Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubundi Bwicanyi Bukomeye Muri Amerika: Yishe 22 Abarashe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubundi Bwicanyi Bukomeye Muri Amerika: Yishe 22 Abarashe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2023 9:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Amerika haravugwa inkuru y’umugabo waraye asanze abantu benshi hamawe abarasira mu kivungue yicamo abantu 22 akomeretsa abandi bagera kuri 60.

Polisi yo muri Leta ya Maine ari n’aho byabereye ivuga ko amakuru y’ibanze bafite kuwo bakeka ko ari we wakoze biriya ari uko yahoze ari umusirikare mu ngabo z’Amerika ndetse watozaga abandi ibyo kurasa.

Ukekwa yitwa Robert Card akaba afite imyaka 40 y’amavuko.

Akomoka ahitwa Bowdoin muri Leta ya Maine, ni Umuzungu.

Card yasanze abantu bari gufata amafunguro abarasa akoresheje imbunda isanzwe ari iy’abasirikare ba Amerika yitwa AR-15.

Umwe mu bapolisi bakuru bo muri Leta ya Maine yaburiye abantu kwirinda kwegera Robert Card kuko ari mubi, kandi afite ubugome bwinshi.

Yabagiriye inama yo kumuhungira kure.

Polisi iri kumuhigisha uruhindu kuko abapolisi bari gusaka inzu ku yindi ari nako kajugujugu zabo ziri mu kirere zicunga ko hari aho zabona Card.

Ibitaro byo muri Maine byitabajwe ngo bivure abakomeretse babarirwa hagati aya 50 na 60 kandi n’imirambo y’abapfuye iruhukiye muri ibyo bitaro.

Ubwicanyi bukorewe mu kivunge bukozwe n’abitwaje intwaro bumaze kuba ikibazo gisa n’icyamenyerewe muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Polisi ya Maine ivuga ko iri bushirwe ari uko ifashe Robert Card

Abanyamerika bicana barasanye kurusha uko biba ahandi aho ari ho hose ku isi.

Mu mwaka wa 2021 hari umusore w’imyaka 18 wishe abantu 21. Byabereye muri Leta ya Texas.

Si we gusa ahubwo kuko taliki 05, Kamena, 2022 muri Leta Philadelphia, USA, umuntu yarasiye abandi mu ruhame, babiri bahasiga ubuzima bandi 20 barakomereka cyane.

Polisi yo muri Philadelphia yatangaje ko byabereye aho  imihanda ibiri yitwa Third and South Streets ihurira.

Barindwi mu bakomeretse bajyanywe mu bitaro byitiriwe uwabaye Perezida wa gatatu w’Amerika witwa Thomas Jefferson.

Leta z’Amerika zikunze kugaragarwamo ubwicanyi ni Alabama, Louisiana, Michigan, Tennessee, Arkansas, Ohio, Wisconsin, Georgia, Illinois na Maryland.

TAGGED:AbarasheAbaturageAmerikafeaturedImbundaUbwicanyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yabwiye Abayobozi Ibyaha Abashakanye Bababarirana Imbere Y’Amategeko
Next Article Israel Iri Kureba Aho Yakongera Imbaraga Mu Buhinzi Bw’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?