Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburusiya Bushobora Kwinjira Mu Ntambara Ya Iran Kubera Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Uburusiya Bushobora Kwinjira Mu Ntambara Ya Iran Kubera Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2025 1:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Putin.
SHARE

*Amerika yahaye Iran amasaha 48 ngo imanike amaboko

*Iran ntibikozwa

*Putin ashobora kwinjira muri iyi ntambara

UBURASIRAZUBA bwo Hagati bwahoze kandi kugeza n’ubu buracyari ahantu hakunze kubera intambara. Iri kuharwanwa muri iki gihe irakomeye kuko ari bwo bwa mbere mu mateka Israel irwanye na Iran imbonankubone.

Iminsi ibaye itanu iyi ntambara itangiye, ikaba ariko yari imaze igihe kirekire inugwanugwa bitewe ahanini n’uko Israel yarwanaga n’abashyigikiye Iran ari bo Hezbollah yabaga muri Lebanon, Hamas muri Gaza ndetse n’aba Houthis bo muri Yemen.

Ku ikubitiro, Israel yarwanye na Hamas bapfa igitero uyu mutwe wayigabyeho tariki 07, Ukwakira, 2023 kikica abantu 1,200 abandi 250 bakajyanwa bunyago.

Intambara yakurikiyeho, n’ubu ikaba igikomeje, yatumye Gaza ihinduka umusaka ku buryo ibyayo bitazongera kuba nk’uko byahoze ukundi.

Bidatinze mu mwaka wa 2024, Israel yagabye igitero wakwita icy’ikikoranabuhanga ibikora binyuze mu guturitsa ibikoresho byari biteze mu bintu wagereranya na telefoni abayobozi ba Hezbollah na bamwe mu bo muri Iran bagendanaga byica benshi abandi bibasiga ari ibisenzegeri.

Kubera ko ibyo bikoresho byari iby’itumanaho, kubisenya byahaye ingabo za Israel uburyo bwo gutangiza intambara muri Lebanon igamije gukuraho ubutegetsi bwaterwaga inkunga na Hezbollah.

Ibi byakorweraga icyarimwe n’ibitero kuba Houthis, uyu munsi bikagabwa na Israel, ejo bikagabwa na Amerika, gutyo gutyo.

Ntibyatinze, hatangira ibitero bikomeye byo kwica abayobozi ba Hamas, aba Hezbollah n’abandi bo muri Iran.

Tariki 27, Ukwakira, 2024 nibwo Ismaël Hanniyeh wayoboraga Hamas yiciwe mu birori yari yajemo muri Iran ubwo Perezida wayo witwa Massoud Pezeshkian yarahiraga.

Yari asimbuye Ibrahim Raisi waguye mu mpanuka y’indege ubwo yari avuye mu Buhinde.

Taliki 23, Gicurasi, 2022 hari umusirikare mukuru wa Iran wiciwe mu modoka ye arashwe, bigakekwa ko byagizwemo uruhare n’ubutasi bwa Israel, uwo ni Colonel Hassan Sayad Khodayari.

Mu Ugushyingo, 2020 undi muhanga mu by’intwaro witwa Mohsen Fakhrizadeh nawe yishwe arashwe.

Muri uyu mwaka kandi uwahoze ayobora umutwe w’ingabo zarinda abayobozi bakuru ba Iran witwaga Qasem Soleimani yarasiwe muri Iraq ku kibuga cy’indege arashwe missile ya drone z’Amerika.

Muri Nzeri, 2024 Israel yishe Hassan Nasrallah wayoboraga Hezbollah kandi muri icyo gihe hari abandi bantu 20 bakomeye muri uyu mutwe bishwe na missiles za Israel.

Tugarutse ku ntambara ihari ubu, usanga igamije gukuraho ubutegetsi bwa ba Ayattolah bwatangiye gutegeka  Iran nyuma y’impinduramatwara yabaye mu mwaka wa 1979.

Mu minsi itanu ishize intambara hagati ya Iran na Israel itangiye, Israel yahengereye ibiganiro hagati ya Iran na Amerika byerekeye ibyo kudatunganya ubutare bwa Iranium bigeze kure igaba ibitero ku ruganda rwa Natanz.

Cyari gikurikiwe n’ikindi cyahitanye abasirikare bakuru ba Iran bari bari kumwe n’abahanga bakomeye mu by’ubutabire bakora ibyo bisasu kibasanze mu nama.

Ababisesengura bavuga ko hagomba kuba hari akagambane Amerika yari ifitanye na Israel ngo izahitane abo bantu.

Abanyamerika babanje gutangaza ko ntaho bahuriye n’iki kintu, gusa muri iki gihe bahinduye imvugo kuko Amerika ya Trump ivuga ko ‘ishobora’ kwinjira muri iyo ntambara.

Perezida Trump yavuze ko byaba byiza Iran imanitse amaboko.

Ndetse yahaye ubutegetsi bwa Iran amasaha 48 ngo babe bayamanitse nibitaba ibyo Amerika yinjire muri iyo ntambara.

Uburusiya bwahise bubwira Amerika ko idakwiye no gutekereza icyo kintu.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wungirije w’Uburusiya witwa Sergei Ryabkov yavuze ko Amerika niramuka yinjiye muri iyo ntambara ku ruhande rwa Israel izaba ije gutuma ibintu biba bibi kurushaho.

Abasesengura ibiri kubera muri kariya gace bavuga ko mu minsi mike iri imbere ibintu bishobora kuzaba bibi kurushaho niba nta gikozwe ngo iriya ntambara ihoshe.

Kuba Uburusiya buhangayikishijwe n’uko muri Iran zahindura imirishyo ni ibintu byumvikana kuko iri mu bihugu bike mu Burasirazuba bwo Hagati Moscow ifata nk’abafatanyabikorwa.

Kuba yaratakaje ubutegetsi bwa Assad wayoboraga Syria biri mubyo abahanga bavuga ko i Moscow badashaka gutakaza na Teheran.

TAGGED:AbajuraAmerikafeaturedIranIsraelPutinUburusiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Minisitiri W’Ubutabera Yeguye
Next Article Kwishyura Amazi Bigiye Kujya Bikorwa Nk’Uko Cashpower Ibigenza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?