Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwifatanyije Na Israel Kwizihiza Umunsi Wayo W’Ubwigenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Israel Kwizihiza Umunsi Wayo W’Ubwigenge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2024 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yifatanyije na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda  Einat Weiss n’abandi bakora muri Ambasade ayoboye kwizihiza  imyaka 76 Israel imaze yigenga.

Iki gihugu cyabonye ubwigenge mu mwaka wa 1948, ubu imyaka ibaye 76.

Abandi bari bari muri uyu muhango ni Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane( Rtd) Gen James Kabarebe, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abahagarariye sosiyete sivile n’abanya Israel batuye mu Rwanda.

Israel yabonye ubwigenge taliki 14, Gicurasi, 1948, butangazwa n’umwe mu ntwari z’iki gihugu witwa David Ben Gourion ari nawe wabaye Perezida wa mbere wacyo.

Ku byerekeye umubano wayo n’u Rwanda, Israel ni igihugu cy’inshuti y’u Rwanda.

N’ikimenyimenyi Perezida wayo witwa Isaac Herzog aherutse mu Rwanda kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30.

Israel ifite Ambasade i Kigali n’u Rwanda rukayigira i Tel Aviv muri Israel.

Hari ibigo byo muri Israel bikorera mu Rwanda no muri Israel hakiga Abanyarwanda benshi bagiye kurahura yo ubumenyi ngo bazagaruke guteza imbere igihugu cyabo.

Perezida Kagame nawe yasuye Israel mu myaka yashize yakirwa n’abayobozi bakuru bayo.

Mu kiganiro ba Ambasaderi babiri ba Israel mu Rwanda ari bo Dr. Ron Adam( yacyuye igihe cye) na Einat Weiss bahaye Taarifa mu bihe bitandukanye, bavuze ko igihugu cyabo ari inshuti nziza y’u Rwanda kandi ko bazakorana narwo muri byose.

Ni ubucuti bushingiye ku nzego nyinshi zirimo ubufatanye mu bwirinzi n’umutekano.

Kuva Israel yabona ubwigenge yabaye igihugu gihora mu ntambara yo guharanira kubaho kwacyo kuko ifite abanzi hirya no hino ku isi ariko cyane cyane mu baturanyi bayo.

No muri iyi mpeshyi ingabo zayo ziri mu ntambara na Hamas yatangiye taliki 07, Ukwakira, 2023 ubwo Hamas yagabaga igitero ku  baturage ba Israel ikica 1,200 igatwara bunyago abarenga 200.

Minisitiri w’intebe w’iki gihugu Benyamini Netanyahu aherutse kuvuga ko nta biganiro igihugu cye kizagirana na Hamas ahubwo zizayirimbura yose uko yakabaye.

Ndetse kuri uyu wa Gatatu yabwiye ingabo ze ko zikwiye kwitegura indi ntambara ikomeye na Hezbollah, uyu ukaba undi mutwe uyirwanyiriza mu Majyaruguru yayo aho igabanira na Lebanon.

TAGGED:featuredHamasIsraelNetanyahuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byagabanutse
Next Article Israel Irategura Intambara Yeruye No Kuri Hezbollah
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?