Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwifatanyije Na Israel Kwizihiza Umunsi Wayo W’Ubwigenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Israel Kwizihiza Umunsi Wayo W’Ubwigenge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2024 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yifatanyije na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda  Einat Weiss n’abandi bakora muri Ambasade ayoboye kwizihiza  imyaka 76 Israel imaze yigenga.

Iki gihugu cyabonye ubwigenge mu mwaka wa 1948, ubu imyaka ibaye 76.

Abandi bari bari muri uyu muhango ni Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane( Rtd) Gen James Kabarebe, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abahagarariye sosiyete sivile n’abanya Israel batuye mu Rwanda.

Israel yabonye ubwigenge taliki 14, Gicurasi, 1948, butangazwa n’umwe mu ntwari z’iki gihugu witwa David Ben Gourion ari nawe wabaye Perezida wa mbere wacyo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku byerekeye umubano wayo n’u Rwanda, Israel ni igihugu cy’inshuti y’u Rwanda.

N’ikimenyimenyi Perezida wayo witwa Isaac Herzog aherutse mu Rwanda kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30.

Israel ifite Ambasade i Kigali n’u Rwanda rukayigira i Tel Aviv muri Israel.

Hari ibigo byo muri Israel bikorera mu Rwanda no muri Israel hakiga Abanyarwanda benshi bagiye kurahura yo ubumenyi ngo bazagaruke guteza imbere igihugu cyabo.

Perezida Kagame nawe yasuye Israel mu myaka yashize yakirwa n’abayobozi bakuru bayo.

- Advertisement -

Mu kiganiro ba Ambasaderi babiri ba Israel mu Rwanda ari bo Dr. Ron Adam( yacyuye igihe cye) na Einat Weiss bahaye Taarifa mu bihe bitandukanye, bavuze ko igihugu cyabo ari inshuti nziza y’u Rwanda kandi ko bazakorana narwo muri byose.

Ni ubucuti bushingiye ku nzego nyinshi zirimo ubufatanye mu bwirinzi n’umutekano.

Kuva Israel yabona ubwigenge yabaye igihugu gihora mu ntambara yo guharanira kubaho kwacyo kuko ifite abanzi hirya no hino ku isi ariko cyane cyane mu baturanyi bayo.

No muri iyi mpeshyi ingabo zayo ziri mu ntambara na Hamas yatangiye taliki 07, Ukwakira, 2023 ubwo Hamas yagabaga igitero ku  baturage ba Israel ikica 1,200 igatwara bunyago abarenga 200.

Minisitiri w’intebe w’iki gihugu Benyamini Netanyahu aherutse kuvuga ko nta biganiro igihugu cye kizagirana na Hamas ahubwo zizayirimbura yose uko yakabaye.

Ndetse kuri uyu wa Gatatu yabwiye ingabo ze ko zikwiye kwitegura indi ntambara ikomeye na Hezbollah, uyu ukaba undi mutwe uyirwanyiriza mu Majyaruguru yayo aho igabanira na Lebanon.

TAGGED:featuredHamasIsraelNetanyahuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byagabanutse
Next Article Israel Irategura Intambara Yeruye No Kuri Hezbollah
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?