Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Leta Irashaka Kugura Imodoka ‘Nshya’ Z’Umukuru W’Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda: Leta Irashaka Kugura Imodoka ‘Nshya’ Z’Umukuru W’Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2023 9:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’umutekano wa Uganda witwa Gen Jim Muhwezi yabwiye Inteko ishinga amategeko ko Minisiteri ayoboye yatanze umushinga w’ingengo y’imari ingana na Miliyari Shs 21.9 yo kugura imodoka nshya zitwara Perezida wa Uganda na Visi Perezida.

Gen Muhwezi arifuza ko ariya mafaranga yatorwa akazatangwa mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2023/2024 kuko ngo imodoka abayobozi bakuru ba Uganda bagendamo zishaje.

Monitor yanditse ko mu ntangiriro z’Icyumweru kiri burangire kuri uyu wa 15, Mutarama, 2023, Gen Muhwezi yari yasabye Inteko ko yatora n’umushinga w’ingengo y’imari ingana na Miliyari Shs8.3 yo kugura imodoka zigenewe abajyanama ba Perezida, zikazagurwa mu ngengo y’imari ya 2023/2024.

Ibyifuzo bya Minisitiri Muhwezi bije mu gihe hari abavuga ko abaturage ba Uganda muri rusange bagomba kwizirika umukanda kubera ko ubukungu butifashe neza kubera ingamba zo kwirinda COVID-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abanyamategeko bamwe bavuga ko ibyifuzo byo kugura imodoka nshya za bariya bayobozi, byaba byirengagijwe gato mu gihe igihugu kikiyubaka.

Umwe muribo yitwa Abubaker Kawalya.

Avuga ko hari amafaranga menshi Leta yashyize mu kwita ku bajyanama ba Perezida bityo ko kubashakira imodoka nshya byaba ari ukwaya.

Uko bimeze kose ariko, Gen Jim Muhwezi yiyemeje ko amafaranga yo kugurira Perezida na Visi Perezida ibinyabiziga bishya agomba kuboneka ‘byanze bikunze.’

Gen Jim Muhwezi

Kugeza ubu kandi hari izindi miliyari Shs21.7 zashyizwe ku ruhande kugira ngo zizafashe mu gusana kajugujugu zitwara Perezida.

- Advertisement -

Muri Mutarama, 2012 Ibiro by’Umukuru wa Uganda byaguze  amavatiri abiri ya benz zigendwamo na Perezida iyo agiye mu birori bikomeye.

Inkuru ya The Monitor yo ku italiki 11, Ugushyingo,2012 yavugaga ko ziriya modoka zari ziguzwe Miliyari Shs 6.

Abadepite batavuga rumwe n’ishyaka riri k’ubutegetsi icyo gihe bavuze ko biriya ari ukwaya imisoro y’abaturage.

Perezida Museveni asanganywe izindi modoka zo mu bwoko bwa Land Cruiser 4×4 zitamenwa n’amasasu akunda gukoresha iyo ari mu ngendo zijya kure.

Ubwo hagurwaga benz zavuzwe haruguru, uwari umuvugizi wa Perezida Museveni witwa Tamale Mirundi yanenze abavugaga ko ibyakozwe ari ugusesagura, avuga ko ziriya modoka atari iza Museveni ahubwo ari iz’igihugu.

Imodoka n’indege Perezida wa Uganda akoresha ngo birashaje hakenewe ibindi bishya
TAGGED:AbadepitefeaturedImariimodokaMuseveniUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dangote Yubatse Uruganda Muri Afurika Rutunganya Essence
Next Article ImpanukaY’Indege Yahitanye Abantu 40
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?