Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuhinde: Abaturage Bagiye Gutora Mu Bushyuhe Burenga 40C
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubuhinde: Abaturage Bagiye Gutora Mu Bushyuhe Burenga 40C

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2024 11:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu gace ka Gujarat mu Buhinde bazindukiye mu matora y’Umukuru w’igihugu ariko mu bushyuhe bugera kuri 40C.

Si muri Gujarat gusa ahubwo n’ahandi bazindutse mu cyakare ngo batore izuba ritarakamba.

Ubuhinde nibwo gihugu cya mbere gituwe n’abaturage benshi kurusha ibindi ku isi.

Mbere Ubushinwa nibwo bwari igihugu cya mbere gituwe n’abaturage benshi.

Amatora mu Buhinde aba nyuma ya buri myaka y’imyaka itanu hagati ya Mata na Gicurasi.

Kuri iyi nshuro abaturage bari gutorera mu kirere kimeze nabi cyane kubera ubushyuhe bukabije.

Ubu bushyuhe buherutse no gutuma Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu agwa kubera isereri.

Icyo gihe yari yagiye kwamamaza umukandida ashyigikiye mu Ntara ya Maharashtra.

Mu mujyi wa Kolkata ho hari ubushyuhe bugera kuri 43C.

Mu Buhinde ndetse hari umukozi wa Televiziyo uherutse gupfa azize kubura amazi mu maraso.

Byaje gutangazwa ko byatewe ni uko mu cyumba yakoreragamo akazi icyuma cyahatangaga umwuka ukonje cyari cyapfuye.

Mu ntangiriro za Gicurasi, 2024 ikigo gishinzwe iteganyagihe cyo mu Buhinde cyabanje kuburira abaturage ko ikirere cy’igihugu cyabo kizashyuha cyane.

Mu Murwa mukuru New Delhi ho hari ubushyuhe bwa 49C.

Umwe mu baturage bahoze bayobora Komisiyo y’amatora mu Buhinde witwa N Gopalaswami aherutse kuvuga kubwira India Today ko ubushyuhe bukabije aribwo bwatumye ubwitabire bw’abatoye buba buke.

Ubuhinde bufite ubuso bwa kilometero kare 3,287,263, bukaba butuwe n’abantu 1,428,627,663 nk’uko ibarura ryo mu mwaka wa 2023 ribivuga.

TAGGED:AmatoraBuhindefeaturedUbushyuhe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatuye Ku Muhima Bavuga Ko Hari Umukire Wabafungiye Inzira
Next Article Kagame Yasabye Urubyiruko Kudapfusha Ubusa Ubuto Bwaryo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?