Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Abasirikare Bari Barahejeje Bobi Wine Iwe Bahavuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda: Abasirikare Bari Barahejeje Bobi Wine Iwe Bahavuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 January 2021 2:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Uganda zari zimaze iminsi 11 zikambitse ku rugo rwa Hon Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine Zategetswe gutangira kuhava. Umunyamategeko we witwa George Musisi yabwiye CNN dukesha iyi nkuru ko Bobi Wine afite ikizere ko abasirikare bose bari bakambitse iwe bari burare bahavuye.

Icyemezo cyo kuvana abasirikare mu nkengero z’urugo rwa Bobi Wine cyafashwe nyuma y’Itegeko ryatanzwe n’Urukiko rukuru rwa Uganda, hari ejo hashize tariki 25, Mutarama, 2021.

Umucamanza witwa Michael Elubu yavuze ko Leta igomba gutegeka ingabo zayo zikava mu birindiro zari zarashinze ku rugo rwa Bobi Wine hanyuma haba hari icyo Leta imurega ikazakigeza mu rukiko aho kumufungira iwe.

Bobi Wine yari ahanganye bikomeye na Perezida Museveni mu matora aheruka.

Ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu aheruka byatangaje ko Yoweri Museveni ari we watowe nka Perezida, akaba agiye kongera kuyobora Uganda kuri Manda ya Gatandatu.

Azayirangiza ayoboye Uganda imyaka 40.

Wine ariko yavuze ko atemera ibyayavuyemo, avuga ko bamwibye amajwi.

Agomba kuba yagejeje ikirego cye mu Nkiko bitarenze tariki 02, Gashyantare, 2021, nk’uko Musisi abivuga.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zishimiye icyemezo cy’Urukiko rukuru cyo kurekura Bobi Wine.

Ambasade yazo i Kampala yanditse kuri Twitter iti: “ Ubwisanzure bwo kuvuga icyo umuntu atekereza ni ingenzi kandi abantu bagomba kwishyira bakizana bakajya kandi bakava aho bashaka.”

Tariki 18, Mutarama, 2021 Ambasaderi wa USA muri Uganda witwa Natalie E. Brown yabujijwe gusura Bobi Wine.

TAGGED:BobifeaturedKampalaMuseveniMusisiUgandaWine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CHAN: Kagame Yasabye Amavubi Kuza Gukinana Umurava n’Umutima
Next Article KIGALI: Ihere Ijisho Abasore N’Inkumi Baraye Bakora Akarasisi i Nyamirambo,Remera ,Kicukiro|| Rwanda 3-2 Togo || goall
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?