Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwahaye Ikaze Abanyeshuri Bahungishijwe Muri Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rwahaye Ikaze Abanyeshuri Bahungishijwe Muri Afghanistan

admin
Last updated: 24 August 2021 3:32 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yatangaje ko yiteguye guha ikaze abanyeshuri b’abakobwa n’abakozi ba School of Leadership Afghanistan (SOLA), bahungishijwe nyuma y’uko igihugu cyabo cyafashwe n’umutwe wa Taliban ugendera ku mahame akaze.

Shabana Basij-Rasikh washinze iryo shuri, kuri uyu wa Kabiri yanditse kuri Twitter ko bari mu nzira bimurirwa mu Rwanda, bizeye kuhakomereza amasomo.

Yavuze ko mu cyumweru gishize aribwo bahagurutse ku kibuga cy’indege mu murwa mukuru Kabul, hamwe n’abanyeshuri hafi 250, abarimu, abakozi n’imiryango yabo.

Yakomeje ati “Buri wese ari mu nzira inyura muri Qatar yerekeza mu gihugu cy’u Rwanda, aho duteganya gutangirira amasomo mu mahanga ku banyeshuri bacu bose.”

Everyone is en route, by way of Qatar, to the nation of Rwanda where we intend to begin a semester abroad for our entire student body. 2/7

— Shabana Basij-Rasikh (@sbasijrasikh) August 24, 2021

 

Yavuze ko nubwo SOLA irimo kwimurirwa ahandi atari ibya burundu, kubera ko nyuma y’amasomo y’amezi atandatu, bitewe n’uko ibintu bizaba bimeze, bizera ko bazasubira “mu rugo muri Afghanistan”.

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yahaye ikaze aba banyeshuri, binyuze mu butumwa yatangajwe kuri Twitter. Yasubizaga ku butumwa bwa Shabana Basij-Rasikh.

Yanditse iti “Minisiteri y’Uburezi yiteguye kwakira umuryango SOLA mu Rwanda, muri gahunda y’amasomo yanyu . Murakaza neza.”

The Ministry of Education looks forward to welcoming the SOLA community to Rwanda for your study program. Murakaza neza. https://t.co/SFGRrWiSiA

— Ministry of Education | Rwanda (@Rwanda_Edu) August 24, 2021

 

School of Leadership Afghanistan ivuga ko yari ryo shuri rukumbi ryigisha abakobwa bacumbikirwa, muri kiriya gihugu.

Ubwo umutwe wa Taliban wafataga Afghanistan, abagore n’abakobwa ni bo ba mbere bahise bahangayikishwa n’ibihe biri imbere, bahitamo guhunga.

Hashingirwa ku byabaye ubwo uwo mutwe wategekaga igihugu kuva mu 1996 kugeza mu 2001, ubwo wameneshwaga n’ingabo za Amerika zifatanyije n’iza Afghanistan.

Icyo gihe ntiwemereraga abagore n’abakobwa kwiga, kujya mu mirimo cyangwa kuba bajya nko gutega imodoka batari kumwe n’umugabo.

Icyo gihe ntibyari byemewe kugaragaza akantu na gato ku mubiri igihe utambaye wikwije, ndetse abagore bahabwaga ibihano bihambaye birimo gukubitwa bazira kugerageza kwiga kandi bibujijwe, no guterwa amabuye kugeza bapfuye igihe bahamijwe icyaha cy’ubusambanyi.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken, aheruka gutangaza ko hari ibihugu 13 byenmeye kwakira by’igihe gito abantu bagenda bavanwa muri Afghanistan, ni ukuvuga abatujuje ibisabwa bituma bahita batuzwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibyo bihugu ni Albania, Canada, Colombia, Costa Rica, Chile, Kosovo, North Macedonia, Mexico, Poland, Qatar, u Rwanda, Ukraine na Uganda.

Hari n’ibindi bihugu 12 byemeye ko bazahanyura mbere y’uko bajyanwa ahandi.

Ibyo ni Bahrain, u Bwongereza, Denmark, u Budage, u Butaliyani, Kazakhstan, Kuwait, Qatar, Tajikistan, Turikiya, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Uzbekistan.

Biheruka gutangazwa ko nibura hari Abanyamerika 15,000 n’abaturage ba Afghanistan babarirwa hagati ya 50,000 na 60,000 bakoranaga bakeneye guhungishwa mu maguru mashya.

Kugeza ku Cyumweru Amerika yari imaze kuvana muri Afghanistan abaturage 28,000, mu gikorwa mu buryo bw’ibanze byatangajwe ko kizageza ku wa 31 Kanama, ndetse ngo gishobora kongerwa.

Abakobwa 250 Bigaga Muri Afghanistan Bategerejwe Mu Rwanda

 

TAGGED:AfghanistanfeaturedShabana Basij-RasikhTaliban
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hissène Habré Wabaye Perezida Wa Chad Yishwe Na COVID-19
Next Article Umugaba Mukuru w’Ingabo Za Tanzania Ari Mu Ruzinduko Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?