Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Kayikwamba Yakiriye Kuva i Walikale Kwa M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Uko Kayikwamba Yakiriye Kuva i Walikale Kwa M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 March 2025 11:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner yavuze ko kuba M23 yatangaje ko igiye kuva i Walikale no mu nkengero z’aho ari ikintu cyiza ariko gikwiye gukurikirwa n’ibikorwa nyabyo.

Yaraye aganiriye n’itangazamakuru, avuga ko M23 igomba gukurikiza amagambo ibikorwa kugira ngo ibikubiye mu biganiro by’amahoro bimaze iminsi biganirwaho bitange umusaruro uhamye.

Kuri X, Lawrence Kanyuka uvugira AFC/M23 yaraye  atangaje ko abarwanyi ba M23 biyemeje kuva mu Mujyi wa Walikale wo muri Kivu y’Amajyaruguru, bigakorwa kandi no mu nkengero zawo.

Itangazo rya AFC/M23 riti: “Ihuriro AFC/M23 ryafashe icyemezo cyo gukura ingabo mu Mujyi wa Walikale no mu bice biwukikije.”

Icyakora Kanyuka yanditse ko igihe cyose ingabo za DRC nabo bafatanyije bashaka kugaruka muri uriya mujyi cyangwa ubuyobozi bwawo ntibubungabungire abaturage umutekano, M23 izahita iwisubiza.

Minisitiri Kayikwamba yavuze ko ibyo M23 yatangaje bitanga icyizere ariko ko, kugira ngo kibe cyuzuye, kigomba gukurikirwa n’ibikorwa bifatika.

Ati: “ Twumvise ko M23 igiye kuva muri Walikale kandi twizeye ko iryo sezerano rigomba gukurikirwa n’ibikorwa bifatika. Twiteze kureba uko ibyavuzwe bizashyirwa mu bikorwa. DRC ishaka amahoro kandi amahoro kugeza ubu azava mu biganiro twitabira buri gihe uko tubisabwe”.

Avuga ko Perezida Félix Tshisekedi ashaka ko igihugu gitekana, abagituye bakareka gupfa cyangwa kwirirwa babunza akarago kubera guhunga amasasu.

Kayikwamba avuga ko kuba igihugu cye kitabira ibiganiro bigamije amahoro byerekana ko ubuyobozi bwacyo bukeneye ko amahoro agaruka mu Burasirazuba bwa DRC.

Mu minsi ishize hari ibiganiro byari biteganyijwe guhuza M23 n’ubuyobozi bwa DRC ariko uriya mutwe ntiwabyitabira ku mpamvu z’uko abayobozi bawo bari baraye bafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi.

Mu babifatiwe icyo gihe harimo Bertrand Bisiimwa, uyu akaba umwe mu bayobozi bakuru ba AFC/M23.

Angola, nk’umuhuza muri ibi biganiro, ivuga ko hakiri icyizere ko M23 izemera kuganira n’ubutegetsi bwa Kinshasa, igisigaye kikaba ari ukureba uko ibyo bizakorwa ku bwumvikane busesuye bw’impande zose bireba.

TAGGED:AmahangafeaturedIngaboKayikwambaKinshasaM23Minisitiri. UbubanyiUmujyiWalikale
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukino W’Igisoro: Ishusho Y’Ubuhanga Bw’Ingabo Z’u Rwanda Rwo Hambere
Next Article Kayonza: Yafatanywe Ibilo 30 By’Urumogi Yari Avanye Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?