Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ububiligi: Pierre Basabose Na Twahirwa Séraphin Bakatiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ububiligi: Pierre Basabose Na Twahirwa Séraphin Bakatiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 December 2023 9:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’igihe kirekire urubanza rw’abagabo babiri bakurikiranyweho Jenoside yakorewe Abatutsi rubera mu Bubiligi,  rwaraye rukaswe.  Urukiko rwa rubanda rw’Ububiligi rwategetse ko Twahirwa Séraphin wiswe Kihebe afungwa burundu n’aho Pierre Basabose washinjwe ibyaha bya Jenoside ahanishwa kutidegembya.

Kutidegembya kwa  Basabose gusobanuye ko atajyanwa muri gereza akajya yitabwaho n’abaganga, kubera ibibazo by’uburwayi ariko ntagire uburenganzira bwo kugira aho ajya, ndetse akazajya aba ari mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Basabose yahamijwe ibyaha bya Jenoside, Ubushinjacyaha bukaba bwari bwamusabiye igihano cy’imyaka 25.

Twahirwa we yahamijwe ibyaha bya Jenoside, ibyaha by’intambara, kwica yabigambiriye no kurongora abagore ku ngufu, maze akatirwa igihano cya burundu kandi akaba aricyo ubushinjacyaha bwari bwamusabiye.

Urukiko rwa rubanda rw’u Bubiligi rumaze iminsi rwumva inyangamugayo zisoma ingingo zitandukanye bishingirwaho mu gucira urubanza ukekwaho ibyaha runaka.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 22, Ukuboza, 2023, nibwo rwatangaje umwanzuro warwo kuri abo bombi.

Twahirwa na Basabose bari bamaze hafi amezi atatu baburana ku byaha bashinjwaga birimo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi  n’ibyaha by’intambara, gufata abagore ku ngufu n’ibindi.

Kuri Twahirwa hiyongeraho icyaha cyo gufata abagore ku ngufu ndetse no gushishikariza Interahamwe gufata abagore ku ngufu.

Umushinjacyaha yasobanuye uko bombi bagize uruhare mu gutoranya abagombaga kujya mu nterahamwe, gukwirakwiza intwaro mu Nterahamwe, gufatanya na zo mu kwica Abatutsi, gutera inkunga Interahamwe haba mu buryo bw’amafaranga ndetse n’ibindi bikoresho no gushyiraho za bariyeri.

Hari kandi Abatutsi benshi Twahirwa yishe ku giti cye, akabica abarashe.

Bamwe mu bafashwe ku ngufu batanze ubuhamya bagaragaza ubugome Twahirwa yari afite mu guhemukira Abatutsikazi kuko yabagabizaga Interahamwe ngo zibasambanye.

Umushinjacyaha yavuze ko Pierre Basabose aza ku mwanya wa 2 mu bantu bari bafashe imigabane myinshi muri Radio RTLM, akaba yagize uruhare rukomeye mu kubiba urwango ndetse no gushishikariza Abahutu kwica Abatutsi, aho yatanzemo ibihumbi 600 by’amafaranga y’u Rwanda( uyagereranyije n’ubu ashobora kurenga Miliyoni Frw 600) utabariyemo imigabane yafatiye abana be.

Ibyaha byakozwe n’abaregwa ngo byagize ingaruka zikomeye ku babikorewe, zirimo imiryango yazimye, abasigaye ari impfubyi, abandujwe indwara zikomeye ndetse n’abafite ubumuga bukomeye bakomora ku byo bakorewe.

Umwe mu bunganira abaregeye indishyi muri uru rubanza, Me André Karongozi avuga ko Urukiko rwa Rubanda rw’i Bruxelles ari ubwa mbere ruhamije ibyaha abakekwaho Jenoside.

Avuga ko mu manza z’abakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi zaburanishirijwe mbere mu Bubiligi, babaga baregwa ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyoko muntu gusa.

Icyakora ngo urwabaye muri 2019 rwa Neretse Fabien narwo rwari urwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hari umunyamategeko witwa  Me Karongozi yabwiye itangazamakuru ko uru rubanza rusize andi mateka, kuko mu zindi manza nta hantu urukiko rwo mu Bubiligi rwahamije abaregwa ibyaha bakoze mbere ya taliki 7, Mata, 1994.

Bombi bahaniwe ibyaha bakoze kuva muri Mutarama kugeza Jenoside itangiye taliki 7, Mata 1994.

Ibyo byaha bihera igihe Martin Bucyana wari Perezida  CDR yicwaga noneho mu gihugu hose, cyane cyane i Gikondo abantu bakazira akarengane ko ari bo bamwishe  kandi yaguye mu nzira z’i Butare.

Martin Bucyana wayoboraga CDR

Nyuma y’umwiherero, umushinjacyaha ubwo yavugaga ibihano byahabwa aba bombi, yari yavuze ko Twahirwa amusabira gufungwa burundu, naho Basabose amusabira gufungwa imyaka 25, ariko avuga ko Urukiko ruzareba ubuzima bwe rukagena igihano harimo no kuba yafungirwa (yacungirwa) iwe.

 

TAGGED:BasabosefeaturedJenosideTwahirwaUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto Y’Abanyarwandakazi Bambaye Colonel Yatangajwe
Next Article Iyi Ntambara Ntizahagarara Tutarimbuye Hamas- Netanyahu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?