Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Impanuka Yahitanye Abantu Batandatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Impanuka Yahitanye Abantu Batandatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 December 2024 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iyi mpanuka yabereye ahitwa Nakasongola
SHARE

Abantu batandatu bari bagiye mu birori bya Noheli ahitwa Kapaburuuli bakoze impanuka irabahitana. Bari bageze ahitwa Nakasongola mu muhanda ugana i Kampala mu Mujyi.

The Monitor yanditse ko iyo mpanuka yabaye saa mbiri z’ijoro ryakeye ikomerekeramo abandi bantu umunani kandi ngo bakomeretse bikomeye.

Iyi mpanuka yakozwe n’imodoka eshatu zagonganiye ahantu hamwe kandi abari bazitwaye imyirondoro yabo ntiramenyekana.

Amakuru avuga ko muri zo harimo ikamyo yagonzwe na bisi yihutaga cyane, nyuma yo kuyigonga irenga umuhanda ihutaza indi modoka yavaga i Kampala.

Ako kanya abantu bane bahise bahasiga ubuzima, batatu muri bo ni abagabo bakuru mu gihe undi ari umusore utaramenyakana amazina.

Abantu umunani bakomeretse bikomeye bahise boherezwa mu bitaro bya Nakasongola ngo bitabweho mu gihe imirambo y’abapfuye yoherejwe mu buruhukiro.

Mu bari bakomeretse hari babiri bashizemo umwuka bageze kwa muganga.

Ikindi ni uko muri abo bakomeretse umuto afite imyaka 19, umukuru akagira imyaka 22.

Polisi ivuga ko umuvuduko ukomeye ari wo ntandaro y’iyi mpanuka.

Umuvugizi wa Polisi mu Karere byabereyemo witwa ASP Twiineamazima Sam yabwiye The Monitor ko abantu bakwiye kureka umuvuduko ukabije kuko utuma shoferi atamenya neza uko agenzura ibibera mu muhanda.

Iyi mpanuka ibaye hashize igihe gito Polisi yo muri aka gace iri mu bukangurambaga bwo gusaba abashoferi kungeza akariro gake na feri.

Ni ubutumwa Polisi ya Uganda ivuga ko ari ubwo kwitonderwa cyane cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru.

TAGGED:ImpanukaPolisiUgandaUmuvuduko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kalimpinya Yafashwe N’Uburwayi Mu Buhumekero
Next Article Nshishikariza Abanyayisiraheri Gutura Mu Rwanda- Amb Einat Weiss
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?