Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Kurushaho Gukoresha Ingufu Z’Imirasire Y’izuba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rurashaka Kurushaho Gukoresha Ingufu Z’Imirasire Y’izuba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2022 6:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ibikorwaremezo Bwana Ernest Nsabimana avuga ko muri iki gihe isi yugarijwe n’ingaruka zikomoka k’ugushyuha kw’ikirere, ni ngombwa ko ibihugu bitangira gukoresha ingufu zisubira harimo n’izikomoka ku zuba. Avuga ko ari ikintu u  Rwanda ruzakomeza gushyiramo imbaraga.

Yabibwiye itangazamakuru nyuma yo gutangiza inama y’iminsi ibiri iri kubera mu Rwanda yiga ku iterambere ry’imikoreshereze y’imirasire y’izuba mu gutanga amashanyarazi.

Iyi nama yateguwe n’ihuriro mpuzamahanga riharanira iterambere ry’imikoreshereze y’imirasire y’izuba m’ugutanga amasanyarazi ryitwa GOGLA rifatanyije na Guverinoma y’u Rwanda.

Imibare itangwa n’inzego bireba ivuga ko muri rusange 24% by’amashanyarazi Abanyarwanda bakoresha mu ngo zabo ari akomoka ku mirasire y’izuba.

Akarere k’u Rwanda ka mbere gakoresha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ni Nyaruguru kuko yihariye hafi 90% by’amashanyarazi gakenera.

Nyaruguru na Kicukiro  nitwo turere kugeza ubu dufite amashyanyazi ku kigero cya 100%.

Minisitiri Nsabimana avuga ko Leta y’u Rwanda ifite gahunda yo gukomeza kongera amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba mu rwego rwo guha ingo zose z’Abanyarwanda amashanyarazi.

Amashanyarazi ni kimwe mu bikorwa remezo abantu bakenera cyane kugira ngo biteze imbere binyuze mu nganda, ubucuruzi, ubuhinzi, ubworozi n’ubukerarugendo.

Bisa n’aho ari yo moteri y’amajyambere isi ifite muri iki gihe.

Minisitiri w’ibikorwaremezo Erenst Nsabimana avuga ko u Rwanda rugomba gukora uko rushoboye kugira ngo umwaka wa 2024 uzagere abarutuye bose bafite amashanyarazi.

Avuga ko iriya nama yabereye abayitabiriye uburyo bwo kwigira ku bandi binyuze mu imurikwa ry’ibikorwa bikoresha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba birimo moto n’ibindi.

Ati: “ Iyi nama yabaye uburyo bwo guhuza abakora mu nzego zitandukanye zirimo n’abahanga muri za Kaminuza n’abandi batandukanye kugira ngo bamwe bigire ku bandi. Ni ingirakamaro ku Rwanda no ku bandi bafite aho bahuriye n’izi ngufu.”

Basobanuye akamaro ko kugira amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Minisitiri w’ibikorwaremezo   Nsabimana Erenst avuga ko mu imurikagurisha ry’ibikoresho by’ikoranabuhanga hari ibyo Abanyarwanda bigiye ku bashyitsi bitabiriye iriya nama.

Avuga ko hari na bamwe muri bo bavuze ko bari hafi gufungura Ibiro mu Rwanda kugira ngo bahakorere ubucuruzi mu rwego rwo guteza imbere amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Umuyobozi w’Ihuriro mpuzamahanga riharanira iterambere ry’ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba GOGLA Bwana Koen Peters avuga ko ririya huriro rigizwe n’ibigo 200 hirya  no hino ku isi.

Avuga ko bakora uko bashoboye kugira ngo bahe abo mu cyaro amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba cyane cyane abo mu cyaro.

Peters avuga ko mu mwaka ushize(2021) biyemeje ko bitarenze mu mwaka wa 2030 bazaba bahaye ariya mashanyarazi abantu bagera kuri Miliyari hirya no hino ku isi.

Avuga kandi ko bakora uko bashoboye kugira ngo abahawe biriya bikoresho, bizabe ari ibikoresho bikomeye bizaramba.

Yemeza ko kugira ngo ibyo biyemeje bizagerweho ari ngombwa gukorana naza Guverinoma ndetse n’ahandi.

Koen Peters avuga ko iriya nama ari ingirakamaro kubera ko izafasha abantu kumenyana no kungurana ibitekerezo ku ngingo z’uburyo  amashanyarazi akomoka ku mirasire yarushaho gutezwa imbere.

Umugabane w’Afurika niwo mugabane wa mbere ku isi ukoresha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, Kenya ikaba iya mbere mu bindi bihugu byose.

Umuyobozi wa GOGLA avuga ko kugeza ubu Miliyari $2.5 yashowe mu bikorwa byo gukwirakwiza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba hirya no hino ku isi.

Yabwiye itangazamakuru ko bahisemo gukorera inama mu Rwanda kubera ko rufite ahantu heza ho kuzikorera.

Ikindi ngo ni uko mu Rwanda hari uburyo bwiza bwo gukorana hagati ya Leta n’abikorera ku giti cyabo.

Bari bateze amatwi ngo bumve uko ahandi babigenza
Abakuru batanze inama z’uko byagenda ahandi batagira amashanyarazi akomoka ku mirasire
Abakora muri GOGLA no mu bindi bigo bahuye bagirana ibiganiro by’uburyo isi yarushaho gukoresha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba

 

Abayobozi muri GOGLA bungukiwe ku ntambwe u Rwanda rumaze gutera muri uru rwego
TAGGED:featuredGOGLAImirasireIzubaUmugabane
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Benzema Yatwaye Ballon D’or Idashidikanywaho
Next Article MINEDUC Yatangiye Kugenzura Ireme Ry’Uburezi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?