Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubutumwa RAB Yageneye Aborora Ingurube
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ubutumwa RAB Yageneye Aborora Ingurube

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2023 10:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyabujije  ingendo z’ingurube n’ibizikomokaho biva mu mirenge imwe n’imwe y’Akarere ka Musanze. Ni mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’indwara ya Ruje y’ingurube ihamaze iminsi.

RAB yatangaje ko  ingendo z’ingurube, kubaga no gucuruza inyama zazo bibujijwe mu mirenge ya Muko, Kimonyi, Muhoza, Rwaza na Busogo mu Karere ka Musanze.

Niyo ifite ingurube nyinshi zirwaye.

Yibukije aborozi b’ingurube bose Rwanda kugenzura ibimenyetso by’iriya ndwara, kugira ngo iyafatwa bahite babimenyesha inzego zibishinzwe hakiri kare.

Ibyo bimenyetso ni umuriro mwinshi ushobora kurenga dogere Celcius 42⁰C, gucika intege, kugira ibibara bitukura ku ruhu, guhumeka nabi n’amatwi akirabura.

Ingurube yafashwe inanirwa kurya no kunywa, ikabyimba mu ngingo, ikananirwa kugenda (igacumbagira), akenshi ibyo byose bikurikirwa no gupfa.

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubworozi muri RAB, Fabrice Ndayisenga ati: “Ikibazo twagize ni uko umworozi  wapfushije ingurube yabyihereranye, yabonye iya mbere ipfuye, iya kabiri irapfuye atangira kubaga, iyo amaraso atembera aho ni ko ukwirakwiza agakoko k’iyo ndwara(bacteria) mu kiraro cyawe.”

RAB isaba  ko ingurube zafashwe n’izikekwaho ubwandu bwa Rouget du Porc zishyirwa mu kato, kwisukura no gusukura neza ingurube n’ibiraro byazo haterwamo imiti yabugenewe yica udukoko hakurikijwe inama bagiriwe n’abaganga b’amatungo.

Ikigo gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi  gisaba umuntu wese ubonye ingurube irwaye kubimenyesha byihuse umuganga w’amatungo cyangwa umukozi ushinzwe ubworozi umwegereye.

RAB isaba aborozi b’ingurube kwirinda kuzizerereza ku gasozi, kwirinda kurya inyama z’itungo ryipfushije, gukingiza ingurube indwara zirimo iya Ruje y’ingurube, ndetse no gushyira amatungo mu bwishingizi.

Ibarura ritangwa na RAB ifatanyije na RPFA rigaragaza ko ingurube ziba mu Rwanda zibarirwa hagati ya 1,500,000 na 1,700,000.

TAGGED:IndwaraIngurubeMusanzeRAB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tour Du Rwanda: Umunya Afurika Y’Epfo Yegukanye Agace Ka Gatanu
Next Article Ikirego KNC Yareze Umusifuzi Cyanzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?