Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwifatanyije Na Israel Kwizihiza Umunsi Wayo W’Ubwigenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Israel Kwizihiza Umunsi Wayo W’Ubwigenge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2024 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yifatanyije na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda  Einat Weiss n’abandi bakora muri Ambasade ayoboye kwizihiza  imyaka 76 Israel imaze yigenga.

Iki gihugu cyabonye ubwigenge mu mwaka wa 1948, ubu imyaka ibaye 76.

Abandi bari bari muri uyu muhango ni Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane( Rtd) Gen James Kabarebe, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abahagarariye sosiyete sivile n’abanya Israel batuye mu Rwanda.

Israel yabonye ubwigenge taliki 14, Gicurasi, 1948, butangazwa n’umwe mu ntwari z’iki gihugu witwa David Ben Gourion ari nawe wabaye Perezida wa mbere wacyo.

Ku byerekeye umubano wayo n’u Rwanda, Israel ni igihugu cy’inshuti y’u Rwanda.

N’ikimenyimenyi Perezida wayo witwa Isaac Herzog aherutse mu Rwanda kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30.

Israel ifite Ambasade i Kigali n’u Rwanda rukayigira i Tel Aviv muri Israel.

Hari ibigo byo muri Israel bikorera mu Rwanda no muri Israel hakiga Abanyarwanda benshi bagiye kurahura yo ubumenyi ngo bazagaruke guteza imbere igihugu cyabo.

Perezida Kagame nawe yasuye Israel mu myaka yashize yakirwa n’abayobozi bakuru bayo.

Mu kiganiro ba Ambasaderi babiri ba Israel mu Rwanda ari bo Dr. Ron Adam( yacyuye igihe cye) na Einat Weiss bahaye Taarifa mu bihe bitandukanye, bavuze ko igihugu cyabo ari inshuti nziza y’u Rwanda kandi ko bazakorana narwo muri byose.

Ni ubucuti bushingiye ku nzego nyinshi zirimo ubufatanye mu bwirinzi n’umutekano.

Kuva Israel yabona ubwigenge yabaye igihugu gihora mu ntambara yo guharanira kubaho kwacyo kuko ifite abanzi hirya no hino ku isi ariko cyane cyane mu baturanyi bayo.

No muri iyi mpeshyi ingabo zayo ziri mu ntambara na Hamas yatangiye taliki 07, Ukwakira, 2023 ubwo Hamas yagabaga igitero ku  baturage ba Israel ikica 1,200 igatwara bunyago abarenga 200.

Minisitiri w’intebe w’iki gihugu Benyamini Netanyahu aherutse kuvuga ko nta biganiro igihugu cye kizagirana na Hamas ahubwo zizayirimbura yose uko yakabaye.

Ndetse kuri uyu wa Gatatu yabwiye ingabo ze ko zikwiye kwitegura indi ntambara ikomeye na Hezbollah, uyu ukaba undi mutwe uyirwanyiriza mu Majyaruguru yayo aho igabanira na Lebanon.

TAGGED:featuredHamasIsraelNetanyahuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byagabanutse
Next Article Israel Irategura Intambara Yeruye No Kuri Hezbollah
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?