Ubuzima Bw’Uwari Buzaragwe Ingoma Ya Thailand Buri Hagati Y’Urupfu N’Umupfumu

Igikomangoma Bajrakitiyabha  wa Thailand  ari mu bitaro nyuma yo gufatwa n’umutima ubwo yari ari muri siporo.

Uyu mugore w’imyaka 44 y’amavuko yikubise hasi ari kumwe n’imbwa ze ubwo yakoreraga siporo mu bisitani bw’ibwami.

Abaganga bagerageje kumufasha ngo barebe ko umutima wakongera gukora neza bakoresheje ubuhanga bita CPR (Cardiopulmonary resuscitation) ariko biranga, biba ngombwa ko bamwuriza kajugujugu bamujyana kwa muganga.

 Umwami wa Thailand akimara kumva iyo nkuru yahise aza kureba uko umukobwa we amerewe ariko ngo ntamerewe neza kubera ko ubwo twandikaga iyi  nkuru yari ari mu byuma byamufashaga gukomeza kubaho.

- Advertisement -

Ari gufashwa n’imashini yongera umwuka wa Oxygen ngo abantu barebe niba yakomeza kubaho.

Umunyamakuru witwa Andrew MacGregor Marshall yanditse kuri Twitter ko gukira  kwa kiriya gikomangoma biri kure.

Amakuru atangwa n’abantu b’ibwami avuga ko nta kizere cy’uko igikomangoma cyari buzaragwe ingoma kiri bugaruke mu buzima, icyakora ngo abahanga barakomeza gufasha uriya mukobwa guhumeka bakoresheje ikoranabuhanga bita ECMO.

Hagati aho  abiru b’ibwami bari kwiga ikiri bukurikireho nk’uko wa munyamakuru witwa  MacGregor Marshall yabyanditse.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version