Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinwa Buramaranira Na Australia Ibuye Rya Lithium
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubushinwa Buramaranira Na Australia Ibuye Rya Lithium

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 June 2023 10:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri ishinzwe gucukura amabuye y’agaciro muri Australia yaraye isohoye raporo yise Critical Minerals Strategy ivuga ko kimwe mu bihugu bibangamiye Australia mu  icukurwa ry’ibuye rya Lithium ari Ubushinwa.

Minisitiri ushinzwe amabuye y’agaciro muri Australia witwa Madeleine King avuga ko amafaranga igihugu cye gikeneye kugira ngo kigere ku ntego zo kwihaza mu by’ingufu, agomba kuva no mu bandi bafatanyabikorwa barimo n’Ubushinwa.

Icyakora ngo  iyo urebye imigambi yo gucukura amabuye y’agaciro ifitwe n’ibigo by’Ubushinwa, ubona ko buramutse butsindiye amasoko, byacura abashoramari ba Australia isoko bakaviramo aho.

Australia irashaka kuzakoresha miliyoni $340 muri ako kazi kose.

Muri cya kiganiro, Madeleine King yavuze ko bazareba niba bikwiye ko Abashinwa bahabwa amasoko kuko ngo no kuyabaha bigomba kubanza kwitonderwa.

Yabwiye Bloomberg ko igihugu cye gihanganye n’Ubushinwa mu gucukura ririya buye bityo ko ibyo Australia yakora byose, ikwiye kubyitondamo.

Australia nicyo gihugu cya mbere ku isi gicukura ibuye ryinshi rya lithium.

Ikibazo gihari ni uko Ubushinwa ari bwo bugura nyinshi kandi bukaba bunashaka kuyicukurira mu birombe bya Australia.

Ubutegetsi bw’i Canberra buri gukorana n’ubw’i Washington kugira ngo harebwe niba Australia itakubakirwa inganda zihagije zicukura zikanatunganya ririya buye bitabaye ngombwa ko ryoherezwa mu Bushinwa.

Biri gukorwa mu rwego rwo gufungira Ubushinwa amazi n’umuriro.

Uko bimeze kose ariko, bizagorana ko Ubushinwa bubuzwa ijambo iryo ari ryo ryose kuri ririya buye kubera ko bumaze imyaka 30 bushora imari mu bucukuzi bwaryo no mu nganda ziritunganya.

Umwihariko w’ibuye rya Lithium…

Uko ikoranabuhanga ritera imbere, abantu bagakenera telefoni, mudasobwa n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga ni ko inganda zibikora zikenera ibuye muri iki gihe bamwe badatinya ko ari yo zahabu igezweho.

Ni ibuye ryitwa lithium. Ni ibuye riri mu bikoresho umuntu atagitandukanya nabyo birimo amabuye dukoresha muri radio, itoroshi, amabuye ya mudasobwa, aya telefoni n’ahandi.

Iri buye kandi niryo abahanga bakoramo ibikoresho bibikwaho amakuru bita disques durs.

Ibi byuma nibyo bibitsweho amakuru y’ubwoko bwinshi arimo amashusho, amafoto, amashusho, ari ku nyandiko n’ahandi.

Mu mwaka wa 2018, 20% by’ibikoresho byose bikorwa muri ririya buye byari amabuye akoreshwa n’ibikoresho by’ikoranabuhanga.

Mu mwaka wa 2030 uyu mubare uzazamuka ugere kuri 85% nk’uko bitangazwa n’ikigo cyo muri Amerika kiga imiterere y’ubutaka n’iby’amabuye y’agaciro, USGS.

Toni imwe ya Lithium muri Mutarama, 2021 yaguraga €6 400.

Hamwe mu hantu iri buye riboneka kurusha ahandi ku isi ni muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ahandi iri buye ricukurwa ni muri Tchad, Mali, Ethiopia, Mozambique, Zimbabwe, Afurika y’Epfo, Namibie na Ghana.

TAGGED:AgaciroAustraliaBushinwafeaturedIbuyeIkoranabuhangaLithium
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibizamini Ngiro Mu Banyeshuri Biga Imyuga Byatangiye
Next Article Nyarugenge: Bafashwe Bari Gushaka Umukiliya W’Ibyo Bibye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?