Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ububi Bw’Itabi Bugera No Mu Kwangiza Uruhu Rukagira Amabara Asa N’Amagaramba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Ububi Bw’Itabi Bugera No Mu Kwangiza Uruhu Rukagira Amabara Asa N’Amagaramba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2024 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu bihe no mu buryo butandukanye, Minisiteri y’ubuzima ikunze gusaba Abanyarwanda kureka itabi kuko ryica ubuzima mu buryo bwinshi. Ububi bw’itabi ntibugarukira mu gutera abantu kanseri n’uburemba, ahubwo rizamurira umunywi waryo ibyago byo kurwara indwara ituma uruhu rugira amabara mabi ameze nk’amagaragamba bita psoriasis.

Iyi ndwara ntiyandura kandi ntiyica ariko nanone itera ipfunwe uyirwaye kuko ituma uruhu rutakaza ubwiza, rugasa n’uruvuvuka kandi rukagira amabara agaragara nabi mu maso ya benshi.

Abaganga bavuga ko bimwe mu bitera abantu kurwara iyi ndwara harimo uturango ndangasano( genes) abantu baba bakomora kubababyaye ariko nanone hakaba ibindi bintu bizamura ibyago byo kuyirwara cyangwa kuyigaragaza cyane( ku wanyanduye) birimo kunywa itabi no kunywa inzoga ndetse no guhangayika.

Dr. Alice Amani Uwajeni ukora mu ihuriro nyarwanda ry’abarwayi n’abavuzi ba psoriasis akaba asanzwe ari umuganga w’indwara z’uruhu avuga ko ubusanzwe uruhu rw’umuntu ruhindura isura buri minsi 21.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uko guhinduka guterwa ahanini no gukaraba kugira ngo umuntu akureho icyo abantu bita imbyiro kandi ubusanzwe imbyiro ni ibyuya biba byasohowe n’umubiri bigaca mu twengehu, umubiri w’umuntu ugahumeka.

Ku muntu urwaye psoriasis rero uruhu rwe ruhindura amabara buri minsi itatu.

Iyi mihindagurikire ya hato na hato iri mu bituma ruhorana amabara atandukanye kandi agaragara nabi.

Mu kiganiro abagize Ihuriro ry’abarwayi n’abavura iriya ndwara ryitwa Rwanda Psoriasis And Psoriatic Arthritis Association bahaye itangazamakuru kuri iki Cyumweru bavuze ko n’ubwo iyi ndwara itandura, ikibazo ari uko uyirwaye ahezwa  cyangwa akiheza bikiyongraho ko n’imiti yayo ihenze.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko abaganga bayo ari bake kuko n’abavura indwara z’uruhu muri rusange nabo ari mbarwa.

- Advertisement -

Mu Rwanda abaganga nk’aba bari mu kazi ni abantu 13 undi umwe yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Ku bw’amahirwe, hari abandi bari kwiga ngo bazaze bafashe abo bari mu kazi.

Dr Uwajeni asaba abantu kudaha akato abafite ubu burwayi kandi nabo bakitabira kwivuza hakiri kare.

Ati: “ Iyi ni indwara iri chronic, bivuze ko ikira ariko ikongera ikagaruka. Niyo mpamvu dusaba abantu kwisuzumisha hakiri kare kandi bakirinda ibintu bituma uburwayi bukomera birimo kunywa itabi n’inzoga, bakirinda umuhangayiko kuko nawo twasanze utuma uruhu rw’umuntu rutakaza umwimerere warwo”.

Umwe mu barwaye iyi ndwara kera kuko ayimaranye imyaka 33 witwa Gérald Rugambwa avuga ko kunywa neza imiti no kwirinda inzoga n’itabi byamufashije kuko nta burwayi bw’iyo ndwara akigaragaza cyane.

Kuri we, ni ngombwa ko abantu basobanukirwa ibyayo, bakibuka ko igihe cyose ku mubiri wabo hagaragaye amabara adasanzweho, baba bagomba kujya kubaza muganga, akabasuzuma hakiri kare.

Nk’uko bisanzwe ku zindi ndwara, kwivuza Psoriasis kare biyigabanyiriza ubukana, bigahesha uyirwaye amahirwe y’uko itamuzahaza bityo ndahezwe mu bandi kubera uko uruhu rwe rusa.

Iyi ndwara ifata ibice bitandukanye by’umubiri birimo inzira, amano n’intoki, amatako n’amaboko ndetse n’uruhu rwo ku gihimba.

Bitewe n’ubukana bwayo, abayirwaye bakunze guhabwa akato cyangwa bakakiha kuko baba babona ko uruhu rwabo ari igisebo kuri bo.

Ntiryana kandi ntiyica ariko ibangamira nyirayo kuko imugaragaza nabi kandi no kuyivuza mu gihe yakuze bigahenda.

Imwe mu miti yayo irenza Frw 100,000.

Mu mwaka wa 2014 mu Nama nkuru y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima hanzuriwemo ko ibihugu byose biwugize bikwiye gushyiraho ingamba zo guhangana na psoriasis.

Byasabwe ko izo ngamba zigomba kuba zigamije kurinda ko abayirwaye bahezwa kubera yo ahubwo zikaza ari izo kubafasha kugera ku miti.

TAGGED:AbagangafeaturedUruhu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imirimo Imwe Ya EAC Yaradindiye Kubera Ingengo Y’Imari Nkene
Next Article Nyanza: Umusaza Akurikiranyweho Gusambanya Umwana W’Umuhungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?