Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwemeye Kwakira Abaturage Barimo Guhungishwa Muri Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwemeye Kwakira Abaturage Barimo Guhungishwa Muri Afghanistan

admin
Last updated: 23 August 2021 3:17 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yemeye ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo kwakira by’igihe gito bamwe mu baturage bo muri Afghanistan, barimo guhunga nyuma y’uko icyo gihugu gifashwe n’umutwe wa Taliban ugendera ku mahame akaze.

Ku wa 15 Kanama 2021 nibwo umurwa mukuru wa Afghanistan, Kabul, waguye mu maboko ya Taliban, ubwo Perezida w’icyo gihugu Ashraf Ghani yari yamaze guhunga.

Ni amateka yisubiyemo kuko Taliban yafashe ubutegetsi nyuma y’imyaka 20 ibukuweho n’ingabo za Amerika, Abanyamerika batangiye gusubira iwabo ihita ibwisubiza.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yabwiye Taarifa ati “U Rwanda rwemeye mu buryo bw’ibanze icyifuzo cya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe Amerika.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Gusa ibisobanuro birambuye ngo bizatangwa mu gihe kiri imbere uko impande zombi zizagira ibyo zumvikanaho.

Inyandiko z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNHCR, zigaragaza ko uretse impunzi zahahungoiye ari nyinshi, u Rwanda rusanganwe izindi zigera muri 60 zo mu bihugu birimo Afghanistan.

Ibindi bihugu ni Angola, Repubulika ya Centrafrique, Chad, Eritrea, Ethiopia, Guinea, Haiti, Kenya, Somalia na Sudan y’Epfo.

U Rwanda kandi rumaze imyaka itatu rwemeye kwakira impunzi n’abasaba ubuhungiro baturuka muri Libya.

Ku wa Gatandatu nibwo Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken, yatangaje ko hari ibihugu 13 byenmeye kwakira by’igihe gito abantu bagenda bavanwa muri Afghanistan, ni ukuvuga abatujuje ibisabwa bituma bahita batuzwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

- Advertisement -

Ibyo bihugu ni Albania, Canada, Colombia, Costa Rica, Chile, Kosovo, North Macedonia, Mexico, Poland, Qatar, u Rwanda, Ukraine na Uganda.

Hari n’ibindi bihugu 12 byemeye ko bazahanyura mbere y’uko bajyanwa ahandi.

Ibyo ni Bahrain, u Bwongereza, Denmark, u Budage, u Butaliyani, Kazakhstan, Kuwait, Qatar, Tajikistan, Turikiya, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Uzbekistan.

Biheruka gutangazwa ko nibura hari Abanyamerika 15,000 n’abaturage ba Afghanistan babarirwa hagati ya 50,000 na 60,000 bakoranaga bakeneye guhungishwa mu maguru mashya.

Kugeza ku Cyumweru Amerika yari imaze kuvana muri Afghanistan abaturage 28,000, mu gikorwa mu buryo bw’ibanze byatangajwe ko kizageza ku wa 31 Kanama, ndetse ngo gishobora kongerwa.

Ingabo za Amerika zifatanyije n’iz’ibindi bihugu nk’u Budage n’u Bwongereza ni zo zirinze ikibuga cy’indege mu murwa mukuru Kabul.

Kuri iki Cyumweru Amerika yatangaje ko igiye kwifashishwa indege za gisivili mu guhungisha abaturage, nyuma yo gutangaza icyizwe Civil Reserve Air Fleet (CRAF). Ni nyuma y;uko hakoreshwaga indege za gisirikare zitwara imizigo.

Itangazo ryasohowe rivuga ko hagomba gukoreshwa indege 18 zirimo enye za United Airlines; eshatu za American Airlines, Atlas Air, Delta Air Lines na Omni Air n’ebyiri za Hawaiian Airlines.

Ibyo biztauma noneho abasirikare bita ku gucunga ikibuga cy’indege cya Kabul , imbere n’inyuma.

Hagati aho Ingabo z’u Budage zatangaje ko umwe mu bashinzwe umutekano ku kibuga cy’Indege ku ruhande rwa Afghanitan, yaguye mu kurasana kwabaye kuri uyu wa Mbere. Yarashwe n’abantu batahise bamenyekana, naho abandi baturage batatu bakomeretse.

Umuvugizi wa Antonio Guterres, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye – Stéphane Dujarric – yatangaje ko ibihugu byose bibifitiye ubushake bwakwakira impunzi zo muri Afghanistan.

Amerika yanifashishije indege za gisirikare zitwara imizigo, mu guhungisha abantu benshi
Umugore yahisemo guha umwana we Ingabo za Amerika ngo zimuhungishe, we asigara muri Afghanistan
TAGGED:AfghanistanfeaturedKabulTalibanYolande Makolo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu Ziza Imbere Mu Gutuma Abanyarwanda Bamwe Biyahura
Next Article Pfizer Yabaye Urukingo Rwa Mbere Rwa COVID-19 Rwemejwe Burundu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?