rugiye guhugura abaganga bita kuri ibyo bibazo kugira ngo bigabanuke bityo abana bavutse muri ubwo buryo  babashe gukura.

Kaminuza y’u Rwanda yiyemeje kongera umubare w’abaganga izahugura muri iyi gahunda nabo bakazahugura na bagenzi babo barimo abaganga, abaforomo n’ababyaza.

Abahanga bo mu kigo kitwa Mayo Clinic cyo muri Amerika bavuga ko umwana avuka igihe kitageze iyo avutse mbere y’ibyumweru 37.

Ubusanzwe umwana uvutse ashyitse  avuka nyuma y’ibyumweru 40.

‘Kuvuka igihe kitageze’ nabyo bigira ibyiciro.

Uko umwana avuka hakiri kare cyane ni uko ubuzima bwe bujya mu kaga.

Ibi kandi birumvikana kubera ko kuvuka kare bivuze ko hari ingingo umubiri we uba utarakora ngo zikure ku rwego rwatuma zikora neza nk’uko zibisabwa.

Abaganga bavuga ko bigoye ko umwana wavutse mbere y’ibyumweru 28 abaho.

Hari abavuka hagati y’ibyumweru 28 n’ibyumweru 32 hakaba n’abandi bavuka hagati y’ibyumweru 34 n’ibyumweru 36 Nyina abasamye.

Icyakora aba tuvuze nyuma baba bafite amahirwe menshi yo kuzakura n’ubwo nabo ibintu biba atari shyashya.

Abana bavutse muri ubu buryo bafashwa kubaho binyuze mu kubashyira mu byumba birimo ibyuma bibaha umwuka, ibiribwa n’ibindi bakenera kugira ngo ingingo zabo zikure nk’uko byagenda bari mu nda y’ubatwite

Aho bahererwa ubu bufasha bahita Neonatal Intensive Care Unit (NICU).

TAGGED:AbanaButerafeaturedKuvukaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byagabanutse
Next Article Nyagatare: Bafunzwe Bazira Kunyereza Amata Afite Agaciro Ka Miliyoni Frw 160
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?