Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Uhagarariye’ Israel Muri Afurika Ati: ‘Ni Ngombwa Kubabarira Ariko Ntiwibagirwe’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Uhagarariye’ Israel Muri Afurika Ati: ‘Ni Ngombwa Kubabarira Ariko Ntiwibagirwe’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2022 2:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uyobora Ishami rishinzwe Afurika muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel  witwa Sharon Bar-Li yanditse mu gitabo cy’abasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ko kubabarira ari ngombwa ariko ko kwibagirwa ari ikosa.

Yabivugaga mu izina ry’abandi ba Dipolomate bahagarariye Israel mu bihugu bya Afurika bari mu Rwanda aho baje gukorera umwiherero.

Ubutumwa bwe butangira bushimira abakora ku rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi kubera akazi bakora ko gucunga neza ko imibiri iharuhukiye itangirika, kandi ngo bigira uruhare mu gutuma abariho muri iki gihe n’abazabaho ejo hazaza batazibagirwa ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Sharon Bar-Li asanzwe ari we uyobora Ishami rishinzwe Afurika muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yanditse ati: “ …Kurinda imibiri ishyinguye mu rwibutso  rwa Kigali ruri ku Gisozi ni uburyo bwiza bwo guha ijwi abahashyinguye kandi bagahabwa n’aho kuruhukira mu cyubahiro. Ni uburyo bwo guha abazavuka ejo amahirwe yo kumenya amateka mabi yabayeho no kubafasha guharanira ko atazongera kubaho. Icyakora kubabarira ntibivuze kwibagirwa. Imana ibahe umugisha.”

Inyandiko ya Madamu Sharon Bar-Li

Ba Ambasaderi ba Israel mu bihugu bya Afurika bari mu Rwanda barimo uyihagarariye mu Rwanda, uyihagarariye muri Afurika y’Epfo, muri Sudani y’Epfo, muri Zambia, muri Botswana, muri Zimbabwe, muri Ethiopia, muri Kenya muri Afurika y’Epfo, muri Angola, muri Ghana, muri Senegal, muri Nigeria no muri Côte d’Ivoire.

Mbere y’uko bajya gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi, aba banyacyubahiro bari baherutse guhura na Perezida Kagame muri Village Urugwiro.

Umubano wa Israel n’u Rwanda uhagaze neza mu ngeri zitandukanye haba mu rwego rw’ubuhinzi, uburezi, ubuzima, umutekano n’izindi.

- Advertisement -
TAGGED:AfurikafeaturedInyandikoIsraelKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Tweet’ Perezida Ruto Yasibye Yateje Urujijo
Next Article Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.5%-MINECOFIN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?