Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwahagaritse Ingendo Ziva Mu Majyepfo Ya Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Rwanda Rwahagaritse Ingendo Ziva Mu Majyepfo Ya Afurika

admin
Last updated: 28 November 2021 9:58 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko ingendo z’indege hagati y’iki gihugu n’ibindi byo mu Majyepfo ya Afurika zisubitswe, nyuma y’uko icyo gice gikomeje kugaragaramo ubwoko bushya virus itera Covid-19 yihinduranyije bwahawe izina rya Omicron.

Inama y’abaminisitiri yateranye kuri iki Cyumweru yemeje ko nubwo ubwo bwoko butaragaragara mu Rwanda, ingaruka zabwo zishobora kuba mbi cyane; bityo abaturage basabwa gukaza no kubahiriza ingamba zo kwirinda.

Uretse guhagarika ingendo, imyanzuro ivuga ko “Abagenzi baturutse mu bihugu byagaragayemo ubu bwoko bushya bwa Covid-19 cyangwa baherutse gukorera ingendo muri ibyo bihugu, bahita bashyirwa mu kato k’iminsi 7, bakiyishyurira ikiguzi cya serivisi bahabwa.”

Yemeje ko urutonde rw’ibyo bihugu ruzatangazwa na Minisiteri y’Ubuzima nyuma y’isesengura rizakomeza gukorwa ku myitwarire y’ubu bwoko bushya bwa Covid-19, ku bufatanye n’Inzego mpuzamahanga zibishinzwe.

Iyi virus yagaragaye bwa mbere muri Botswana nyuma iza kuboneka mu bipimo byasuzumiwe muri Afurika y’Epfo, Hong Kong, Australia, u Bubiligi, u Butaliyani,  u Bwongereza, u Budage, Austria, Denmark na Israel.

Ibyemezo byatangajwe kandi bivuga ko abagenzi bose binjira n’abasohoka mu Gihugu bakoresheje Ikibuga Mpuzamahanga cya Kigali bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 (PCR test) mu gihe cy’amasaha 72 mbere y’uko bahaguruka.

Abagenzi bose binjira mu Gihugu kandi bagomba guhita bashyirwa mu kato k’amasaha 24 muri hoteli zabugenewe kandi bakiyishyurira ikiguzi cya serivisi bahabwa.

Bazajya bapimwa COVID-19 (PCR test) bakigera mu Gihugu biyishyuriye, bongere gupimwa ku munsi wa 7 bishyuriwe na Guverinoma y’u Rwanda, ahantu hagenewe gupimirwa Covid-19.

Abantu bitabira ibirori n’amakoraniro rusange harimo mama, ibitaramo by’abahanzi, ubukwe, amaserukiramuco cyangwa imurikabikorwa bagomba kuba barikingije kandi bipimishije Covid-19.

Abategura amakoraniro kandi basabwe ko bagomba gukora ku buryo abera hanze cyangwa ahantu hagera umwuka uhagije.

Ibyemezo bikomeza biti “Abanyarwanda barashishikarizwa kwikingiza byuzuye, kwipimisha kenshi no kurushaho gushyira mu bikorwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19, harimo: gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara neza agapfukamunwa, gukingura inzugi n’amadirishya kugira ngo umwuka uhagije winjire, no gukaraba intoki.”

Kugeza ubu hari byinshi bitaramenyekana ku miterere y’iyi virus yihinduranyije n’ubukana bwayo ku bantu bakingiwe covid-19.

Gusa ikizwi ni uko yihinduranya inshuro nyinshi kurusha Delta imaze iminsi, ku buryo iteye inkeke kurushaho.

Ibihugu byinshi byamaze gufunga ingendo z’indege zijya mu bice bya Afurika y’Amajyepfo.

RwandAir nayo yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Zimbabwe na Afurika y’Epfo, berekeza i Dubai.

Travel updates for passengers traveling from South Africa, Zimbabwe to #Dubai.

For more details about flexibility policies, visit: https://t.co/o7CR6rJzar pic.twitter.com/yHmJoMWSWn

— RwandAir (@FlyRwandAir) November 28, 2021

TAGGED:COVID-19DeltafeaturedInama y'abaminisitiriOmicronPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yatumije Inama Idasanzwe Kuri COVID-19 Yihinduranyije
Next Article Abagenzi Baturuka Mu Bihugu Icyenda Bategetswe Kujya Mu Kato k’Iminsi 7
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?