Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Leta Irashaka Kugura Imodoka ‘Nshya’ Z’Umukuru W’Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda: Leta Irashaka Kugura Imodoka ‘Nshya’ Z’Umukuru W’Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2023 9:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’umutekano wa Uganda witwa Gen Jim Muhwezi yabwiye Inteko ishinga amategeko ko Minisiteri ayoboye yatanze umushinga w’ingengo y’imari ingana na Miliyari Shs 21.9 yo kugura imodoka nshya zitwara Perezida wa Uganda na Visi Perezida.

Gen Muhwezi arifuza ko ariya mafaranga yatorwa akazatangwa mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2023/2024 kuko ngo imodoka abayobozi bakuru ba Uganda bagendamo zishaje.

Monitor yanditse ko mu ntangiriro z’Icyumweru kiri burangire kuri uyu wa 15, Mutarama, 2023, Gen Muhwezi yari yasabye Inteko ko yatora n’umushinga w’ingengo y’imari ingana na Miliyari Shs8.3 yo kugura imodoka zigenewe abajyanama ba Perezida, zikazagurwa mu ngengo y’imari ya 2023/2024.

Ibyifuzo bya Minisitiri Muhwezi bije mu gihe hari abavuga ko abaturage ba Uganda muri rusange bagomba kwizirika umukanda kubera ko ubukungu butifashe neza kubera ingamba zo kwirinda COVID-19.

Abanyamategeko bamwe bavuga ko ibyifuzo byo kugura imodoka nshya za bariya bayobozi, byaba byirengagijwe gato mu gihe igihugu kikiyubaka.

Umwe muribo yitwa Abubaker Kawalya.

Avuga ko hari amafaranga menshi Leta yashyize mu kwita ku bajyanama ba Perezida bityo ko kubashakira imodoka nshya byaba ari ukwaya.

Uko bimeze kose ariko, Gen Jim Muhwezi yiyemeje ko amafaranga yo kugurira Perezida na Visi Perezida ibinyabiziga bishya agomba kuboneka ‘byanze bikunze.’

Gen Jim Muhwezi

Kugeza ubu kandi hari izindi miliyari Shs21.7 zashyizwe ku ruhande kugira ngo zizafashe mu gusana kajugujugu zitwara Perezida.

Muri Mutarama, 2012 Ibiro by’Umukuru wa Uganda byaguze  amavatiri abiri ya benz zigendwamo na Perezida iyo agiye mu birori bikomeye.

Inkuru ya The Monitor yo ku italiki 11, Ugushyingo,2012 yavugaga ko ziriya modoka zari ziguzwe Miliyari Shs 6.

Abadepite batavuga rumwe n’ishyaka riri k’ubutegetsi icyo gihe bavuze ko biriya ari ukwaya imisoro y’abaturage.

Perezida Museveni asanganywe izindi modoka zo mu bwoko bwa Land Cruiser 4×4 zitamenwa n’amasasu akunda gukoresha iyo ari mu ngendo zijya kure.

Ubwo hagurwaga benz zavuzwe haruguru, uwari umuvugizi wa Perezida Museveni witwa Tamale Mirundi yanenze abavugaga ko ibyakozwe ari ugusesagura, avuga ko ziriya modoka atari iza Museveni ahubwo ari iz’igihugu.

Imodoka n’indege Perezida wa Uganda akoresha ngo birashaje hakenewe ibindi bishya
TAGGED:AbadepitefeaturedImariimodokaMuseveniUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dangote Yubatse Uruganda Muri Afurika Rutunganya Essence
Next Article ImpanukaY’Indege Yahitanye Abantu 40
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?