Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburasirazuba Nibwo Bufite Abanyarwanda Benshi Biyahura, Nyagatare Ni Iya Mbere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uburasirazuba Nibwo Bufite Abanyarwanda Benshi Biyahura, Nyagatare Ni Iya Mbere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2022 5:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Thierry B.Murangira avuga ko mu gihe kingana n’umwaka, ni ukuvuga guhera muri Nyakanga, 2020 kugeza muri Kamena, 2021, Abanyarwanda 285 biyahuye.

Ubusanzwe kwiyahura ni ikibazo gishobora kugera ku bantu bose uko baba barakuze cyangwa uko babayeho kose.

N’ubwo hagati ya 2020 kugeza muri 2021 abantu biyahuye ari 285, imibare yari yaratangajwe n’ubugenzacyaha mbere y’aho ni ukuvuga hagati y’umwaka wa 2019 n’umwaka wa 2020 wagezaga ku bantu 579.

Umuvugizi w’Urwego rw’ubugenzacyaha Dr. Thierry B Murangira avuga ko ubusanzwe kwiyahura ari uburyo runaka umuntu akoresha ngo ashyire iherezo ku buzima bwe.

Avuga ko mu rwego rw’amategeko, kwiyahura atari icyaha ahubwo ngo biba icyaha iyo hari uwabishishikarije undi.

Biba icyaha nanone iyo hari uwafashije uwiyahuye kugera ku kifuzo cye  cyangwa uwatumye undi muntu yiyahura kubera kumutoteza cyangwa kumuhoza ku nkeke ‘agamije ko yiyahura.’

Dr. B.Murangira ati: “ Aho rero niho ubugenzacyaha buzamo buje kureba niba mu kwiyahura k’uwo muntu nta wundi waba wabigizemo uruhare.”

Dr Anne Bamukunde wo muri RBC avuga ko iyo umuntu agiye kwiyahura, aba yageze ku rwego yumva ko ‘gupfa bimurutira kubaho.’

Ati: “ Akenshi bituruka ku mateka y’umuntu, ihohoterwa yaciyemo, ibabazwa ryo ku mutima no k’umubiri, gufatwa ku ngufu, ingaruka za Jenoside cyangwa andi marorerwa yabonye n’ibindi.”

Kuri we, ngo ntabwo umuntu abyuka mu gitondo ngo afate umwanzuro wo kwiyahura.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Dr. B Murangira yabwiye RBA ko iyo babonye ubutumwa umuntu wiyahuye yasize yanditse, babanza kureba ikiburimo ariko ngo ubwo ari bwo bwose bufasha mu iperereza.

Ati: “ Hari usiga yanditse impamvu yakoze icyo yakoze. Nibwo rero ureba niba yarabikoze kubera ihohorwa akavuga ko yiyahuye arambiwe kuba umutwaro w’umuryango kubera indwara runaka yari arwaye n’ibindi.”

Icyakora ngo hari uburyo umuntu uziyahura aba ashobora gufashwamo.

Bikorwa iyo akiri ku rwego rubanza. Ni urwo abahanga bita ‘tentative’.

Ni hahandi umuntu aba avuga ko atangiye kumva ko ntacyo amaze, avuga ko yatangiye kuba umutwaro ku bantu.

Ibi byemezwa na Dr Sebuhoro Celestin umuhanga mu buzima no mu buvuzi bw’indwara zo mu mutwe.

Dr Sebuhoro avuga ko kimwe mu bintu bizakwereka ko umuntu runaka ari mu nzira imuganisha k’ukwiyahura ari uko uzabona nta kintu kikimushimisha, ndetse n’isuku yakoreraga umubiri we ntabe acyiyikora.

Ikibazo ariko ngo ni uko umuntu ufite ibyo bibazo, ataza ngo abibwire undi mu buryo bweruye, ahubwo ngo abica ku ruhande.

Kubimenya rero bisaba kumwumva no kumwitegereza.

Ibitera abantu kwiyahura ariko ngo bishobora no kuza bihutiyeho.

Dr Sebuhoro yatanze urugero nk’urw’umuntu wari usanzwe ufite akazi keza akajya kubona akabona karahagaze.

Undi ushobora guhura n’iki kibazo ni umuntu wari wifashije afite amikoro agakena cyangwa agatakaza urugingo rw’umubiri kandi yari asanzwe akora akitunga we n’abe.

Ati: “ Ikintu cyose umuntu yasaga n’aho ashingiyeho ubuzima bwe kikigenda mu gihe gito gishobora gutuma yumva yakwiyahura.”

Uretse ibi bimenyetso biterwa n’ikintu gitunguranye, hari n’ibindi bikura gahoro gahoro akenshi biterwa n’indwara yitwa ‘Agahinda Gakabije’.

Iperereza rya RIB ryo rivuga ko uburwayi bwo mu mutwe ari bwo buza ku isonga mu gutuma  Abanyarwanda biyahura.

Ku mwanya wa kabiri, abiyahura babiterwa n’ipfunwe ry’icyaha cy’ubugome bakoze bwabateye kumva ko ibyiza ari ko n’abo bakwiyahura bigahuriramo.

Amakimbirane yo mu ngo nayo aza ku mwanya wa gatatu ndetse n’ibiyobyabwenge bigira uruhare mu kwiyahura.

Amadeni n’igihombo gikabije nabyo ngo basanze bituma hari abiyahura, kuko bananiwe kwakira ubuzima bushya bujyanye no guhomba cyangwa amadeni menshi.

Abagabo  nibo biyahura cyane kurusha abagore kuko bafite 82% by’Abanyarwanda biyahura n’aho abagore ni 18%.

Abanyarwanda benshi biyahura bimanitse mu mugozi, abandi bakinaga mu mazi n’ abandi bagasimbuka inyubako ndende.

Intara y’i Burasirazuba niyo irimo Abanyarwanda benshi biyambura ubuzima kuko bihariye 29%.

Nyuma hakurikiraho Intara y’i Burengerazuba ifite 23%,  nyuma haza Intara y’Amajyaruguru ifite 19% hagakurikiraho Intara y’Amajyepfo ifite 18 % hanyuma Umujyi wa Kigali ukaba uwa nyuma ufite ijanisha rya 11%.

Akarere ka mbere mu Rwanda karimo abaturage biyahura ni Akarere ka Nyagatare, hagakurikiraho Akarere ka Gasabo, hagakurikiraho Akarere ka Gicumbi, hagakurikiraho Akarere ka Rutsiro nyuma hakaza Akarere ka Gatanu ari ko ka Karongi.

TAGGED:AbanyarwandaKwiyahuraMurangiraNyagatareRBARBCUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ndimbati Yasabiwe Gufungwa Imyaka 25
Next Article Abanyarwanda Bazi Siyansi Bakunze Kugorwa No Kuyisobanura Mu Ndimi Z’Amahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?