Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Kongera Umubano Rusanganywe Na Qatar
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurashaka Kongera Umubano Rusanganywe Na Qatar

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 February 2024 8:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye i Doha muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi aho yaganiriye n’umwami w’iki gihugu uko u Rwanda na Qatar bakomeza gukorana mu nzego zirimo no kwakira abashyitsi.

U Rwanda rusanzwe ari inshuti ya Qatar kandi ibihugu byombi bikorana muri byinshi birimo n’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu mu ndege ndetse no kubaka ibikorwaremezo birimo n’ikibuga cy’indege mpuzamahanga kiri kubakwa mu Bugesera.

Mu gihe cy’amezi atandatu muri Qatar hari kubera imurikagurisha mpuzamahanga ryitabiriwe n’ibihugu byinshi birimo n’u Rwanda.

Ikawa yarwo ikunzwe yo cyane ariko abaguzi bo muri iki gihugu basaba Abanyarwanda kongera umusaruro w’ibindi bihingwa babazanira.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwand Dr. Ildephone Musafili avuga ko u Rwanda rufite intego yo kuzamura ubwinshi bw’ibyo ruha Qatar bikava ku ikawa, icyayi n’ibindi ahubwo bikagera no mu yandi moko y’ibihingwa kandi bikongererwa ubwiza n’ubwinshi.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwand Dr. Ildephone Musafiri i Doha

Kugeza ubu u Rwanda rwamurikiye Qatar ubuki, ikawa n’icyayi.

Umubano w’u Rwanda na Qatar kandi umaze iminsi iganirwa no kwagurwa mu nzego za gisirikare cyane cyane izo mu kirere.

Ni kenshi abagaba bakuru b’ingabo ku mpande zombi bahuye baraganira kugira ngo barebe uko uru rwego rwakongerwa imbaraga binyuze mu bufatanye hagati ya Kigali na Doha.

Ingabo Z’u Rwanda N’Iza Qatar Zikomeje Gutsura Umubano

TAGGED:featuredIkawaKagameQatarUbuhinziUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagabo Bo Muri Ngoma Bata Ingo Kubera Inkoni Z’Abagore
Next Article 60% By’Imihanda Yo Ku Rwego Rw’igihugu Ni Kaburimbo- RTDA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?