Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasubije Abasaba Ko Busingye Atakirwa Nka Ambasaderi Mu Bwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

U Rwanda Rwasubije Abasaba Ko Busingye Atakirwa Nka Ambasaderi Mu Bwongereza

admin
Last updated: 12 December 2021 6:38 pm
admin
Share
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yavuze ko ibikorwa byo gufata Paul Rusesabagina byagizwemo uruhare n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) hashingiwe ku nyandiko zisaba ko afatwa, bitandukanye n’inshingano Busingye Johnston yari afite nka Minisitiri w’Ubutabera n’Intuma Nkuru ya Leta.

Mu gihe aheruka kugenwa n’inama y’abaminisitiri nka ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, bamwe mu banyapolitiki bo muri icyo gihugu basaba ko atakirwa, bamushinja uruhare mu cyo bita “gushimuta” Rusesabagina.

Zimwe muri izo mvugo ziheruka gusohoka mu binyamakuru bibiri: The Times ku wa 10 Ugushyingo na Daily Mail ku wa 11 Ukuboza 2021.

Hagarukwa kuri bamwe mu badepite basaba Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’amahanga mu Bwongereza, Liz Truss, guhagarika igikorwa cyo kwemera Busingye nka ambasaderi “kubera uruhare rukomeye yagize mu gushimuta no gufunga impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu ikomeye mu gihugu.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Banavuga ko Busingye yamanuwe mu ntera na Perezida Paul Kagame nyuma yo kwemera ko Guverinoma y’u Rwanda ari yo yishyuye indege yatumye Rusesabagina afatwa, mu gihe ari “intwari nyayo igaragara muri Filime Hotel Rwanda, yarokoye abantu barenga 1200 muri Jenoside yo mu 1994,” nk’uko bigaragara muri Daily Mail.

Umwe mu badepite, Sir Iain Duncan Smith, yanavuze ko bibabaje kuba Guverinoma yabo itaramagana igenwa rya Busingye nka ambasaderi.

Ni mu gihe ikinyamakuru The Times cyanditse ko Busingye “yagize uruhare rukomeye mu gushimuta n’urubanza rwa Paul Rusesabagina, wakoze uko ashoboye akarokora abantu 1,268 urupfu rw’agashinyaguro.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko ibinyamakuru bya Daily Mail na The Times birimo kuyobya abasomyi, mu gihe amakuru nyayo ahari kandi byoroshye kuyagenzura.

Yanditse kuri Twitter ko Busingye wagenwe nka Ambaaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yakoze neza inshingano ze nka Minisitiri w’Ubutabera n’Intumwa Nkuru ya Leta, guhera mu 2013.

- Advertisement -

Ati “Paul Rusesabagina yazanywe (cyangwa yayobejwe nk’uko DM ibivuga), mu gikorwa cyateguwe n’Urwego rw’u Rwanda rw’Ubugenzacyaha ndetse afatirwa i Kigali hashingiwe ku nyandiko zasabaga ko afatwa kubera ibyaha by’iterabwoba n’ibindi bifitanye isano, hubahirijwe amategeko yose yo mu gihugu na mpuzamahanga.”

“Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye neza inshuro nyinshi guhera muri Nzeri 2020 uburyo n’impamvu yahenzwe ubwenge akagera mu Rwanda. Yaje guhamywa ibyaha ndetse akatirwa nyuma y’urubanza ruboneye kandi runyuze mu mucyo hamwe n’abandi bantu 20 bareganwaga bo mu mutwe witwaje intwaro wa FLN yari ayoboye.”

Mu rubanza rwasomwe ku wa 20 Nzeri 2021, Urukiko rukuru rwakatiye Paul Rusesabagina gufungwa imyaka 25 naho Nsabimana Callixte ‘Sankara’ wari umuvugizi w’umutwe wa FLN akatirwa imyaka 20.

Rusesabagina yahamijwe ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba no gukora no kugira uruhare mu gikorwa cy’iterabwoba.

Yagizwe umwere ku cyaha cyo kurema umutwe w’ingabo utemewe, mu gihe ibindi bikorwa byakorewe mu bitero bya FLN no gutera inkunga iterabwoba, bigize icyaha cyo gukora no kugira uruhare mu gikorwa cy’iterabwoba.

Urukiko rwavuze ko kuba ibyaha yakoze bigize impurirane mbonezamugambi kandi byarateje urupfu, yagombaga guhanishwa gufungwa burundu.

Gusa urukiko rurebye imikorere y’ibyaha bihama Rusesabagina, uburyo abazwa mu iperereza ndetse anaburana ibirebana n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo hari ibyo yemeye, agasobanura uburyo byakozwe akabisabira imbabazi, n’uko ari ubwa mbere akurikiranyweho ibyaha mu nkiko, yagabanyirijwe ibihano ahanishwa igifungo cy’imyaka 25.

Ntabwo yitabiriye urubanza rwe ngo rurangire kuko yaje guhagarika kwitaba urukiko kugeza urubanza rwe ruciwe, avuga ko atizeye ko azabona ubutabera.

Ubushinjacyaha bwahise bujuririra ibihano Rusesabagina na bagenzi be bahawe.

Paul Rusesabagina was successfully lured (or duped, as DM puts it) in an operation planned by the Rwanda Investigation Bureau & arrested in Kigali on an outstanding warrant for terrorism & related offences, in compliance with all domestic and international laws. 2/3

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) December 12, 2021

TAGGED:featuredJohnston BusingyePaul Rusesabaginau BwongerezaYolande Makolo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyeshyamba Za Tigray Zisubije Umujyi Ukomeye Muri Ethiopia
Next Article Gen Rusoke Wo Muri Uganda Yagizwe Ambasaderi Wayo Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?