Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Impanuka Yahitanye Abantu Batandatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Impanuka Yahitanye Abantu Batandatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 December 2024 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iyi mpanuka yabereye ahitwa Nakasongola
SHARE

Abantu batandatu bari bagiye mu birori bya Noheli ahitwa Kapaburuuli bakoze impanuka irabahitana. Bari bageze ahitwa Nakasongola mu muhanda ugana i Kampala mu Mujyi.

The Monitor yanditse ko iyo mpanuka yabaye saa mbiri z’ijoro ryakeye ikomerekeramo abandi bantu umunani kandi ngo bakomeretse bikomeye.

Iyi mpanuka yakozwe n’imodoka eshatu zagonganiye ahantu hamwe kandi abari bazitwaye imyirondoro yabo ntiramenyekana.

Amakuru avuga ko muri zo harimo ikamyo yagonzwe na bisi yihutaga cyane, nyuma yo kuyigonga irenga umuhanda ihutaza indi modoka yavaga i Kampala.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ako kanya abantu bane bahise bahasiga ubuzima, batatu muri bo ni abagabo bakuru mu gihe undi ari umusore utaramenyakana amazina.

Abantu umunani bakomeretse bikomeye bahise boherezwa mu bitaro bya Nakasongola ngo bitabweho mu gihe imirambo y’abapfuye yoherejwe mu buruhukiro.

Mu bari bakomeretse hari babiri bashizemo umwuka bageze kwa muganga.

Ikindi ni uko muri abo bakomeretse umuto afite imyaka 19, umukuru akagira imyaka 22.

Polisi ivuga ko umuvuduko ukomeye ari wo ntandaro y’iyi mpanuka.

- Advertisement -

Umuvugizi wa Polisi mu Karere byabereyemo witwa ASP Twiineamazima Sam yabwiye The Monitor ko abantu bakwiye kureka umuvuduko ukabije kuko utuma shoferi atamenya neza uko agenzura ibibera mu muhanda.

Iyi mpanuka ibaye hashize igihe gito Polisi yo muri aka gace iri mu bukangurambaga bwo gusaba abashoferi kungeza akariro gake na feri.

Ni ubutumwa Polisi ya Uganda ivuga ko ari ubwo kwitonderwa cyane cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru.

TAGGED:ImpanukaPolisiUgandaUmuvuduko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kalimpinya Yafashwe N’Uburwayi Mu Buhumekero
Next Article Nshishikariza Abanyayisiraheri Gutura Mu Rwanda- Amb Einat Weiss
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?