Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Urubyiruko Rwatangiye Kwigaragambya Rwanga Kumvira Museveni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda: Urubyiruko Rwatangiye Kwigaragambya Rwanga Kumvira Museveni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 July 2024 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasore n’inkumi bo muri Uganda batangiye kwigaragambya bavuga ko badashaka ko ruswa yogera mu gihugu. Bikozwe nyuma y’umuburo Perezida Museveni yari aherutse gutanga wo kwirinda guhungabanya umudendezo rusange w’abaturage.

Museveni yari yavuze ko abazigaragambya bazaba bari gukina n’umuriro. Yabivugiye mu ijambo aherutse kugeza ku baturage be.

Icyo gihe yabanje kuvuga ku iterambere igihugu cye cyatezeho haba mu buhinzi, ubucuruzi n’umudendezo rusange wa rubanda.

Museveni yabwiye urubyiruko ko rubishatse rwakomeza gukorana n’abandi mu guteza imbere Uganda ariko ko abazashaka kuribata ibyo abaturage bagezeho bazahura n’ingaruka.

Yagize ati: “ Murakina n’umuriro. Sinumva ukuntu muzigaragambya ariko ntiwangize ibyo abantu bagezeho”.

Icyakora bisa n’aho abo yabwiraga batamwumviye kuko kuri uyu wa Kabiri urubyiruko rwaramukiye mu myigaragambyo nk’uko byari byarateguwe.

Abapolisi bafashe bamwe muri abo bajya kubafunga.

Biganjemo urubyiruko ruvuga ko rudashaka ko ruswa yahabwa intebe, bakavuga ko abantu bayivugwaho bakwiye kuvanwa mu ntebe z’ubutegetsi.

Umwe muri bo ni Perezida w’Inteko ishinga amategeko witwa Anita Among.

Mu gihe urubyiruko ruri gufungwa, ku rundi ruhande, hari n’abanyapolitiki batamerewe neza n’ubutegetsi buri ho muri Uganda.

Umwe mu bakekwaho kuba inyuma y’iyo myigaragambyo ni Robert Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine usanganywe ishyaka National Unity Platform, NUP.

Mu gihe ibi biri kubera muri Uganda, muri Kenya naho hamaze iminsi havugwa ibibazo by’urubyiruko rwigaragambya rwamagana umusoro wazamuwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto, rukavuga ko waje uje kubongerera umutwaro w’ubuzima butaboroheye.

TAGGED:featuredImyigaragambyoMuseveniRutoUgandaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yaganiriye N’Intumwa Ya UN Ishinzwe Kurwanya Jenoside
Next Article Rusizi: Barataka Abajura Babacucura N’Utwo Bambaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?