Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda:Polisi Yafashe Umukobwa Ukekwaho Uruhare Mu Rupfu Rw’Umuganga Wubahwaga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda:Polisi Yafashe Umukobwa Ukekwaho Uruhare Mu Rupfu Rw’Umuganga Wubahwaga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2025 11:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
CSP Patrick Onyango
SHARE

Iperereza ryakozwe na Polisi ya Uganda, ishami ryayo mu Murwa mukuru, Kampala, ryatumye umukobwa witwa Eva Mbabazi afatwa akekwaho uruhare rutaziguye mu rupfu rwa Dr. John Spire Kiggundu wapfiriye muri Hoteli, tariki 21, Kamena, 2025.

Kiggundu ni umuvandimwe w’umwe mu banyamakuru bashushanya inkuru, cartoonist, muri The Monitor witwa Dr. Jimmy Spire Ssentongo, uyu akaba umwe mu banyamakuru bakundwa cyane mu itangazamakuru ryandika ryo Uganda.

Kiggundu uyu yaguye mu icumbi ryitwa Dream Guest House riri ahitwa Lubowa.

Amakuru avuga ko yishwe nyuma y’igihe gito amaze kwishyura icyumba bikekwa ko yari yararanyemo na Eva Mbabazi, ngo atahe.

Nyuma y’uko abantu basanze umurambo we muri icyo cyumba bagahuruza Polisi, yahise itangira guhiga uwo mukobwa aza gufatwa mu masaha make ashize.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda witwa CSP Patrick Onyango yabwiye The Monitor ko bafashe Mbabazi mu masaha make yashize.

Ati: “ Twaramufashe kandi ntiyatugoye kuko yaduhaye amakuru yose twashakaga kugira ngo duhuze ibintu byose byabanjirije urupfu rwa Dr. Kiggundu”.

Kugira ngo afatwe, byashingiye ahanini ku mashusho yafashwe na cameras zihishwa mu nguni z’inkuta bita closed-circuit television (CCTV).

Zerekanye Eva Mbabazi asohoka mu cyumba Dr. yari amaze kwishyura, zihishurira abakoze iperereza ko hagomba kuba hari aho uwo mukobwa ahuriye n’urupfu rwe.

Onyango yavuze ko amakuru bahawe na Mbabazi yabafashije gukora dosiye yuzuye yagejejwe mu bushinjacyaha ngo buyisome bunayitangeho inama z’ibindi byakorwa.

Dr Kiggundu yari afite ibitaro bikomeye byitwa Henrob Hospital biba ahitwa Zana, akaba yarapfuye kuri uyu wa Gatandatu aguye mu icumbi twavuze haruguru.

 

TAGGED:DrUgandaUmugangaUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akaga Idolari Ryahuye Nako Mu Mezi 6 Ashize
Next Article Uturere Turasabwa Guhuza Siporo N’Ibikorwa Bibyara Inyungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?