Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwongereza Bwemera Ko U Rwanda Rutananiwe Ikibazo Cy’Abimukira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubwongereza Bwemera Ko U Rwanda Rutananiwe Ikibazo Cy’Abimukira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 July 2024 8:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta y’Ubwongereza ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu Yvetter Copper ashima u Rwanda ku bufatanye bwarwo n’Ubwongereza mu gukemura ikibazo cy’abimukira, akavuga ko intandaro yo kuba gahunda yo kubohereza mu Rwanda yarapfubye ari Guverinoma basimbuye.

Yabivugiye mu Nteko ishinga amategeko y’igihugu cye, ubwo yabagezagaho byinshi mu bigize Politiki ya Guverinoma abereye umukozi iyobowe na Sir Keir Starmer.

Copper yavuze ko mu myaka ibiri n’igice ishize Guverinoma basimbuye yakoranye n’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira.

Ni gahunda Yvette Copper avuga ko yahenze cyane kuko yatwaye miliyoni € 700, akemeza ko ayo ari amafaranga menshi kandi atarageze ku musaruro wifuzwaga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibyo kandi ngo byaje bikurikira andi mafaranga angana n’amapawundi( ni amafaranga akoreshwa mu Bwongereza) angana na miliyoni 290, yari agamije kohereza abantu mu Rwanda ariko ntibyakorwa, gufata, gufunga no gufungura abo bimukira ndetse no gutoza abari bwite kuri abo bantu.

Uyu muyobozi avuga ko kuva yabaho atageze abona aho amafaranga apfushwa ubusa nk’igihe Guverinoma yababanjirije yafataga za miliyoni € 700 zigakoreshwa mu kohereza abantu bane(4)gusa mu Rwanda kandi nabyo ntibigerweho nk’uko byari byaremejwe.

Yvette Cooper wo mu ishyaka ry’abakozi avuga ko niyo iriya gahunda iza gukunda, biragaragara ko yari bugere ku bantu bacye cyane mubo yari igenewe.

Ikindi ni uko akurikije ibyo abona byari bikubiye muri ayo masezerano, asanga Abongereza bari bukomeze kwishyura amafaranga menshi agenda kuri abo bantu.

Yunzemo ko ikibabaje kurusha ibindi byose, ari uko muri iyo gahunda y’imyaka itandatu yari ihuza u Rwanda n’Ubwongereza muri uko gukemura ikibazo cy’abimukira, Guverinoma basimbuye yari yarateganyije kuzatanga arenga miliyari £10 (amapawundi).

- Advertisement -

Akongeraho ko bibabaje kuba abo muri iyo Guverinoma ibyo batigeze babibwira Inteko ishinga Amategeko!

Yvette Copper yabwiye Perezida w’Inteko ishinga amategeko ko Guverinoma y’Ubwongereza ishimira u Rwanda mu gukorana n’Ubwongereza mu gukemura kiriya kibazo kandi ngo rwabikoranye umutima mwiza.

Yanzuye avuga ko kuba iriya gahunda itarageze ku ntego ari ikosa rya Guverinoma yababanjirije.

Ati: “Guverinoma yatubanjirije niyo yabeshye kuri iki kibazo, ituma amafaranga y’abaturage bacu ashyirwa muri gahunda itarigeze itanga amusaruro”.

Icyo Yvette Cooper avuga bisa n’ibyo Guverinoma y’u Rwanda yakunze gutangaza kuri iki kibazo.

Perezida Kagame yigeze gusubiza umunyamakuru wa BBC wari umusanze mu Budage akamubaza niba abona ko gahunda u Rwanda rufitanye n’Ubwongereza mu gukemura ikibazo cy’abimukira izakunda, amusubiza ko ibyo akwiye kubibaza Ubwongereza.

Kagame yaramusubije ati: “Uzabaze Ubwongereza”.

Yaboneyeho no kumubwira ko nibiba ngombwa u Rwanda ruzasubiza amafaranga rwahawe ngo ruyishyire mu bikorwa.

Mu minsi mike ishize ubwo Guverinoma ya Keir Starmer yatangiraga imirimo igahita ihagarika iby’iriya gahunda, Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko nta kintu mu bigize ariya masezerano yigeze yica.

Umuvugizi wayo wungirije Alain Mukuralinda yavuze ko u Rwanda rwakoze ibyo rwasabwaga byose bityo ko nta kibazo namba rufitanye n’Ubwongereza kuri iyo dosiye.

TAGGED:AbimukiraBwongerezaCooperDosiyefeaturedKagameMukuralindaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yasabye RSSB Gukemura Ibibazo Biri Mu Bitaro Bya Faysal
Next Article Uburyo Bwo Kuhira Bwatumye Umusaruro W’Ubuhinzi Uzamukaho 7.5%- MINAGRI
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?