Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruracyafite Ikibazo Cy’Abana Bavuka Badashyitse- Min Dr Butera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Ruracyafite Ikibazo Cy’Abana Bavuka Badashyitse- Min Dr Butera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2023 8:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima, Dr.Yvan Butera yaraye abwiye Taarifa ko u Rwanda ruri guhangana n’ikibazo cy’abana bavuka badashyitse.

Dr Yvan Butera yabivuze nyuma yo kwitabira umuhango wo gutangiza gahunda nshya y’amasomo azatangirwa muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’ubuvuzi arimo n’iryo kuvura no kwita ku bana bavuka igihe nyacyo kitageze.

Yavuze ko ikibazo cy’abo bana kigihari ariko ko Leta ikora uko ishoboye ngo ikigabanye gicike burundu.

Ati: “ Nibyo koko, kandi urebye muri rusange u Rwanda rwateye intambwe nziza igendanye no kugabanya impfu z’abana cyane cyane abatarageza imyaka itanu.”

Avuga ko muri rusange indwara zatumaga abana bapfa zagabanutse ariko ngo ikibazo cy’abana bavuka badashyitse kiracyahari.

Ni abana bavukana ibilo bike bitewe ahanini n’ibyo ba Nyina bariye cyangwa banyoye ubwo bari babatwite, indwara zatumye batagira amaraso ahagije, kunywa inzoga cyangwa itabi n’ibindi byabamunze ubwo bari batwite.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr. Yvan Butera avuga ko u Rwanda rugiye guhugura abaganga bita kuri ibyo bibazo kugira ngo bigabanuke bityo abana bavutse muri ubwo buryo  babashe gukura.

Kaminuza y’u Rwanda yiyemeje kongera umubare w’abaganga izahugura muri iyi gahunda nabo bakazahugura na bagenzi babo barimo abaganga, abaforomo n’ababyaza.

Abahanga bo mu kigo kitwa Mayo Clinic cyo muri Amerika bavuga ko umwana avuka igihe kitageze iyo avutse mbere y’ibyumweru 37.

Ubusanzwe umwana uvutse ashyitse  avuka nyuma y’ibyumweru 40.

‘Kuvuka igihe kitageze’ nabyo bigira ibyiciro.

Uko umwana avuka hakiri kare cyane ni uko ubuzima bwe bujya mu kaga.

Ibi kandi birumvikana kubera ko kuvuka kare bivuze ko hari ingingo umubiri we uba utarakora ngo zikure ku rwego rwatuma zikora neza nk’uko zibisabwa.

Abaganga bavuga ko bigoye ko umwana wavutse mbere y’ibyumweru 28 abaho.

Hari abavuka hagati y’ibyumweru 28 n’ibyumweru 32 hakaba n’abandi bavuka hagati y’ibyumweru 34 n’ibyumweru 36 Nyina abasamye.

Icyakora aba tuvuze nyuma baba bafite amahirwe menshi yo kuzakura n’ubwo nabo ibintu biba atari shyashya.

Abana bavutse muri ubu buryo bafashwa kubaho binyuze mu kubashyira mu byumba birimo ibyuma bibaha umwuka, ibiribwa n’ibindi bakenera kugira ngo ingingo zabo zikure nk’uko byagenda bari mu nda y’ubatwite

Aho bahererwa ubu bufasha bahita Neonatal Intensive Care Unit (NICU).

TAGGED:AbanaButerafeaturedKuvukaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byagabanutse
Next Article Nyagatare: Bafunzwe Bazira Kunyereza Amata Afite Agaciro Ka Miliyoni Frw 160
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?