Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinwa Buhise Butera Taiwan Amerika Yafasha Nde Ikareka Nde?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubushinwa Buhise Butera Taiwan Amerika Yafasha Nde Ikareka Nde?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2023 12:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuba Leta zunze ubumwe z’Amerika ari igihangange ku isi, ntawe ubijyaho impaka. Ubuhangange bw’iki gihugu buri mu nzego zose ariko cyane cyane mu bukungu no mu bya gisirikare.

Izi ngingo ebyeri nizo zituma iki gihugu gishyigikira inshuti zacyo mu ntambara zirwana hirya no hino ku isi.

Kuva Intambara ya kabiri y’isi yarangira, igasiga Amerika ari yo iyoboye isi, iki gihugu ntikiramara imyaka 15 kitari mu ntambara.

Iyo Amerika itari mu ntambara ubwayo, iba ishyigikiye inshuti zayo ziyirimo, ikabikora mu buryo bwo kuziha amafaranga cyangwa kuzigurishaho intwaro cyangwa abajyanama mu bya gisirikare.

Abanyamerika barwanye intambara ya Koreya, barwana iya Vietnam, barwana iya Somalia, barwana iya Afghanistan, barwana iya Iraq na Iran na Koweit, barwana iyo muri Syria, ibi babikora ari nako barwanya iterabwoba hirya no hino ku isi bakoresheje za drones na ba maneko babo.

Izi ntambara zimwe barazitsinze mu buryo bugaragara ariko hari n’izindi bamwe bavuga ko Amerika  yatinzwe, urugero rwa vuba aha rukaba iyo bari bamazemo imyaka irenga 20 barwana muri Afghanistan barwana n’Abatalibani none ubu aba nibo baganje i Kabul mu Murwa mukuru!

Guhera mu mwaka wa 2022, mu ntangiriro zawo, Abanyamerika binjiye mu kindi gihe kigoye.

Bisanze bagomba gufasha igihugu cy’inshuti yabo kitwa Ukraine nyuma y’uko igihangange baturanye kitwa Uburusiya bwa Vladmir Putin kikigabyeho igitero.

Ni intambara igikomeje kuza n’ubu.

Ubutegetsi bwa Amerika buyobowe na Joe Biden bwahaye Ukraine intwaro nyinshi na miliyoni $ nyinshi ngo ikomeze ihangane n’Uburusiya.

Ikindi ni uko Amerika ikoresha Abanyaburayi ngo bakomeze bafashe Ukraine muri iki kibazo.

Iyi mikoranire hagati y’izi mpande hari abavuga ko izarangira Abanyaburayi barushijeho gucika intege mu bukungu, Amerika ikaguma ku isonga.

Ariko se yo ntizahahungabanira?

Ese ko hari bamwe mu Basenateri badashaka ko imisoro y’Abanyamerika ikomeza guhabwa Abanya Ukraine ngo bahangane na Putin, kandi muri Amerika bakaba bitegura amatora y’Umukuru w’igihugu, aho iyo nkunga izakomeza?

Ni ikibazo abantu bagomba guhanga amaso mu gihe kiri imbere.

Hagati aho kandi Israel( inshuti magara ntunsige y’Amerika) iri hafi gutera Hamas ngo iyirandurane n’imizi.

Ni ikintu yamaze kwemeranyaho n’Amerika.

Abanyamerika bavuga ko badashobora na rimwe gutererana Israel mu bibazo ibyo ari byose yahura nabyo.

No mu ntambara itegura kuri Hamas naho ni uko bizagenda.

Impungenge zihari ni uko iyi ntambara izaba ndende kandi igahenda cyane.

Ibi bimaze iminsi bitangazwa n’abayobozi bakuru mu ngabo  za Israel.

Ni nayo mpamvu Minisitiri w’ingabo z’iki gihugu yasabye Amerika kuzababa hafi kuko intambara bagiye kurwana izaba ndende kandi igoye.

Amerika isa niyabyemeye kubera ko muri Minisiteri yayo w’ingabo bari kwiga uko bazatabara inshuti yabo igihe cyose yaba isumbirijwe na Hezbollah, uyu mutwe ukaba usanzwe ufashwa na Iran.

Iran nayo si agafu k’imvugwarimwe!

Ubushinwa buri kubireba byose…

Mu gihe Amerika iri gutera inkunga inshuti zayo ngo zitsinde intambara ziri kurwana, ku rundi ruhande Ubushinwa burabicungira hafi!

Mu buryo bwabwo, Ubushinwa buri kubaka ubundi bukungu ku ruhande bugamije kuzasunika ubw’Amerika gahoro gahoro kugeza buburunduye.

Amayeri yabwo agaragarira mu kiswe BRICS.

Mu bya gisirikare n’aho ntibwicaye, burakora uko bushoboye ngo bwubake igisirikare gikomeye ndetse kurusha icya Amerika.

Ibi bihugu byombi bimaze iminsi birebana ay’ingwe bipfa Taiwan.

Amerika ivuga ko Ubushinwa budakwiye guhirahira ngo butere Taiwan buyigarurire kuko kubikora byaba bivuze gutera Amerika.

Iki gihugu gisanzwe cyariyemeje kuzatabara Taiwan uko byagenda kose.

Ariko se ko muri iki gihe Amerika ifite henshi iri gushyira amadolari n’intwaro, aho yashobora guhangana igihe kirekire n’Ubushinwa buramutse buhisemo gutera Taiwan muri iki gihe?

Wenda yabishobora, ariko nanone ntibyabura kuyishegesha.

Kuba igihangange bigira ikiguzi cyabyo

Uko bimeze kose kuba igihangange bigira ikiguzi cyabyo kandi niyo mpamvu Abanyamerika bazarwana intambara nyinshi kugeza ubuhangange bwabo buvuyeho nk’uko byagendekeye Ubwami bw’Abami bw’Abaroma.

TAGGED:AmerikaBidenfeaturedIntambaraIranTaiwanUbushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Yafashwe Asenya Imva Mu Irimbi Rya Busanza
Next Article Kamonyi: Umukecuru Wari Uherutse Kugurisha Ikimasa Yishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?