Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Irashaka Gutora Itegeko Rihana ‘Bidasubirwaho’ Abatinganyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Irashaka Gutora Itegeko Rihana ‘Bidasubirwaho’ Abatinganyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2023 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Caption here (Apophia Agiresaasi, GPJ Uganda)
SHARE

Inteko ishinga amategeko ya Uganda irashaka gutora itegeko rihana mu buryo budasubirwaho abatinganyi kubera ko ngo ubutinganyi bwugarije umuryango mugari w’abaturage b’iki gihugu.

Muri Uganda hari gutekerezwa itegeko rizahanisha abakora ubutinganya gufungwa imyaka myinshi.

Iri tegeko rizagira akamaro niritorwa n’Inteko ishinga amategeko ya Uganda ariko rigasinywa na Perezida wa Yoweli Museveni.

Umushinga w’Itegeko rihana abakora ubutinganyi muri Uganda uvuga ko  benewabo n’inshuti z’umuntu ukora ubutinganyi bagomba kujya babwira polisi cyangwa abandi bantu ko runaka akora ubutinganyi.

Utabikoze azafatwa nk’umufatanyabikorwa.

Mu ntangiriro za Werurwe, 2023 nibwo abagize Inteko ishinga amategeko ya Uganda batangiye kwiga ku mushinga w’itegeko ryo guhana abantu bakora ubutinganyi.

Uko bimeze kose ariko, byose bizaterwa n’ubushake bwa Perezida Museveni.

Niwe uzahitamo gusinya cyangwa kudasinya ririya tegeko.

Narisinya azaba aciye ukubiri na bimwe mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi bishyigikiye igitekerezo cy’uko ubutinganyi  ari uburenganzira bwa muntu.

Mu mushinga w’itegeko riri kwigwa, harimo ko uwo urukiko ruzahamya ko akora ubutinganyi kandi akabushishikariza abandi ndetse akagira uruhare mu gutuma abana babujyanwamo, azahanishwa gufungwa burundu.

Itangazamakuru cyangwa ubundi buryo buzakoreshwa mu gushyigikira abakora ubutinganyi nabo bazahanishwa igifungo cyangwa ibikorwa byabyo bifungwe.

Ku rundi ruhande, hari itsinda ry’Abadepite rivuga ko ibikubiye muri uyu mushinga ari ibintu n’ubundi bisanzwe biri mu itegeko ryatowe muri Uganda ryitwa Penal Code Act, bityo ko ridakwiye gutorwa.

Amashyirahamwe y’abatinganyi avuga ko ibiteganyijwe muri ririya tegeko, bizashyira ubuzima bwabo mu kaga kandi bikazagira ingaruka ku baturage ba Uganda muri rusange.

Muri Afurika hari ibihugu 30 bitemera na gato ko abantu bahuje igitsina babana.

TAGGED:AbatinganyifeaturedItegekoMuseveniUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana Bato Babwiwe Ibyiza Byo Gutwara Indege
Next Article U Rwanda Rwatangije Umushinga Wo Kuzihaza Mu Biribwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?