Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ufunguye Utubari Ntiwabashobora Kugenzura Abanywi- Min Gatabazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ufunguye Utubari Ntiwabashobora Kugenzura Abanywi- Min Gatabazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2021 5:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi yasobanuye imwe mu mpamvu zituma Inama y’Abaminisitiri idafungura utubari ngo dutangire gukora ari uko kutugenzura byagora inzego z’umutekano n’iz’ubuzima.

Ati: “ Nk’uko twabivuze no mu bihe byatambutse biragoye kugenzura utubari…ntiwabona umupolisi ushyize kuri buri kabari, ntiwabona umuyobozi mu nzego z’ibanze ushyize kuri buri kabari…Kunywa ntabwo bibujijwe, umuntu ashobora kugura byeri ye muri Butike akayijyana iwe akayinywa ntabwo bibujijwe. Ikibujijwe ni uguhurira ahantu, abantu bagasangira begeranye bakajya muri Ambiance bakaryoroherwa, bakaba bakwanduzanya…”

Minisitiri Gatabazi avuga ko uko umuntu anywa ariko agenda atakaza ubushobozi bwo gushobora kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID 19.

Ikindi Minisitiri Gatabazi yabwiye RBA ko utubari turi mu Rwanda no muri Kigali by’umwihariko ari twinshi bityo kugenzura imyitwarire y’abashobora kutujyamo mu gihe baba bakomorewe  bikaba byagorana.

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri byaraye byongeye kwemeza ko utubari dukomeza gufunga.

Kuva Guma mu rugo ya mbere itangira kugeza ubwo ibi byemezo byafatwaga, ntabwo utubari turafungura.

Ibi ariko ntibibuza ko hafi buri munsi Polisi ifata abaturage basinze kandi banywereye ahantu bahurira ari benshi cyane cyane mu ngo zabo cyangwa mu bukwe.

Kuva Guma Mu Rugo yatangira utubari ntiturafungura. Abahoze badukoramo ‘babayeho mu bundi buryo’
TAGGED:featuredGatabaziPolisiUtubari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kwakira Izindi Nkingo Miliyoni 3.5 Za Pfizer
Next Article Kwiyakira Mu Bukwe Byashyiriweho Amabwiriza Ngo Bitaba Nk’Utubari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

You Might Also Like

Imikino

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?