Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Imvura Mu Gice Cya Kabiri Cya Mata Iteganyijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uko Imvura Mu Gice Cya Kabiri Cya Mata Iteganyijwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2024 3:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iteganyagihe ry’igihembwe cya kabiri cya Mata, 2024 ryemeza, rishingiye ku bipimo bitangwa n’ibyogajuru, ko iki gihe kizarangwa n’imvura iri hejuru gato yisanzwe igwa muri gihe nk’iki.

Muri rusange izaba iri hagati ya milimetero 20 na milimetero 120 hirya no hino mu gihugu n’ubwo hari aho iziyongera ahandi ikagabanuka.

Ahazagwa nyinshi ni Mu Majyaruguru no mu Burengerazuba burimo n’ubushyira Amajyepfo y’u Rwanda.

Amataliki iyi mvura izagwamo cyane ni iya 11, iya 12 n’iya 19 n’aho iya 13, iya 15 n’italiki ya 17 hazagwa imvura nke ikwirakwiriye hirya no hino mu Rwanda.

Impamvu izatera imigwire y’iyo mvura ni ubushyuhe buzamuka mu Nyanja y’Abahinde hakiyongeraho imiterere yihariye y’ubutaka bw’u Rwanda.

Aho imvura izagwa ari nyinshi izaba ifite hagati ya milimetero 80 na milimetero 100.

Aho ni mu Turere twa Karongi, Ngororero, Nyamagabe, Nyaruguru, Uburengerazuba bw’Uturere twa Musanze na Nyabihu ndetse n’ibice bya Nyamagabe,  Nyaruguru, Burera, hakiyongeraho ibice by’Amajyaruguru y’Akarere ka Gakenke na Rulindo ndetse n’Uburengerazuba bwa Gicumbi, Muhanga, Ruhango, Nyanza na Huye.

Ku rundi ruhande, imvura izaba nke mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kirehe, Kayonza na Bugesera kuko ho izaba ingana na milimetero ziri hagati ya 40 na 80.

Umuyaga ufite imbaraga nyinshi  uzahuha muri rusange uzaba wihuta ku muvuduko wa metero enye(4) na metero umunani(8)  ku isogonda n’aho ufite imbaraga nke uzaba uhuha ku muvuduko wa metero ziri hagati y’enye(4) n’esheshatu(6) ku isogonda.

Ubushyuhe bwinshi buzaboneka buzaba buri hagati ya 26°C na  28°C, bukaziganza cyane mu Burasirazuba no hagati mu gihugu mu gihe ahazakonja hazaba hari 18oC and 20 oC aha hakazaba ari mu gice cy’Amajyaruguru n’Uburengerazuba bw’u Rwanda.

TAGGED:featuredImvuraIteganyagiheUbushyuheUmuyaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Imibiri 1,800 Y’Abazize Jenoside Yabonetse Mu Masambu Y’Abaturage
Next Article Sudani Y’Epfo Yatangaje Igihe Cy’Amatora Y’Umukuru W’Igihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?