Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ububi Bw’Itabi Bugera No Mu Kwangiza Uruhu Rukagira Amabara Asa N’Amagaramba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Ububi Bw’Itabi Bugera No Mu Kwangiza Uruhu Rukagira Amabara Asa N’Amagaramba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2024 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu bihe no mu buryo butandukanye, Minisiteri y’ubuzima ikunze gusaba Abanyarwanda kureka itabi kuko ryica ubuzima mu buryo bwinshi. Ububi bw’itabi ntibugarukira mu gutera abantu kanseri n’uburemba, ahubwo rizamurira umunywi waryo ibyago byo kurwara indwara ituma uruhu rugira amabara mabi ameze nk’amagaragamba bita psoriasis.

Iyi ndwara ntiyandura kandi ntiyica ariko nanone itera ipfunwe uyirwaye kuko ituma uruhu rutakaza ubwiza, rugasa n’uruvuvuka kandi rukagira amabara agaragara nabi mu maso ya benshi.

Abaganga bavuga ko bimwe mu bitera abantu kurwara iyi ndwara harimo uturango ndangasano( genes) abantu baba bakomora kubababyaye ariko nanone hakaba ibindi bintu bizamura ibyago byo kuyirwara cyangwa kuyigaragaza cyane( ku wanyanduye) birimo kunywa itabi no kunywa inzoga ndetse no guhangayika.

Dr. Alice Amani Uwajeni ukora mu ihuriro nyarwanda ry’abarwayi n’abavuzi ba psoriasis akaba asanzwe ari umuganga w’indwara z’uruhu avuga ko ubusanzwe uruhu rw’umuntu ruhindura isura buri minsi 21.

Uko guhinduka guterwa ahanini no gukaraba kugira ngo umuntu akureho icyo abantu bita imbyiro kandi ubusanzwe imbyiro ni ibyuya biba byasohowe n’umubiri bigaca mu twengehu, umubiri w’umuntu ugahumeka.

Ku muntu urwaye psoriasis rero uruhu rwe ruhindura amabara buri minsi itatu.

Iyi mihindagurikire ya hato na hato iri mu bituma ruhorana amabara atandukanye kandi agaragara nabi.

Mu kiganiro abagize Ihuriro ry’abarwayi n’abavura iriya ndwara ryitwa Rwanda Psoriasis And Psoriatic Arthritis Association bahaye itangazamakuru kuri iki Cyumweru bavuze ko n’ubwo iyi ndwara itandura, ikibazo ari uko uyirwaye ahezwa  cyangwa akiheza bikiyongraho ko n’imiti yayo ihenze.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko abaganga bayo ari bake kuko n’abavura indwara z’uruhu muri rusange nabo ari mbarwa.

Mu Rwanda abaganga nk’aba bari mu kazi ni abantu 13 undi umwe yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Ku bw’amahirwe, hari abandi bari kwiga ngo bazaze bafashe abo bari mu kazi.

Dr Uwajeni asaba abantu kudaha akato abafite ubu burwayi kandi nabo bakitabira kwivuza hakiri kare.

Ati: “ Iyi ni indwara iri chronic, bivuze ko ikira ariko ikongera ikagaruka. Niyo mpamvu dusaba abantu kwisuzumisha hakiri kare kandi bakirinda ibintu bituma uburwayi bukomera birimo kunywa itabi n’inzoga, bakirinda umuhangayiko kuko nawo twasanze utuma uruhu rw’umuntu rutakaza umwimerere warwo”.

Umwe mu barwaye iyi ndwara kera kuko ayimaranye imyaka 33 witwa Gérald Rugambwa avuga ko kunywa neza imiti no kwirinda inzoga n’itabi byamufashije kuko nta burwayi bw’iyo ndwara akigaragaza cyane.

Kuri we, ni ngombwa ko abantu basobanukirwa ibyayo, bakibuka ko igihe cyose ku mubiri wabo hagaragaye amabara adasanzweho, baba bagomba kujya kubaza muganga, akabasuzuma hakiri kare.

Nk’uko bisanzwe ku zindi ndwara, kwivuza Psoriasis kare biyigabanyiriza ubukana, bigahesha uyirwaye amahirwe y’uko itamuzahaza bityo ndahezwe mu bandi kubera uko uruhu rwe rusa.

Iyi ndwara ifata ibice bitandukanye by’umubiri birimo inzira, amano n’intoki, amatako n’amaboko ndetse n’uruhu rwo ku gihimba.

Bitewe n’ubukana bwayo, abayirwaye bakunze guhabwa akato cyangwa bakakiha kuko baba babona ko uruhu rwabo ari igisebo kuri bo.

Ntiryana kandi ntiyica ariko ibangamira nyirayo kuko imugaragaza nabi kandi no kuyivuza mu gihe yakuze bigahenda.

Imwe mu miti yayo irenza Frw 100,000.

Mu mwaka wa 2014 mu Nama nkuru y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima hanzuriwemo ko ibihugu byose biwugize bikwiye gushyiraho ingamba zo guhangana na psoriasis.

Byasabwe ko izo ngamba zigomba kuba zigamije kurinda ko abayirwaye bahezwa kubera yo ahubwo zikaza ari izo kubafasha kugera ku miti.

TAGGED:AbagangafeaturedUruhu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imirimo Imwe Ya EAC Yaradindiye Kubera Ingengo Y’Imari Nkene
Next Article Nyanza: Umusaza Akurikiranyweho Gusambanya Umwana W’Umuhungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?