Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Guca Agahigo Mu Kwihaza Ku Mbangukiragutabara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

U Rwanda Rurashaka Guca Agahigo Mu Kwihaza Ku Mbangukiragutabara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2024 7:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha abaturage kubona imbangukiragutabara zihagije, Guverinoma y’u Rwanda yaraye igejeje ku bitaro bitandukanye imbangukiragutara 114. Intego ni uko imbangukiragutabara imwe yajya iha serivisi abaturage 20,000 mu gihe intego ya OMS ari uko ifasha abantu 40,000.

Ziriya mbangukiragutabara 114 zaje ziyongera ku zindi 80 zahawe ibitaro muri Kamena, 2024 mu gikorwa cyabereye kuri BK Arena.

Perezida Paul Kagame niwe washyizeho gahunda y’uko imbangukiragutabara zigomba kuba zihagije ku mubare runaka w’abaturage.

Hagati aho hari izindi 40 Guverinoma y’u Rwanda iteganya guha ibindi bitaro mu gihe gito kiri imbere.

Muri rusange, izo mbangukiragutabara zose zifite ibyangombwa byose ngo zifashe umurwayi ukeneye kugezwa ku bitaro.

Zirimo ikoranabuhanga rihagije ryo gukora ako kazi.

Minisitiri w’ubuzima Dr.  Nsanzimana Sabin yabwiye itangazamakuru ko intego ya Leta y’u Rwanda ari uko abaturage babona imbangukiragutabara zihagije zishobora gutabara buri wese mu gihe ubuzima bwe buri mu kaga.

Avuga ko u Rwanda ruharanira kurenza intego yashyizweho n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, y’uko imbangukiragutabara imwe yajya iha serivisi abaturage bari hagati ya 40,000 na 45,000.

Intego y’u Rwanda, ku rundi ruhande, ni uko iyo mbangukiragutabara izafasha abaturage 20,000 ni ukuvuga ko ibyo u Rwanda rushaka kugera ho muri uyu mujyo biri hejuru y’intego za ririya shami ry’Umuryango w’Abibumbye.

Mu mbangukiragutabara zaraye zihawe ibitaro, harimo izifite ubushobozi bwo kwita ku barwayi barembye cyane zikabikora binyuze mu ikoranabuhanga rizirimo naho izisigaye zikaba ari izo kwita ku barwayi batarembye cyane.

Icyenda muri zo nizo zifite iryo koranabuhanga rihambaye ryo kwita kuri abo barwayi bafite ubuzima buri hagati y’urupfu n’umupfumu.

Itangazo rya Minisiteri y’ubuzima rigenewe abanyamakuru ryemeza ko iminota 15 ihagije ngo imbangukiragutabara yo mu Rwanda ibe igeze ku murwayi imugeze kwa muganga.

Uyu munsi hatanzwe ambulance nshya 114 zisanga izindi 80 zatanzwe mu kwezi kwa gatandatu. Ni Muri gahunda yo kongerera ubushobozi serivisi z’ubutabazi bwihuse mu Rwanda. pic.twitter.com/cL4c6XNQwJ

— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) August 9, 2024

Imbangukiragutabara yo mu Rwanda ihendutse igura hagati ya Miliyoni Frw 70 na Miliyoni Frw 80.

Ihenze yo igeza kuri miliyoni Frw 180 bitewe n’ikoranabuhanga riyirimo.

Ni imodoka zifite umuvuduko wa kilometero 80 ku isaha zikagira ikoranabuhanga ribuza ko umuntu wanyoye inzoga kuzitwara.

Zikoze mu buryo butanga amakuru ku byerekezo ziherereyemo hirindwa ko zakoreshwa ibyo zitagenewe.

Dr. Nsanzimana Sabin ushinzwe Minisiteri y’ubuzima yasabye abashoferi kwita kuri izi modoka z’ingirakamaro ku buzima bw’umurwayi, aboneraho no gusaba abandi bakoresha umuhanda kujya babererekera imbangukiragutabara zikageza abarwayi kwa muganga.

Avuga ko kutabikora ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi ko abatazubahiriza amabwiriza yo guha imbangukiragutabara inzira bazajya babihanirwa ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda.

Hari Imbangukiragutabara 180 u Rwanda Rwitegura Kwakira

TAGGED:AbarwayifeaturedIbitaroImbangukiragutabaraNsanzimamaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba Mukuru W’Ingabo Z’Ubushinwa Yasuye Iz’U Rwanda
Next Article Brazil: Indege Yari Irimo Abantu 61 Yasandaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?