Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda N’U Burundi Mu Mushinga W’Umuhanda Uca Tanzania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Uganda N’U Burundi Mu Mushinga W’Umuhanda Uca Tanzania

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 May 2021 3:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umushinga wo kubaka umuhanda uhuza Uganda n’u Burundi ugeze kure wigwa. Bivugwa ko uzaca muri Tanzania ugahuza Uganda n’u Burundi ku gice cy’Amajyaruguru yabwo kandi ngo ukozwe mu rwego rwo guhima u Rwanda kubera ko ngo rwafunze umupaka warwo, wacagamo ibicuruzwa byavaga muri Uganda bikarucamo bigana mu Burundi.

Amakuru avuga ko uriya muhanda uzaca  Kitagate mu gace ka  Isingiro ugakomeza Myotera-Mutukula  n’i Karagwe.

Uzakomereza mu gice cya Ngara kiri mu Majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Tanzania, aho uzava ugana mu mupaka wa Kobero uhuza Tanzania n’u Burundi.

Ibipimo bitangwa na Google Map byerekana ko uriya muhanda uzaba ari muremure ugereranyije n’igihe byasabaga ngo umuntu ave Gatuna agere i Bujumbura aciye mu Rwanda.

Haziyongeraho urugendo rw’amasaha ane.

Uganda irashaka kwihimura ku Rwanda ikubaka umuhanda ugera i Bujumbura

Ndayishimiye yari afite impamvu zo kwita Museveni ‘umubyeyi w’u Burundi’

 

Mu ruzinduko aherukamo muri Uganda hagati ya tariki 13 na 14, Gicurasi, 2021 Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yise Museveni ko ari ‘Umubyeyi, Se w’u Burundi’ kubera uburyo yitaye ku byabereye mu Burundi n’ibikihabera kugeza ubu.

Yamushimiye ko yitaye ku bumwe bw’Abarundi.

Mu ijambo rye Perezida Museveni yabwiye mugenzi we w’u Burundi ko ubwo abaturage bongeye kubona amahoro, igisigaye ari ugukanguka bagakora bakiteza imbere.

Icyo gihe yamusezeranyije ko azamuba hafi ndetse no mu bya gisirikare.

Tugarutse kuri wa muhanda abashinzwe gukurikirana uko uzubakwa bahuye kuri uyu wa 20, Gicurasi, 2021.

Iby’uyu muhanda bitavugwa mu gihe hari andi makuru avuga ko hari undi muhanda ubutegetsi bw’i Kampala bushaka kubaka muri  Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.

Iby’uyu muhanda kandi bivuzwe mu gihe Uganda yamaze kwemeza ko hari ingabo zayo zigomba kuba ziri muri Repubulika ya Demukarasi mu gihe kitarambiranye.

Ab’i Kampala bavuga ko ziriya ngabo zizaba zigiye muri DRC guhashya abarwanyi ba ADF Naru ariko kandi hari amakuru avuga ko bazaba bagiye kurinda abazaba bubaka uriya muhanda.

Ikindi ni uko indege za Uganda ziri hafi gutangira kigana i Bujumbura.

U Burundi bwohereza muri Uganda ibicuruzwa birimo ubutare(iron, fér),ibigori, itabi, ibihwagari, n’ibindi.

TAGGED:BurundifeaturedMuseveniNdayishimiyePerezidaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Canal + Yorohereje Abanyarwanda Kureba Imikino ya EURO 2020
Next Article Tom Byabagamba Yongeye Guhamwa N’Icyaha Cy’Ubujura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?