Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwahakanye Gukoresha Ikoranabuhanga Rya Pegasus Runeka Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rwahakanye Gukoresha Ikoranabuhanga Rya Pegasus Runeka Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 July 2021 2:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma Dr Vincent Biruta yavuze ko u Rwanda rutigeze na rimwe rukoresha ikoranabuhanga rya Pegasus runeka abarutuye. Ngo ni ibivugwa ariko bidafite ishingiro.

Imiryango mpuzamahanga ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu harimo na Amnestry International yigeze kuvuga u Rwanda rukoresha ririya koranabuhanga mu kumenya ibyo abatavuga rumwe na Leta, abanyamakuru n’abandi baganira hagati yabo.

Itangazo Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yoherereje KT Press rivuga ko ibivugwa ko u Rwanda rwumvirije abantu barimo n’umukobwa wa Paul Rusesabagira witwa Carine Kanimba ari ibinyoma.

Minisitiri Biruta ati:“ Nta koranabuhanga ryitwa kuriya u Rwanda rufite, ntaryo rukoresha. Ibi kandi byigeze no kwemezwa n’Umukuru w’igihugu muri Ugushyingo 2019.”

Iri koranabuhanga Minisitiri Biruta avuga ko u Rwanda rudafite ubusanzwe ryahimbwe n’ikigo gikora iby’ikoranabuhanga rya gisirikare cyo muri Israel kitwa NSO.

Biruta avuga ko ibivugwa ko u Rwanda rufite ririya koranabuhanga ari ibikorwa bikorwa n’abashaka kurushiga icyasha kandi bamaze igihe babikora.

Ubwo Perezida Kagame yagiraga icyo avuga ku by’uko u Rwanda rufite ririya koranabuhanga abibajijwe n’umunyamakuru wa RFI icyo gihe hari tariki 09, Ugushyingo, 2019 yagize ati: “Yaba igihugu cyacu, yaba igihugu cyanyu…buri gihugu kigira uko gihiga abanzi bacyo, kigakurikirana uko bahanahana amakuru. Kuri twe rero kumenya ibyo abanzi bacu bavuga, aho baba babivugira hose… ni ibintu twahoze dukora mu bushobozi bwacu no mu burenganzira bwacu nk’uko bimeze no ku bindi bihugu byo ku isi.”

Umukuru w’Igihugu icyo gihe yavuze ko bibaye byiza u Rwanda narwo rwabona iryo koranabuhanga ‘ariko akavuga yumvise ko rihenda.’

Uko iri koranabuhanga rikora…

Ikigo cya Israel gikora ibikoresho na gahunda by’ikoranabuhanga cyakoze uburyo(software) bita Pegasus, bufite ubushobozi bwo kumenya ibyo abantu baganira kuri telefoni zabo bakoresheje uburyo hafi ya bwose harimo na WhatsApp.

Pegasus

Iri koranabuhanga rishobora kwinjira muri telefoni yawe ubizi cyangwa utabizi bukamenya amakuru ahagije ayibitswemo.

Ryakozwe n’Ikigo kitwa NSO Group Technologies, kikaba ari ikigo gishinzwe gukora ibikoresho n’uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha mu kwirinda ibitero bikoresha ikonabuhanga ryifashisha murandasi.

Pegasus ituma umuntu cyangwa ikigo runaka ashobora kumenya ibyo ijisho rya telefoni yawe( camera) rireba, ibyo micro yayo yafashe nk’amajwi ndetse na message, e-mails yakiriye n’aho nyiri telefoni aherereye.

Ukurikije ibitangazwa n’ikigo cy’Abarusiya gikora uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kurinda virus kwinjira muri mudasobwa kitwa Kaspersky ushobora kwanzura ko Pegasus igenzura byose biri muri telefoni y’umuntu.

Kaspersky ivuga ko umuntu wa mbere watumye abandi bamenya ko ririya koranabuhanga ririho ari umuturage wa Leta ziyunze z’Abarabu witwa Mahmed Mansoor, icyo gihe hari mu mwaka wa 2017.

Yari impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, nawe akaba yari ari mu bantu bumvirizwaga hifashishijwe Pegasus.

Mansoor amaze kubona ko hari e-mails nyinshi zamugeragaho akabona ko zishobora kuba zirimo virus, yagize amakenga ajya kubaza impuguke mu ikoranabuhanga ngo zimurebere ibyo ari byo.

Yagannye ikigo kitwa Citizen Lab hanyuma nacyo kifashisha ikindi kitwa Lookout ngo bifatanye kureba iby’izo emails, nyuma baza kubona ko zifitemo uburyo bwo kumenya amakuru y’uwo biherereje ziriya emails.

Nyuma nibwo baje guha ririya koranabuhanga izina Pegasus.

Ngiryo ikoranabuhanga ryakozwe na Israel rifite ubushobozi bwo kumenya ikiri muri telefoni yawe, ubizi cyangwa utabizi.

Rifite ubushobozi bukomeye k’uburyo rishobora kumenya ibiri muri telefoni z’amoko yose yaba ikoresha uburyo bwa Android cyangwa uburyo bwa iOS.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaIsraelKagamePegasus
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Mali Bari Bamwiciye Mu Musigiti
Next Article Perezida Kagame Yifatanyije n’Abayisilamu Kuri Eid al-Adha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?