Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Irashaka Gukorana Na DRC Mu Bucukuzi Bwa Petelori Na Gazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Irashaka Gukorana Na DRC Mu Bucukuzi Bwa Petelori Na Gazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 May 2023 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutegetsi bw’i Kampala buvuga ko bufite umugambi wo gukorana na DRC mu gucukura no gutunganya ibikomoka kuri Petelori na Gazi biboneka mu bihugu byombi.

Minisitiri ushinzwe ingufu muri Uganda witwa Ruth Nankabirwa avuga ko igihugu cye cyarangije gutegura uburyo bwo gukorana n’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba, EAC, kugira ngo gucukura no gutunganya gazi na Petelori bizakorwe neza.

Uganda ivuga ko ifite umugambi mwiza wo guhaza aka karere kuri Petelori na Gazi.

Ruth Nankabirwa, Minisitiri wa Uganda ushinzwe ingufu

Ifite umushinga yatangije yise East Africa Crude Oil Pipeline ifatanyijemo na Tanzania, muri iki gihe ikaba iri gukorana na DRC kugira ngo nayo iwunjiremo neza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

ChimpReports yanditse ko ubutegetsi bw’i Kinshasa bufite intego yo kubaka umuyoboro wa Petelori na Gazi ugahuzwa n’uwa Uganda kugira ngo nayo( DRC) yihaze kuri ibi bintu nkenerwa mu bucuruzi.

DRC iteganya ko nirangiza kwihaza kuri ibi, izatangira gusagurira n’isoko mpuzamahanga.

Uganda ivuga ko umugambi wayo udakomwe mu nkokora n’ikintu icyo ari cyo cyose, iteganya kuzatangira gusarura imbuto yashoye mu gucukura petelori na gazi byibura mu mwaka wa 2025.

Ivuga ko mu butaka bwayo harimo petelori nyinshi k’uburyo ku mwaka izajya icukura utugunguru miliyari 6.5.

Visi Perezida wa Uganda witwa Jessica Alupo aherutse kuvuga ko kugira ngo ibikomoka kuri petelori bikenewe muri aka karere bizatange umusaruro, ari ngombwa ko hubakwa inganda zizabitunganya.

- Advertisement -

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba Dr. Peter Mathuki nawe aherutse gutangaza ko mu bihugu hafi ya byose bigize uyu muryango hari petelori na gazi bikeneye gutunganywa.

Uganda isanzwe ifite ingabo muri DRC.

Zagiye yo ku bwumvikane hagati ya Perezida Museveni na mugenzi we Tshisekedi zigiye guhashya umutwe wa ADF uzwiho gukora iterabwoba haba muri DRC n’ahandi mu Karere.

Uyu mutwe ukomoka muri Uganda.

Zihageze zubatse imihanda zivuga ko ari iyo kuzifasha mu ngendo zikora zijya cyangwa ziva ku rugamba.

Muri Gashyantare, 2022 nibwo umuhanda wa mbere watashywe, iki gikorwa cyayobowe na Major General Kayanja Muhanga wari uyoboye ingabo za Uganda zagiye muri DRC kuhirukana ADF.

Ni umuhanda uhuza agace ka Burasi n’agace ka Boga, hagati hakaba harimo intera ya Kilometero 50.

Uriya muhanda kandi byavugwaga ko uzahuza ibice bya Mbau, Ouicha, Eringeti, Kainama, Tchabi, Olamoyo, River Semulik Bridge na Mukakati.

Ingabo Za Uganda Zujuje Umuhanda Zivuga Ko Ugiye Kuzifasha Guhashya ADF

TAGGED:ADFCongoDRCfeaturedMuseveniPeteloriUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Niyo Igura Mu Rwanda Ingurube Nyinshi Zo Kubaga
Next Article Tunisia: Abayahudi Biciwe Mu Isinagogi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?