Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruzakira Umuhango Wo Guhemba Abatwaye Formula One
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

U Rwanda Ruzakira Umuhango Wo Guhemba Abatwaye Formula One

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2024 6:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Kamena, 2024 mu Karere ka Huye hateganyijwe kuzabera isiganwa mpuamahanga ry’umukino wo gutwara imodoka. Biteganyijwe ko uzaba hagati y’itailiki 14 na 16, Kamena, 2024.

Ibyo byatangarijwe mu Nama y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka mu Rwanda (RAC) yaraye uteranye ngo itegure umwaka w’imikino udasanzwe, muri wo hakazamo n’Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’uyu mukino ku Isi (FIA) izaba mu Ukuboza.

Hagati aho hari irindi rushanwa ryiswe Rwanda Mountain Gorilla Rall rizakinwa iminsi itatu ni ukuvuga  taliki ya 18-20, Ukwakira, 2024.

Rwanda Mountain Gorilla Rally y’uyu mwaka, yagombaga gukinwa muri Kamena, ariko RAC yandikira Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka ku Isi (FIA) isaba ko yaba mu Ukwakira kubera ibindi bikorwa biteganyijwe mu Rwanda muri icyo gihe.

Mu mwaka wa 2024 kandi hateganyijwe Inteko Rusange ya FIA iteganyijwe ku wa 13, Ukuboza, 2024,

Muri yo hazatangwa ibihembo ku bitwaye neza mu marushanwa atandukanye arimo na Shampiyona y’Isi ya Formula One.

Muri Shampiyona y’u Rwanda, abazayitabira bazasiganwa mu modoka bashaka uwayegukana muri uyu mwaka, kuri iki gihe ku urutonde  uyoboye ni  Giancarlo Davite ukinana na Damien Bernard, bombi bafite amanota 35.

Abanyarwanda Kanangire Christian na Mujiji Kevin bakinana ni aba kabiri n’amanota 28 mu gihe ku mwanya wa gatatu hari Mitraros Elefterios na Paolo Paganin bafite amanota 24.

TAGGED:featuredFormulaIbihemboImikinoimodokaIsiganwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imodoka Zica Muri Kigali Zategetswe Kuba Amapine Yogeje
Next Article Muhanga: Bategetswe Kurandura Ibishyimbo Ngo Hubakwe Stade
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?