Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinjacyaha Bwasabye Ko Rusesabagina Afungwa BURUNDU
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Ubushinjacyaha Bwasabye Ko Rusesabagina Afungwa BURUNDU

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 June 2021 1:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Paul Rusesabagina, portrayed as a hero in a Hollywood movie about Rwanda's 1994 genocide, is seen at the court before answering to charges that include terrorism and incitement to murder in Kigali, Rwanda September 25, 2020. REUTERS/Clement Uwiringiyimana
SHARE

Kuri uyu wa Kane Tariki 17, Kamena ubushinjacyaha bwasabiye Paul Rusesabagina igihano cyo gufungwa burundu nyuma y’igihe uyu mugabo aburanishwa n’Urukiko rukuru aregwa ibyaha bifitanye isano no gushinga  umutwe w’abarwanyi wa MRCD/FLN, wagabye ibitero byishe abaturage mu nkengero z’ishyamba rya Nyungwe.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yigeze kubwira Al Jazeera ko indege yavanye Rusesabagina Paul i Dubai imugeza mu Rwanda ahita atabwa muri yombi, yari yishyuwe na Leta y’u Rwanda ariko atari yo yayimushyizemo.

Icyo gihe hari mu kiganiro UpFront kuri Al Jazeera, Busingye akaba yaravuze  ko Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Rusesagagina yageze mu Rwanda ku bushake bwe, afatwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB.

Nyuma yo kugezwa mu rukiko, Rusesabagina yavuze ko rudafite ububasha bwo kumuburanisha kuko atari Umunyarwanda ahubwo ari Umubiligi.

Inzitizi yatanze zaje guteshwa agaciro, urukik rwanzura ko rufite ububasha bwo kumuburanisha hatarebwe ubwenegihugu bwe kuko bimwe mu bigize icyaha cy’iterabwoba akurikiranyweho yabikoreye ku butaka bw’u Rwanda.

Ibyaha ubushinjacyaha bumukurikiranyeho ni icyenda.

Bwasabye ko Paul Rusesabagina ahamwa nabyo kandi rukamukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka ikurikira:

-Bwasabye Urukiko kwemeza ko Rusasabagina ahamwa n’icyaha cyo kurema umutwe utemewe gihanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 15,

-Bwasabye ko Paul Rusesabagina ahamwa n’icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 20,

-Ubushinjacyaha bwasabye kandi ko Rusesabagina ahamwa n’icyaha cyo gutera inkunga iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 10,

-Bwasabye ko ahamwa n’icyaha cy’ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba, gihanishwa igifungo cya burundu,

– Ubushinjacyaha bwamusabiye kandi ko ahamwa n’icyaha cy’itwarwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko nk’igikorwa cy’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 25,

-Bwasabye urukiko ko rwamuhamya icyaha cyo kwiba hakoreshejwe intwaro nk’igikorwa cy’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 25,

-Bwamusabiye kandi ko ahamwa n’icyaha cyo gutwikira undi ku bushake inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu nk’igikorwa cy’iterabwoba gihanishwa igifungo 25,

-Bwasabye urukiko ko Paul Rusesabagina yahamwa n’icyaha cy’ubwinjiracyaba bw’ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 25,

-Burangiza busaba urukiko ko bwamuhamya icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake nk’igikorwa cy’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 25.

Umushinjacyaha imbere y’Urukiko yagize ati “Ubushinjacyaha busanga ibyaha Rusesabagina Paul akurikiranyweho bigize impurirane mbonezamugambi kubera ko ari ibyaha bitandukanye bihujwe n’uko bigamije umugambi umwe.”

Nyuma yavuze ko hashingiwe ku biteganywa n’amategeko bumusabiye igihano cyo gufungwa burundu.

Ngo nicyo gihano ntarengwa cyo hejuru kirusha ibindi gukomera.

 

TAGGED:featuredFLNIgifungoRusesabaginaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Diyama Ya Gatatu Mu Bunini Ku Isi Yavumbuwe Muri Botswana
Next Article HIGHLIGHTS RAYON SPORTS vs APR FC HALFTIME || Rayonsport yimwe Penarty || Umusifuzi ati Ntacyabaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?