Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ukekwaho Kwiba Abaturage Yaguye Kwa Muganga 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Ukekwaho Kwiba Abaturage Yaguye Kwa Muganga 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 March 2025 10:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gukoreshwa urugendo rurerure avanywe aho yari yafatiwe avugwaho kwiba, umugabo witwa Tuyisenge Bernabe w’imyaka 31 wo mu Karere ka Nyamasheke, yapfiriye mu Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye.

Byabereye mu Mudugudu wa Nyabintare, Akagari ka Nyakabuye,  Umurenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi bikaba byarabaye kuri uyu wa 25, Weruwe, 2025.

Uwapfuye yari atuye mu Mudugudu wa Rujeberi, Akagari ka Higiro, Umurenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri saa cyenda z’ijoro nibwo uwo mugabo bivugwa ko yagiye kwiba mu rugo rwa Manigaba Ezechius.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bavuga ko yafatiwe mu rugo nyuma y’aho yari acitse urundi rugo yagiye kwibamo bakamutesha.

Ndetse ngo yari asize atemye umugore w’aho.

Nyuma yo gufatwa rero bivugwa ko abaturage barindwi barimo n’Umukuru w’Umudugudu bamukoranye urugendo rurerure kuko rugera ku bilometero 15 bamujyanye kuri sitasiyo ya Polisi.

Muri urwo rugendo rero niho bikekwa ko babanje kumukubita.

Ageze yo, abapolisi babonye atameze neza basaba abari bamushoreye ko babanza kumujyana kwa muganga.

- Advertisement -

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye witwa Kimonyo Kamali Innocent yatangaje ko abo baturage bahise bajyana uyu musore ku Kigo Nderabuzima, bamusiga mu isuzumiro barigendera.

Nyuma yo kumusuzuma, umuforomo yasanze yapfuye.

Gusa ngo ntiyakwemeza ko yazize inkoni.

Ati: “Ntabwo nakwemeza ko yakubiswe. Ashobora kuba yishwe n’indwara kuko abo mu muryango we batubwiye ko yari arwaye kanseri y’amaraso. Dutegereje ikizava mu isuzuma ku cyamuhitanye”.

Gitifu yasabye abaturage kwirinda kwihanira igihe bafashe umujura ahubwo bakamugeza ku nzego z’umutekano.

TAGGED:GitifuRusiziubujuraUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ikoranabuhanga Ryatumye Abantu Bibwa $305,000 
Next Article Karongi: Abacuruza Ibikomoka Kuri Petelori Beretswe Uburyo Nyabwo Ipimwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyeshuri Ba Kaminuza Nkuru Y’Uburundi Bafitiye Ubwoba Amatora

Ifu Y’Ifi: Ubundi Buryo Bwo Kurwanya Indyo Mbi Mu Bana B’u Rwanda

Ibya Israel Na Syria Byajemo Kidobya

U Rwanda Rugiye Gufungura Ambasade Muri Algeria

Uko Ibipimo By’Imibereho Y’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bihagaze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Irushanwa Ryo Kwibuka Abakinaga Volley Bazize Jenoside Ryasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

RIB Igeze He Umukoro Perezida Kagame Yayihaye?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?