Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Imvura Mu Gice Cya Kabiri Cya Mata Iteganyijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uko Imvura Mu Gice Cya Kabiri Cya Mata Iteganyijwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2024 3:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iteganyagihe ry’igihembwe cya kabiri cya Mata, 2024 ryemeza, rishingiye ku bipimo bitangwa n’ibyogajuru, ko iki gihe kizarangwa n’imvura iri hejuru gato yisanzwe igwa muri gihe nk’iki.

Muri rusange izaba iri hagati ya milimetero 20 na milimetero 120 hirya no hino mu gihugu n’ubwo hari aho iziyongera ahandi ikagabanuka.

Ahazagwa nyinshi ni Mu Majyaruguru no mu Burengerazuba burimo n’ubushyira Amajyepfo y’u Rwanda.

Amataliki iyi mvura izagwamo cyane ni iya 11, iya 12 n’iya 19 n’aho iya 13, iya 15 n’italiki ya 17 hazagwa imvura nke ikwirakwiriye hirya no hino mu Rwanda.

Impamvu izatera imigwire y’iyo mvura ni ubushyuhe buzamuka mu Nyanja y’Abahinde hakiyongeraho imiterere yihariye y’ubutaka bw’u Rwanda.

Aho imvura izagwa ari nyinshi izaba ifite hagati ya milimetero 80 na milimetero 100.

Aho ni mu Turere twa Karongi, Ngororero, Nyamagabe, Nyaruguru, Uburengerazuba bw’Uturere twa Musanze na Nyabihu ndetse n’ibice bya Nyamagabe,  Nyaruguru, Burera, hakiyongeraho ibice by’Amajyaruguru y’Akarere ka Gakenke na Rulindo ndetse n’Uburengerazuba bwa Gicumbi, Muhanga, Ruhango, Nyanza na Huye.

Ku rundi ruhande, imvura izaba nke mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kirehe, Kayonza na Bugesera kuko ho izaba ingana na milimetero ziri hagati ya 40 na 80.

Umuyaga ufite imbaraga nyinshi  uzahuha muri rusange uzaba wihuta ku muvuduko wa metero enye(4) na metero umunani(8)  ku isogonda n’aho ufite imbaraga nke uzaba uhuha ku muvuduko wa metero ziri hagati y’enye(4) n’esheshatu(6) ku isogonda.

Ubushyuhe bwinshi buzaboneka buzaba buri hagati ya 26°C na  28°C, bukaziganza cyane mu Burasirazuba no hagati mu gihugu mu gihe ahazakonja hazaba hari 18oC and 20 oC aha hakazaba ari mu gice cy’Amajyaruguru n’Uburengerazuba bw’u Rwanda.

TAGGED:featuredImvuraIteganyagiheUbushyuheUmuyaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Imibiri 1,800 Y’Abazize Jenoside Yabonetse Mu Masambu Y’Abaturage
Next Article Sudani Y’Epfo Yatangaje Igihe Cy’Amatora Y’Umukuru W’Igihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?