Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwamaganye Ibihano Amerika Yafatiye Kabarebe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwamaganye Ibihano Amerika Yafatiye Kabarebe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2025 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane tariki 20, Gashyantare, 2025, Amerika yatangaje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe ibihano mu rwego rw’ubukungu.

Uyu muyobozi wahoze ari n’umusirikare mukuru mu ngabo z’u Rwanda mu gihe kirekire asanzwe ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.

Amerika ivuga ko James Kabarebe ari umuhuza wa M23 na Leta y’u Rwanda, bityo ihita imufatira ibihano.

Leta y’u Rwanda, binyuze mu muvugizi wayo Madamu Yolande Makolo, yatangaje ko ibyo bihano bidakwiye kandi ntaho bishingiye.

Makolo yagize ati: “Ibihano nta shingiro bifite. Umuryango Mpuzamahanga ukwiriye gushyigikira imbaraga Akarere gashyira mu kugera ku gisubizo cya politike cyo kugarura amahoro muri aka Karere aho kuzikoma mu nkokora”.

Kuri Makolo, ibihano ntibishobora kuba umuti w’ikibazo kimaze imyaka 30 mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Yemeza ko iyo ibihano biza biba umuti mwiza w’ibibazo bya kiriya gihugu, ubu kiba gitekanye.

Ubuyobozi bw’u Rwanda buvuga ko ibibera muri DRC ari ikibazo kiri hagati y’abayobozi b’abayoborwa.

Kuba abagize M23 ari bamwe mu basanzwe batuye muri DRC, bakavuga ko bahejwe mu buzima bw’igihugu cyabo, nibyo byatumye begura intwaro barasana na Leta ya Kinshasa.

Abayobozi ba M23 barimo n’Umuvigizi wayo Lawrence Kanyuka nibo babyemeza batyo  kandi uyu nawe yafatiwe ibihano na Amerika.

U Rwanda ruvuga rushize amanga ko rwashyizeho ubwirinzi ku mupaka warwo na DRC kuko hari abanzi barwo icumbikiye bagize umutwe wa FDLR .

Ruvuga ko bafite intego yo kurutera no gukomeza Jenoside yakorewe Abatutsi basize bakoze mu mwaka wa 1994.

Perezida Paul Kagame avuga ko nta yandi mahitamo Abanyarwanda bafite atari ayo kwirindira umutekano.

TAGGED:AmerikafeaturedGuverinomaibihanoKabarebeKagameMakoloRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yakiriye Imirambo Y’Abaturage Bayo Bari Barashimuswe Na Hamas
Next Article Hamas Yahaye Israel Umurambo Utari Uw’Umuturage Wayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?