Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwongereza Burashaka Ko u Rwanda Ruba Irembo Ryabwo Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubwongereza Burashaka Ko u Rwanda Ruba Irembo Ryabwo Muri Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 January 2024 11:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta y’Ubwongereza ushinzwe ubucuruzi John Humphrey avuga ko Leta ya London ishaka ko u Rwanda ruhinduka irembo ribuhuza n’Afurika kandi Abanyafurika nabo bakabona uko bakorana nabwo binyuze ku Rwanda.

Humphrey yabivugiye mu nama y’ubucuruzi iri guhuza u Rwanda n’Ubwongereza iri kubera mu Rwanda, ikazamara iminsi itatu.

Umunyamabanga wa Leta y’Ubwongereza ushinzwe ubucuruzi John Humphrey

Avuga ko umubano n’imikoranire hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza ari ikintu kimaze gushinga imizi bitewe cyane cyane n’uko u Rwanda rutekanye kandi rutuwe n’abantu bazi gukora.

Ati: “ Turashaka ko u Rwanda ruba ahantu hahuza igihugu cyacu n’Afurika kandi n’Afurika ikaba umufatanyabikorwa wacu binyuze ku Rwanda.”

Umujyanama wa Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ushinzwe ubucuruzi Lord Popat nawe avuga ko aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze, ubu ari igihugu cyo gukorana nacyo.

Umujyanama wa Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ushinzwe ubucuruzi Lord Popat

Avuga ko igihugu cye kizakomeza kureba aho cyakorana n’abashoramari bo mu Rwanda mu iterambere risangiwe kandi ryumvikanyweho.

Ibi yabivuze asa n’ugaruka ku byo Umuyobozi wa RDB Francis Gatare yabwiye abari aho iyi nama yabereye ubwo yagarukaga ko ngingo y’uko yizeye ko abashoramari b’Abongereza bari mu Rwanda bazahava bahatangije ishoramari.

Gatare yagize ati: “…Ndabashimira  ko mwaje hano kugira ngo mukore uko mushoboye ngo u Rwanda ruhinduke igicumbi cy’iterambere muri Afurika. Muzagira igihe cyo gusura Kigali murebe uko ihumeka mu nzego zose z’imibereho y’abayituye.”

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Dr. Uzziel Ndagijimana nawe yashimye umubano umaze igihe hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza ukaba wararushijeho gukomera nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi nk’uko abivuga.

Dr. Uzziel Ndagijimana aganiriza abitabiriye iyi nama

Dr. Uzziel Ndagijimana avuga ko ubufatanye bw’u Rwanda n’Ubwongereza ari ingenzi kandi bwatangiye mu bihe bikomeye.

Avuga ko imikoranire y’u Rwanda n’Ubwongereza yagize uruhare mu kunoza inzego zirimo ikoranabuhanga, ubuvuzi, ubucuruzi n’izindi zatumye u Rwanda ruba ahantu heza ho kwishimira gushora imari.

Avuga ko ubu u Rwanda rwafashe icyerekezo cy’uko  mu mwaka wa 2050 ruzaba igihugu kifashe neza mu iterambere.

Imikoranire y’u Rwanda n’amahanga harimo n’Ubwongereza ngo yatumye rwugurura amarembo, ruhinduka ahantu abantu baza bisanga, aho buri wese abona visa ageze i Kigali.

Ubwongereza bwoherereza u Rwanda imashini n’ibintu bifasha mu buvuzi mu gihe u Rwanda rwoherereza Ubwongereza icyayi, ikawa n’ibindi bikomoka ku buhinzi.

Ndagijimana avuga ko nawe ko yizeye ko iyi nama izarangira hari imishinga itangijwe hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza kugira ngo ubucuruzi hagati y’impande zombi burambe.

Ni inama izamara iminsi itatu
TAGGED:AfurikaBwongerezafeaturedImariIshoramariNdagijimanaRDBRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Nshuro Ya Mbere Ingabo Za SADC Zahuye N’Umuriro Wa M23
Next Article U Rwanda Rurashaka Gukorana Na Libya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?