Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwato Bwa Israel Bwashimuswe N’Abashyigikiwe Na Iran
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubwato Bwa Israel Bwashimuswe N’Abashyigikiwe Na Iran

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2023 10:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Fox News yanditse ko abarwanyi b’aba Houti barashe ku bwato bw’ingabo z’Amerika buri hafi ya Yemen. Ingabo z’Amerika zo zavuze ko ibiri gukorwa n’abo barwanyi ari gushaka kuyishyira mu ntambara kandi ngo ibyo byagombye guhagarara.

Ubwato bw’intambara bw’Amerika bwitwa The USS Mason bwaje muri iki kibazo ubwo bwitabazwaga n’abanya Israel nyuma y’uko kuri iki Cyumweru hari abarwanyi bwabo bwashimuswe n’aba Houtis.

Ubu bwato bwa Israel butwaye ikinyabutabire kitwa Phosphoric Acid bwitwa Central Park, bukaba bucungwa n’ikigo kitwa Zodiac Maritime.

Ubwato Central Park bw’abanya Israel

Bupakiye ikinyabutabire gikorwamo ifumbire, bukaba bwafatiwe hafi y’ikigobe cya Aden gituranye na Djibouti mu Burasirazuba, Somalia mu Majyepfo na Yemen mu Majyaruguru.

Ubwo Amerika yitabazwaga na Israel ngo ize iyifashe muri iki kibazo, abarwanyi b’aba Houti barashe missiles ebyiri kuri ubu bwato ariko ntizabugeraho zigwa muri metero nke imbere yabwo.

Ubutegetsi bw’Amerika bwavuze ko abo barwanyi bashatse bareka ibyo barimo.

Gen. Michael Erik Kurilla uyobora ingabo z’Amerika mu kitwa USCENTCOM (US Central Command) yavuze ko kurasa ku bwato bw’Amerika ari ukwikururira kabutindi.

Gen. Michael Erik Kurilla uyobora ingabo z’Amerika mu kitwa USCENTCOM

Yaboneyeho kuvuga ko Amerika n’abo ifatanyije nabo bazakora uko bashoboye amazi mpuzamahanga akarindwa ko yihinduka indiri ya ba rushimusi.

Aho iki kibazo gikomereye ni uko aba Houtis basanzwe bashyigikiwe na Iran kandi iki gihugu kikaba ari umwanzi w’ibihe byose wa Israel.

Ubwato Central Park ni ubw’ikigo cy’Abongereza kitwa Zodiac Maritime Ltd gicungwa n’umuryango w’abanya Israel witwa Ofer.

Ubu bwato bw’Amerika bwarashweho missiles ariko zirabuhusha

Bupakiye aside ingana na toni 19,998, iyi aside ikaba ikoreshwa kenshi mu gukora ifumbire.

Buri mo abantu 22 bakomoka mu Burusiya, muri Vietnam, mu Buhinde, muri Bulgarie, muri Georgie no mu birwa bya Philippines.

Aba Houti ni abarwanyi bakomoka muri Yemen ariko baterwa inkunga cyane na Iran.

Donald Trump yigeze kubashyira ku rutonde rw’imitwe ikora iterabwoba ku isi ariko Biden mu mwaka wa 2021 arubakuraho.

TAGGED:AmerikaIntambaraIranIsraelUbwato
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AKUMIRO: Mu Bugesera Haravugwa Uburaya Bukorwa N’Abana Bafite Imyaka 12…
Next Article Gen Rwivanga Yavuze Icyo RDF Ikora Ngo Amahoro Arambye Agaruke Aho Yabuze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?