Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 May 2025 11:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ibihugu byombi biri kurebana ay'ingwe.
SHARE

I New Delhi mu Murwa mukuru w’Ubuhinde no muri Islamabad mu murwa mukuru wa Pakistan haraganirwa intambara ikomeye ishobora kurota hagati y’ibihugu byombi niba nta rutangira ibayeho.

Minisitiri w’Intebe wa Pakistan witwa Shehbaz Sharif avuga ko igihugu cye kihimuye ku gitero Ubuhinde buherutse kukigabaho binyuze mu guhanura indege zabwo, icyakora i New Delhi barabihakana.

Pakistan ivuga ko yabikoze yihimura ku gitero Ubuhinde bwayigabyeho mu masaha yatambutse bigahitana abantu bayo 31 abandi 57 barakomereka mu gitero cyagabwe ahitwa Kashmir.

Ubuhinde nabwo buvuga ko abaturage babwo 15 bishwe n’igitero cya Pakistan cyagabwe ku butaka bwayo ku gice cya Kashmir.

Buvuga ko bwagabye igitero kuri Pakistan bwihimura ku bisasu iki gihugu cyarashe bikica ba mukerarugendo b’Abahinde bari basuye ahitwa Pahalgam muri Mata, ibintu Islamabad ihakana.

Intambara hagati y’ibi bihugu ishingiye ku ngingo y’uko byose bivuga ko Intara ya Kashmir ari iyabyo kandi mu buryo bwuzuye

Kashmir ni agace kaba mu Mujyaruguru yo hejuru cyane mu Buhinde.

Rwagati mu Kinyejana cya 19, Kashmir yari ikibaya kinini cyagabanyaga Imisozi miremire ya Himalaya n’indi ya Pir Panjal.

Uko iminsi yatambukaga ni uko aho hantu hagutse hafatanya ibice by’Ubuhinde bya Jammu na Kashmir n’ibice bya Pakistan biri ahitwa Azad Kashmir na Gilgit-Baltistan hakiyongeraho n’igice cy’Ubuhinde kiri ahitwa Aksai Chin n’ahitwa Trans-Karakoram Tract.

Muri iki gihe bivugwa ko igice kinini cya Kashmir kiyoborwa n’Ubuhinde naho 1/3 kikaba mu buyobozi bwa Pakistan.

Itangazamakuru ryabyinjiyemo…

Itangazamakuru ryabifashemo uruhande(Ifoto@BBC).

Ibinyamazakuru ryo muri ibi bihugu byombi biri kwandika bisa n’ibifana uruhande rwa buri gihugu.

Muri Pakistan banditse ko ibyo ingabo z’igihugu cyabo zakoze neza mu kwihimura kubyo Abahinde babakoreye.

Ikinyamakuru Pakistan Observer kivuga ko ingabo zabo ari intwari kubera ko zagereye umwanzi mu kebo yazigereyemo.

Mu Buhinde hari ikinyamakuru gikunzwe n’abaturage bize kitwa Hindustan Times nacyo kuri uyu wa Gatatu cyashimye ubutwari bw’ingabo.

The Daily Times cyo muri Pakistan nacyo kivuga ko abagaba bakuru b’ingabo z’iki gihugu bagize neza ubwo bemereraga ingabo kwivuna umwanzi.

The Economic Times cyo mu Buhinde kivuga ko kurasa kuri Pakistan ari ukwihimura ku bitero byayo byasenye ibikorwaremezo byinshi kandi bigasiga bikuye abaturage benshi umutima.

TAGGED:IgisirikareIngaboPakistanUbuhinde
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?
Next Article Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?